U Bubiligi : Polisi yatanze uburenganzira ku Banyarwanda bwo gukora imyigaragambyo


Yanditswe kuya 16-08-2012 - Saa 06:32' na Karirima A. Ngarambe, IGIHE-Belgique

Polisi yo mu gihugu cy’u Bubiligi yatanze uburenganzira ku Banyarwanda bwo gukora imyigaragabyo iteganyijwe kuwa Gatandatu tariki ya 18 Kanama, mu rwego rwo kwamagana ibikorwa by’urugomo bikorwa b’Abanyekongo bigakorerwa Abanyarwanda baba muri icyo gihugu.

Tumaze kumenya ko Polisi y’u Bubiligi yatanze uburenganzira busesuye ku Banyarwanda bwo gukora imyigaragambyo mu Bubiligi kandi ikazarinda n’umutekano wabo, twegereye Eric Ndushabandi, umwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, mu ishami rya politiki ubu uri mu Bubiligi aho arangiza ikiciro cya Doctorat mu bumenyi bwa politiki n’imibonezamubano muri St Louis mu Bubiligi, adutangariza uko bazitwara.

IGIHE : Murabona mute iyi myigaragambyo izaba ku wa Gatandatu tariki ya 18 ?

Eric Ndushabandi : Ku bwanjye mbona iyi myigaragambyo ari igitekerezo kije nyuma yo gushidikanya kwinshi, kuri jye nibazaga niba ikenewe koko ? Ubusanzwe iyo abantu biyemeje kwigaragambya, baba bamaze igihe bacecetse, barebera ibintu bibabaho, bakabanza kutabyishimira buri wese ku giti cye, ubundi bikaba igitekerezo cy’abantu benshi. Ubwo iyo bibaye ibya rusange (communauté) cyangwa abasangiye ubwenegihugu, noneho habaho kwifuza kubigaragaza.

Imyigaragambyo iza ishaka igisubizo cyashatswe mu bundi buryo ntibikunde, cyangwa se ikaza ari uko Ubutabera butakoze neza akazi kabwo, bikaba kenshi byakomera, hakabaho no guhohoterwa kwa bamwe.

Ubwo rero biba byafashe indi ntera, kuko n’umutekano wa ba bantu uba wibasiwe, aha ndavuga umutekano w’abantu n’uw’ibintu byabo. Ntabwo imyigaragambyo ari ikintu kiziraho, (spontané). N’iyo bibaye hutihuti, bishobora kutagenda neza, kuko ntabwo abantu baba bumvikanye neza kukigamijwe, n’uburyo babigeraho.

Ubwo rero ngarutse kuri iriya myigaragambyo, rwose ije nyuma y’ihohoterwa ry’Abanyarwanda no kwangiza ibintu byabo buri gihe cyose agatsiko k’Abanyakengo kagiye mu muhanda kwigaragambya, kubera impanvu zitandukanye. Ni uburenganzira bwabo, kandi koko n’ubuyobozi bw’u Bubiligi buba bwabubahaye. Ariko ibyo badafitiye uburenganzira n’ukubangamira ubw’abandi.

IGIHE : Ese mwatubwira niba koko yari ikenewe ?

Eric Ndushabandi : Ni byo koko yari ikenewe, kuko abantu bamaze iminsi bayitangaho ibitekerezo, nagiye nkurikirana, nsanga rero koko igihe kigeze, ko Abanyarwanda bereka ubuyobozi bw’u Bubiligi ko bibabaje, kandi bigayitse kubona bahohoterwa n’ibintu byabo bikangirizwa n’agatsiko k’Abanyekongo kiyita « les combattants ». Ni ngombwa ko bagaragaza ko bababajwe n’imyitwarire ya bariya banyekongo.

Dore uburyo bwakoreshwa nizera kandi ko ari bwo buzakoreshwa nkurikije uko mbikurikirana kugira ngo igere ku ntego yayo.

Icya mbere, ni ugukora imyigaragambyo mu mahoro, nta muntu cyangwa ibintu bahutaje, icya kabili, kugaragaza ko imyitwarire ya bariya Banyekongo igayitse kandi ko ababigizemo uruhare bakurikinwa mu butabera. Ni ngombwa ko dusaba ubuyobozi bwa polisi y’u Bubiligi ko yabungabunga umutekano w’Abanyarwanda n’ibintu byabo. Mu gihe bitubahirijwe, hakabaho uburyo bwo gukurikirana ziriya nsoresore ziyitirira udutsiko tw’Abanyekongo zitanga umugayo.

Icya kabiri, gusaba ko abafashwe muri ibyo bikorwa bahanwa nk’uko amategoko abisaba. Ibi rero, nk’Abanyarwanda batuye hano mu Bubiligi bigomba kugaragazwa, hatangwa ibirego byizwe neza, binonosoye kandi bikurikije amategeko.

