Ni umwe mu bakobwa bakiri bato ujya atangaza benshi kubera ibikorwa bitandukanye akora, amaze kugenda mu bihugu binyuranye kandi akahakura inshuti nyinshi, akunda Imana ndetse iyo muganiriye akubwira ko ari Umukozi w’Imana. Uretse kuba ari umunyeshuri, ni n’umwanditsi w’ibitabo ; kubera ibikorwa byo kwita ku kiremwamuntu akora aherutse guhabwa igihembo na Madamu Jeannette Kagame mu gikorwa cyitwa CYRWA Awards gitegurwa na Imbuto Foundation buri myaka ibiri.
Yavutse ku wa 26 Mutarama 1990, amashuri abanza ayiga muri La Colombière, ayisumbuye ayigira muri Green Hills naho Kaminuza ayikomereza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aho yiga Iyobokamana, Imibanire y’abantu ndetse n’Imiyoborere (Religion, Sociology and Leadership) mu mwaka wa gatatu.
Uwo ni Umubyeyi Ornella, umukobwa w’imyaka 21. Ni umwana wa kabiri mu muryango w’abana batandatu ; iyo ari mu Rwanda aba ari kumwe n’ababyeyi be ku Kacyiru mu Karere ka Gasabo, naho muri Amerika aba ahitwa Wisconsin.
Mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru wa IGIHE.com Ruzindana RUGASA, uyu mukobwa wirabura, ukunda Imana, umuryango we cyane n’abantu muri rusange nk’uko abivuga yasubije ibibazo bigera kuri 30 yabajijwe. Mukurikire ikiganiro.
IGIHE.com : Ni ikihe kintu cy’ibanze kikuranga mu buzima bwawe ?
Umubyeyi Ornella : Ni agakiza kanjye.
IGIHE.com : Uherutse kuza mu Rwanda mu gikorwa wise “A Hug Movement” ; iki gikorwa cyari kigamije iki ? Ese uzagikomeza ?”
Umubyeyi Ornella : “A Hug Movement” ni igikorwa kigamije kwegera, kuganiriza, no gufasha abana b’imfubyi, abarwaye SIDA, abatawe, n’abahohoterwa mu buryo butadukanye. Ku tariki ya 6 Kanama 2011 iki gikorwa cyakorewe n’abana b’imfubyi za SIDA ariko ndateganya no kuzegera abapfakazi mu minsi izaza.
IGIHE.com : Ukunda iki mu buzima bwawe ?
Umubyeyi Ornella : Mu buzima bwanjye nkunda Imana, umuryango wanjye, inshuti, no gufasha abantu.
IGIHE.com : Ni ikihe kintu cyiza kigushimisha ku wundi muntu, yaba umugabo cyangwa umugore ?
Umubyeyi Ornella : Birashimisha cyane kubona umuntu wicisha bugufi, kuko mu gihe turimo baragoye kuboneka !
IGIHE.com : Ni irihe jambo butakwira utavuze ku munsi ?
Umubyeyi Ornella : Imana ni nziza.
IGIHE.com : Ni uruhe rugingo ukunda ku mubiri wawe ?
Umubyeyi Ornella : Intoki nzanjye.
IGIHE.com : Ni iki wanga mu buzima ?
Umubyeyi Ornella : Nanga Satani n’ubwibone.
IGIHE.com : Ni ikihe kintu uha agaciro mu buzima ?
Umubyeyi Ornella : Mu buzima mpa umuntu agaciro, uko ameze kose akwiye kugahabwa.
IGIHE.com : Intege nke ugira mu buzima ni izihe ?
Umubyeyi Ornella : Iki kibazo ko gikomeye ! Abanzi nibo bagisubiza neza, icyakora navuga ko nkara cyane iyo ndi mu kazi (bitari uburakari ariko, kuko biratandukanye).
IGIHE.com : Hari ibintu bitatu byiza waba wiyiziho ?
Umubyeyi Ornella : Iki kibazo cyabazwa abanzi !
