IGIHE.com > Abantu > Kubaho

Bamwe mu babyeyi baracyarangwa no gusumbanisha abo babyaye


Yanditswe kuya 30-07-2012 - Saa 10:23' na Umurerwa Emma-Marie

Hari ibintu bimwe na bimwe ababyeyi bakora bikagira ingaruka ku bana babo, aho ababyeyi bamwe na bamwe badatinya kuvangura abana ku mugaragaro ndetse no guha bamwe ibyo bakeneye abandi bakabibima.

Uku kurobanura abana ngo hari igihe bishingira kw’isura y’umwana, ubwenge ndetse n’igihagararo cye.

Ababyeyi bamwe ngo ntibatinya guhamagara abana babo amazina yo kubaninura ndetse ngo bakanabagaburira ibyo kurya bitandukanye n’ibyo bo baba bariye, cyangwa bagatemberana na bamwe abandi bakabasiga mu rugo, abandi bakabwira abana babo ko baterwa isoni nuko bababyaye.

Ikindi gikunze gukorwa na bamwe mu babyeyi ngo n’aho bafata umwana umwe bakamujyana kwiga ku kigo runaka, gikomeye abandi bakabajyana kwiga ku kigo giciriritse.

Ibi rero nk’uko bitangazwa na bamwe mu bana twaganiriye bari hagati y’imyaka 12-20 ngo bituma abana bagirirana ishyari hagati yabo ndetse bakanakura badakunda ababyeyi babo ngo ku buryo bamwe muri bo bishora mu ngeso zimwe na zimwe nk’uburaya, kunywa ibiyobyabwenge, n’ izindi ngeso mbi zitandukanye.

Umwana witwa Kabera David ufite imyaka 15, yadutangarije ko avuka mu muryango w’abana bane akaba ari uwa 3 muri bo.
Iyo ashatse ikintu runaka yaba umwenda cyangwa igikoresho cy’ishuri abwira mukuru we akaba ariwe ubisaba ngo kuko se na nyina bahora bamubwira ko ntacyo azimarira mu buzima, bityo nicyo abasabye cyose ntibakimuhe.

Bamwe mu babyeyi baganiriye na IGIHE batangaje uwo muco wo kurobanura abana ahanini bawuterwa nuko ngo mu bana umuntu abyara, haba harimo umwe cyangwa babiri ubona bafite ubwenge cyangwa ingeso nziza, bubaha, ubatuma bakabanguka ndetse ngo bazi no kwita ku byo mu rugo.

Hakabamo n’undi mwana ureba ngo ukabona azaba ikirumbo bityo ukumva udashaka no ku mubona mu maso yawe.

Umubyeyi witwa Kanzayire Stephanie we ngo siko abibona ngo kuko abana bose ni abana, ntawe ukwiye kuruta undi ngo naho umukuru yahana abato ngo nawe hari umupaka aba atagomba kurenga, ahubwo akaregera ababyeyi akaba aribo bafata icyemezo ku mwana runaka wananiranye.

Avuga ko ibyo kugaburira abana ibyo kurya bitandukanye nibyo ababyeyi bariye, ngo kubwe asanga uwo ari umuco w ‘ubusambo n’inda nini ngo kuko ntakindi umubyeyi avunikira kitari abana be. Ibi kandi akaba yarabihuriyeho n’ababyeyi batandukanye baganiriye na IGIHE.