Icya gatatu, gusaba ko ubuyobozi butanga uburenganzira bwo kwigaragambya bwajya bukurikirana abo biyita ba « combattants » b’Abanyekongo, mu gihe barenze ku mabwiriza bahawe. Ni Abanyarwanda batuye mu Bubiligi rero bagomba kubigiramo uruhare bakusanya ibimenyetso, kandi bakomeza kumvikanisha uburenganzira bwabo babinyujije mu Itangazamakuru ndetse bakabigeza no ku buyobozi bw’u Bubiligi, zifite umutekano mu nshingano zabo, dushobora no kubinyuza ku ntumwa zihagariye abaturage ziri mu mitwe ya politiki itandikanye hano mu Bubiligi.

IGIHE : Mwebwe mwiga ibijyanye na politiki n’imimbonezamubano mwatanga iyihe nama muri diaspora Nyarwanda mu Bubiligi ?
Diaspora Nyarwanda yo mu Bubiligi icyo nayisaba ni ukurangwa n’umutuzo n’ubupfura, burya izi ni zo mbaraga zacu nk’Abanyarwanda zo kwunvikanisha impanvu y’iyi myigaragambyo.

Ibi ntibivuze ko tugomba kujenjeka, twe twahitamo kugusha ku ntego yacu, twunvikanisha neza icyo twifuza, kandi n’icyo dusaba ubuyobozi bw’u Bubiligi. Ibi rero nibitegurwe neza, ubutumwa bwacu tuzaba twitwaje bugere ku bo bugenewe, tugusha ku ntego kandi mu buryo buboneye umuco nyarwanda uhora uturanga.

Ku bwanjye, iyi myigaragambyo igomba gutandukana n’iya bariya banyekongo batumye ikorwa, kuko twe duharanira agaciro kacu nk’Abanyarwanda aho turi hose. Ako gaciro tuzakihesha dushyira hamwe twese nk’Abanyarwanda, tugaragariza Abanyekongo, n’ubuyobozi bw’u Bubiligi, ko tutishimiye na busa iriya myitwarire.

Eric Ndushabandi

Ikindi nasaba ni uko twajya dukumira ibibazo nk’ibi byo guhohotera Abanyarwanda, mbere y’uko biba. Ubuyobozi bwa diaspora cyangwa ubwa Ambasade yacu, bukwiye kujya bwibutsa ubuyobozi bw’u Bubiligi ko umutekano w’Abanyarwanda utagomba guhungabana igihe cyose twamenye ko Abanyekongo cyangwa n’abandi bakora nka bo bafite gahunda yo kwigaragambya.