IGIHE.com : Ni ikihe kintu wagezeho cyagushimishije kurusha ibindi ?
Umubyeyi Ornella : Kwisobanukirwa nicyo kintu kinshimisha kurusha ibindi nagezeho.
IGIHE.com : Ni ikihe kintu cyagushimishije mu buzima bwawe ?
Umubyeyi Ornella : Ni byinshi. Ahanini ni abantu si ibintu, navuga umuryango wanjye n’abavandimwe banjye muri Kristo, ibyo dukora byose turi kumwe nta kuntu bitanshimisha.
IGIHE.com : Naho ni ikihe kintu cyakubabaje wibuka ukagira agahinda ?
Umubyeyi Ornella : Igihe napfushije sogokuru wanjye umwaka ushize.
IGIHE.com : Kuri wowe, urukundo ni iki ?
Umubyeyi Ornella : Kuri jye, urukundo ni Imana kandi Imana ni urukundo. Urukundo ni igihe ureba umuntu ukwamwitagira n’ubwo byaba bidakwiye, kandi urukundo ni ubuzima. Ni ukuvuga ko urukundo rugomba kukubamo, ntabwo ugomba kurushakisha.
IGIHE.com : Umaze iminsi utaba mu Rwanda ariko ibyo aribyo byose hari ikintu gikomeye ukunda mu gihugu cyawe, cyaba ari ikihe ?
Umubyeyi Ornella : Nkunda Umuco Nyarwanda, indirimbo za kera, imyambarire, imigani, ibisakuzo n’imivugo.
IGIHE.com : Uracyari inkumi kandi ibyo aribyo byose uzashaka umugabo, ku bwawe umugabo mwiza ni uteye ate ?
Umubyeyi Ornella : (Araseka) Uri umunyamakuru koko ! OK, ku bwanjye, umugabo mwiza ni umugabo wubaha Imana, umpa agaciro, wicisha bugufi kandi ukunda gufasha no kwitangira abandi cyane cyane ukunda urwenya !
IGIHE.com : Ni ibihe bitabo ukunda gusoma ?
Umubyeyi Ornella : Bibiliya nicyo gitabo nkunda cyane. Ariko na none nkunda abanditsi nka Dr. Myles Munroe, Joyce Meyer, Bishop TD Jakes, na Dr. Charles Stanley.
IGIHE.com : Ninde muntu wemera, wafata nk’intwari, ndetse bibaye ngombwa wakwigana ?
Umubyeyi Ornella : Uwa mbere yaba Yesu, hagakurikiraho Gandhi, Sogokuru wanjye, Mukuru wanjye Axella ntaretse n’ababyeyi banjye.
IGIHE.com : Iyo umuntu arebye kuri Facebook yawe asanga ufite inshuti zigera ku 4797 ; ibi bintu ubifata gute ? Ahubwo se ujya ubona umwanya wo gusabana na buri wese ?
Umubyeyi Ornella : Nibyo koko mfite inshuti nyinshi kuri Facebook, ibyo byatewe n’uko ntembera cyane kandi nkitabira ama conferences menshi, ibyo bimpuza n’abantu benshi ; kuba kandi naragiye niga ahantu hatandukanye, nkandika igitabo, nkabwiriza mu mashuri atandukanye byatumye ngira incuti nyinshi mu buzima bwanjye. Njya mbona umwanya wa chat rimwe na rimwe, abandi nkaboherereza message, abandi nabo nkadika kuri walls zabo.
IGIHE.com : Umuntu urimo gusoma iki kiganiro tugirana yakwibaza niba umukobwa nkawe yaba ariho adafite umukunzi. Ese byaba bihagaze gute ?
Umubyeyi Ornella : Icyo navuga ni uko umukobwa nkanjye cyangwa n’undi wese ashobora kubaho adafite umukunzi, kuko umukunzi w’umuntu akwiye kuza ari umugisha, ntakwiye kuza ari umutwaro. Uko bihagaze kuri ubu ntacyo nabivugaho.