IBITEKEREZO
abana bose umuntu abakunda kimwe ariko ntabashima kimwe nk'umwana w'umuhanga mu ishuli arashimisha cyanee kandi umuntu wabyaye abana benshi ntabakunda kimwe keretse wenda 2
Musubize2.08.2012 saa 04:48
lll
Ababyeyi bavangura abana babo koko babaho, wagera kubo barera ho bikaba bibi cyane, inama nabagira nukugira urukundo rungana ku bana bose barera, ikirinda kwitiranya umwana n'umukozi, ikindi kandi aho gufata umwana uzi neza ko utazamuha ibyangombwa by'ibanze ; ishuri, kuvuzwa, kwambara, kurya no kuryama heza , kubwanje sinamufata , kandi mujye mwibuka ko namwe mutazi uzabarerera
Musubize1er.08.2012 saa 07:50
akaga
njye niko bimeze ,nkurikije ibyo bankoreye nahoraga nibaza niba aribo babyaye,narihiwe amashuri nabandi ariko ndangije mbonye akazi keza ubu ndikwitwa umwana !!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!
Musubize1er.08.2012 saa 07:28
mami
uyusumuco nyarwanda dukwiye kwisubiraho tugafata abana bose kimwe kuko umwana nimpano y'Imana kandi burya nawe ntabwo ukowavutse wabihisemo ahubwo numugambi wimana kunda umwana wese kuko niwomuco nyarwanda dukwiye gutoza buriwese uvuka
Musubize1er.08.2012 saa 03:54
oliva
Iki ni ikibazo abantu bakwiye kwizuzuma koko bakareba ko ako kageso ntakabarimo, niyo kadakabije ntikabura : umwana urusha bene nyina ubwenge mu ishuri usanga arutishwa abandi, agahembwa, agashimagizwa. Ni byiza ariko iyo bikabije bishobora gutera abo bavukana kumwanga.
Musubize1er.08.2012 saa 01:39
citoyen
Ntabwo ari iby'ubu, jye mfite imyaka 40 kandi nahuye n'icyo kibazo kuburyo n'ubu nkirwana n'ingaruka zacyo, kandi ababyeyi banjye bari bajijutse.... aha ntawamenya amabanga aba mu ngo... Imana iturinde
Musubize31.07.2012 saa 00:34
Mubyeyi
Nukuri ngewe hari ahantu nanyuze nikushuti yange sanga umwana babyaye ndababaza yitwande bambwira amazina ye bongeraho ngo ariko bamuhaye Bazivamo kuko ngo barasa ubu ryaramufashe.
Musubize30.07.2012 saa 17:09
cheko
ariko abanyamakuru bi igihe, namwe mureba kure, ibi bintu mbizi mu rugo rumwe aho umugore afite umwana ajyana gusenga uwo ajyana kw'isoko nuwo ajyana muri bene wabo ngo bitewe n'isura ye da. ariko nubwo uwo mubyeyi akora ibyo byose agerekaho no kubwira bamwe mu bana be ngo basa ni mpyisi nandi magambo arenze ukwemera. gusa inama nagira ababyeyi babanyarwanda nuko twahagurukira rimwe twese tukamagana benabo babyeyi gito. naho abo bateka inkono zitandukanye nizabana niba bibaho koko, abo bakwiye guhabwa akato bakava mu bantu kuko baba ari inyamaswa. narangiza nange nunga mu rya mugenzi wange tubware abo dushoboye kurera kandi turusheho gukora twihaze mu biribwa. bravo kuri uyu munyamakuru watwandikiye iyi nkuru
Musubize30.07.2012 saa 13:56
umubyeyi
Kuvangura abo wabyaye ni umuco uje vuba kuko ntabwo byabagaho iwacu irwanda. Ni imico yahandi yatuvangiye ! Ni ikibazo gikomeye cyane kuko cyanateza intambara zimara imiryango. igisubizo cyiki kibazo ni UKURINGANIZA IMBYARO ABABYEYI BAKABYARA ABO BASHOBOYE KURERA. Naho abo bababyrara nkaho ari ibishyimbo bashyira munkono nibo banabarya babashihura. Abana umwe kugera kuli batatu barahagije waba umukene cg umukire washobora kubitaho mugasangira bitagombeye ngo abe aribo bahinduka ibyo kurya byababyeyi babo. murakoze kuri iyi nyandiko yanyu. Ngo abwirwa benshi akumva na beneyo.
Musubize30.07.2012 saa 10:19
Nzanga

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!