IGIHE : Murakoze

Eric Ndushabandi : Namwe murakoze

IBITEKEREZO
Iyo bajya kwigaragambiriza i Matonge niho ikifuzo cyabo cyari kumvikana.
Musubize17.08.2012 saa 09:22
Zourou
mobimba, kuvuga ngo abanyarwanda bagenda bihishe wowe se uriki,kutavuze ngo tugyenda twihishe ariko sha imana ibababarire kuko ntimurahinduka
Musubize16.08.2012 saa 17:36
nana
Ubwo Leta y' ababiligi yemeye ko iyo myigaragabyo iba biragaragaza ko nayo yamenye icyo kibazo kandi igomba kugikurikirana, naho abo ba combattant byaba byiza bigomwe bakava aho mu bubirigi bakaza ku rugamba bunagana, Rumangabo ,rucuro, nahandi njye ndumva aribwo baba babaye abagabo kabisa, kuko bafite inyota yo kurwana, kuko ikibazo ntabwo bazagikemurira aho bari ndetse banahohotera inzira karengane, M23 niyo bafitanye ikibazo kandi ndakeka itihishe rwose bazaze aho iri ni muri Congo bazayisanga bayirwanye aho guhohotera abaturage b' inzira karengane wasanga harimo n'abatazi muri congo.
Musubize16.08.2012 saa 12:28
nkotanyi
Aba bantu ninde wabagiriye inama yo gukora aka karasisi ? abakongoman babatanze Belgique, noneho barabakubita amacupa ! Kuki batigaragambirije i Kinshasa ? Barabatikura, sinzajyayo mube mumbabariye
Musubize16.08.2012 saa 12:01
Kampire
kabisa
Musubize16.08.2012 saa 09:19
######
Ahubwo biteje abanyekongo !!! ubu abanyarwanda bagenda bihishe iyo babonye umunyekongo bayabangira ingata !!!! nyamara uwashoje iyintambara ntizamusiga !!!!
Musubize16.08.2012 saa 08:24
mobimba
ibyo Ni ukuri Eric avuga. Man ariko warabyibushye rero gabanya, mu ba Louvaniste urakumbuwe
Musubize16.08.2012 saa 07:18
forandinde
Muzayikore maze nibasubira muzasabe uburenganzira bwo kwirwanaho. nibongera muzabahukemwo mubakubite bazatahe n'amaguru
Musubize16.08.2012 saa 07:14
rushegeshabishanga
Ntabwo tuzabakubita cg ngo tubahohotere kuko ntabwo turi abanyamusozi kandi ibi iyo bibaye abashinzwe umutekano barabyikemurira.... umunyarwanda wese aho ari si no mu Bubiligi gusa, yiha agaciro n'est-ce pas ??? Naho ubundi ntaho twaba dutaniye nabo ! Naho ubundi n'ubwo badukomeretsa... ibitambo nta gihe bitabayeho. Amahoro.
16.08.2012 saa 15:37
G.D
Abantu bize muri GS kigombe banyibutse uyu mugabo siwa muzayirwa wari prefet de discipline muri Gsk mu ruhengeri yaramaze abantu ? Nizereko mureka commentaire igahita kuko niyanyu nzayihitisha ni mubikora
Musubize16.08.2012 saa 06:59
kigunda
UYU YARI PREFET DE DISCPLINE ARIKO NTABWO YARI YARABAMAZE NUKO GUSA YIFUZAGA KO NJYE NAWE TWAJYA KU MURONGO NANJYE NARAHIZE KANDI YARI AHARI ARIKO NDAMUSHIMIRA YAKORAGA AKAZI KE NEZA, KANDI WIBUKE KO ATARI UMUZAIRWA AHUBWO NI UMUNYARWANDA. GBU
16.08.2012 saa 09:33
BETTY
Ese mama uyu "Ndushabandi kwivugana benshi" yasize amarishije abantu mu Rwanda, njye mperuka ndimo naka ubuhungiro n'umugore we i Bruxelles, nabanye n'umugore we muri bya bigo byakira impunzi (centre d'accueil z'impunzi) kumbi nkagira ngo ni uwacu, ni ukwitonda ubwo ba professeurs basigaye bohereza abagore babo gushaka ubuhungiro ngo nabo bafate CPAS. Ese mama ubwo bamenya bavuga ko bahunga iki ? Ariko abanyekongo bagira indimi nyinshi mu kanwa. ndavuga indimi zo kurimanganya. Usibye ibyo ariko rero kwamagana bariya ba combattants baduhohotera ni igitekerezo kiza, tuzakitabire !
16.08.2012 saa 16:11
lecteur
Burya gushaka gukemura ikibazo wirengagije icyibitera uba ukora ubusa. None se kuva kera kose abanyecongo bajyaga bahohotera abanyarwanda ? Aho niho hari igisubizo. Abo banyecongo bashobora kuba bibaza ko u Rwanda ruri mubabazaniye akaga kabamariye ababo, urumva rero ko bafite reason. Ninka ba bakristo bamaze imyaka amagana muri Iraq babana na bagenzi babo b'abaislam, hanyuma United Snakes of America yatera bakiha kuyishyigikira(directement ou indirectement), ibyakurikiyeho ni amateka. Gusa abanyecongo bari gukubita uwo banesha aho gukubita uwo banga. Sasa icyo nshaka kumvikansia nuko abashaka kwigaragambya, bakagombye kwamagana abateza akavuyo muri Congo hamwe n'ababashyigikira. Muslims must wake up !
Musubize16.08.2012 saa 06:55
Abdullah
None se wa Musilamu ukangutse we, wansobanurira gute ko amatora ya perezida aba muri Congo Kinshasa UMUNYRWANDA AGAKUBITWA mu Bubiligi, ambasade nyarwanda igaterwa ngo bayitwike ? N'amatora se biba ari ikibazo cy'abaturanyi ? Ntitukirengagize nkana ! niba hari ikibazo nyamukuru bafite ni uko aba Congomen nta BURERE buzima babona kuva mu mabyiruka yabo : ngaho muri afurika y'epfo baheneye perezida waho bateza n'akaduruvayo ku biro by'ishyaka ry'abandi (ngo kuko i Kinshasa hari amatora !), niba nibuka neza na Canada ubanza barayeretse ko nta burere bifitiye, sinibuka n'ibindi bihugu babikozemo ariko ikibazo ni UBURERE BUKE, ni nacyo kibazo nyamukuru bafite n'iwabo kuko nta kuntu wambwira ko wavuka ugasanga so ari umu kata-nyama (ba basirikare babo bagenda basaruza inyama mu isoko by force) maze ngo wowe uzagire uburere buguha imyitwarire mizima kuko INYANA NI IYA MWERU.
17.08.2012 saa 02:09
Karol

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!