IGIHE.com : Ni irihe funguro ukunda kurusha ayandi ? Naho icyo kunywa ?
Umubyeyi Ornella : Nkunda isombe, naho icyo kunywa nikundira amazi.
IGIHE.com : Ni uwuhe muhanzi ukunda mu Rwanda ? Naho ku isi ?
Umubyeyi Ornella : Mu Rwanda nkunda Aimé Uwimana, naho ku isi nkakunda Hillsong United.
IGIHE.com : Ni ikihe kintu cyatuma urara udasinziriye ?
Umubyeyi Ornella : Kumenya ko mu muryango wanjye cyangwa inshuti zanjye hari umeze nabi cyangwa afite ibibazo.
IGIHE.com : Ornella, uheruka kurira ryari ? Warijijwe n’iki ?
Umubyeyi Ornella : Mperutse kurira mu minsi ishize ubwo namenyaga ko inshuti yanjye yitabye Imana.
IGIHE.com : Uherutse guhabwa igihembo na Madamu Jeannette Kagame ariko ntiwari uhari, wabyakiriye gute ? Iyo uza kuba uhari ukakira kiriya gihembo ni iri irihe jambo wari kubwira Madamu Jeannette Kagame ?
Umubyeyi Ornella : Nabyakiriye neza, kandi nabyitiriye Imana kuko burya ubuzima buratungurana ariko nta gitungura Imana. Narabyakiriye kandi nicishije bugufi cyane ubwo namenyaga iby’iki gihembo. Ijambo nari kuvuga uriya munsi ryo narihaye uwampagarariye, nkaba mboneyeho no kumushimira cyane.
IGIHE.com : Umuntu udafite inzozi ni nk’imodoka idafite moteri ; wowe wumva uteganya kuzakora iki mu buzima bwawe ?
Umubyeyi Ornella : Ndumva nzafasha abantu mu buryo butandukanye (mu bifatika no mu mwuka) kandi nzatanga n’ubutumwa bwiza mu buryo butandukanye.
IGIHE.com : Ni ikihe kintu gisekeje wibuka cyakubayeho wiga muri secondaire utazibagirwa mu buzima bwawe ?
Umubyeyi Ornella : (Araseka) Okay well, niga mu wa kabiri secondaire narimo gukina mfata inkweto za mugenzi wanjye nzishyira hanze, directeur araza arazifata, avuga ko azazigumana iminsi itatu yose, nuko mfata izanjye nziha mugenzi wanjye njyewe ntaha nambaye ibirenge... iyo mbyibutse biransetsa.
IGIHE.com : Ni ibihe binyamakuru ukunda gusoma ubusanzwe ?
Umubyeyi Ornella : Sinkunda gusoma cyane ibinyamakuru, icyakora nkunda kureba CNN, BBC na France 5 iyo mbishoboye, ariko njya nsoma IGIHE.com na Sunday Times rimwe na rimwe.
IGIHE.com : Wamenye IGIHE.com ryari ?
Umubyeyi Ornella : Namenye IGIHE.com muri 2009 ubwo nayibwirwaga n’Umuyobozi Mukuru wayo Meilleur Murindabigwi.
IGIHE.com : Nyuma y’ibi bibazo byose ubajijwe, urumva umerewe ute ?
Umubyeyi Ornella : Ndumva Imana yagiriye ubuntu bwo guhabwa iyi interview, kandi ndabashimiye.
IGIHE.com : Murakoze cyane namwe.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
“Kwibuka ibyabaye ni inshingano” -Julien André
11.04.2013 |
|
Imyifatire myiza ni yo iha agaciro ibyo umuntu akora -DJ Emery
19.01.2013 |
|
Igihembo mpuzamahanga cy’amahoro cyahawe Yolanda Mukagasana
16.01.2013 |
|
‘‘Ubukungu ntibwatera imbere ubuyobozi burwaye” -Robert Masozera
7.12.2012 |
|
Nta muturage warengana yarubahirije amategeko -Ndayisaba Fidèle
6.12.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |