IGIHE.com > Abantu > Kubaho

Kugenda ku igare bishobora kugabanya ubushake bwo guterwa akabariro


Yanditswe kuya 14-08-2012 - Saa 06:04' na Umurerwa Emma-Marie

Gutwara igare buri gihe ku bantu b’igitsina gore bishobora ku batera ingaruka zo kudashaka gukora imibonano mpuzabitsina, bitewe n’uko igare rishobora kuba rigabanya ibyiyumviro bituma ashaka gukora imibonano mpuzabitsina.

Inkuru dukesha urubuga rwitwa maxiscience, mu bushakashatsi bwakozwe na Dr Marsha K.Guess, wigisha mu Ishuri ry’Ubuganga muri Kaminuza ya Yale, bwagaragaje ko abagore batwara igare ku buryo buhoraho, ubushake bwabo bwo gukora imibonano mpuzabitsina bugabanuka, bitewe n’uko igare rishobora kuba rigabanya ibyiyumviro bituma ashaka gukora imibonano mpuzabitsina.

Impamvu nyamukuru ituma ubu bushake bugabanuka, ni uko ngo iyo umugore atwaye igare intebe yaryo iba isa n’iyinjiye mu gitsina ikagenda isa naho igitsindagiye ndetse itaretse n’ibindi bice bigikikije.

Uko gutsindagirwa kwa buri gihe gutuma utugirangingo tw’ibyiyumviro byo mu gitsina tudakora neza bityo bikagabanuka.

Abagore 48 bakoreweho ubu bushakashatsi, batwara igare ahantu hareshya n’ibirometero 16 mu gihe cy’icyumweru, bose bakaba nta n’umwe wari waracuze cyangwa ngo abe atwite, bakaba baragereranijwe n’abandi bakoraga siporo yo kwirukanka n’amagaru.

Ubushakashatsi bwaje kwerekana ko ku bagore batwaraga igare, habayeho kugabanuka kw’ibyiyumviro byo mu gitsina (dimunition de la sensibilite vaginale) mu ruhande rw’ahagana imbere igice cy’ibumoso h’igitsina cyabo.

IBITEKEREZO
niyo mpanvu mu rwnda twacyiye amagare kugira ngo atatwangiriza abakobwa bacu
Musubize4.09.2012 saa 13:21
wirberforce
mwibeshyera igare ngo ritakaza ubusugi ejo mutazajya muribeshyera ngo niryo ryabambuye ubusugi, ok birashoboka ariko si bose batwara igare ku buryo byazaba urwitwazo
Musubize14.08.2012 saa 10:22
ali
Ngo ni uguteRWA akabariro ?! Ni ukurivaho iryo rihanya ry'igare. Hari umuntu mfite utabikunda cyane umenya yaratwaye igare cyane. Hari n'ababa batabikeneye ariko. Umukobwa aherutse guterefona radio muri (South Africa) yinubira ko ababajwe cyane no kuba nyirakuru yaramuhatiye gukora imihango isa n'iriya ya kinyarwanda yo guca imyeyo (stretching of labiae) when she was 12. Ngo bimubuza kwiyambarira utwenda tumufashe. Bamugiriye inama yo kujya kureba muganga ubaga (a plastic surgeon)
Musubize14.08.2012 saa 10:00
Kan
Ubu bushakashatsi bwakorewe mu bazungu kandi ho nta masugi ahaba. Naho ibyo ngibyo ubwo bushakashatsi bwagezeho ni ibisanzwe. Uzarebe umugore ukoze sex atayiherukaga ukuntu aba afite sensibilité nyinshi ! Naho uhora abikora buri kanya nk'indaya nta sensibilité kuko biba byarabayae ibisanzwe. Iyo ntebe y'igare nayo ihora ifasheho yagabanura ibyiyumvo rwose !
Musubize14.08.2012 saa 09:21
MAZIMPAKA
Si icyo gusa, n'ubusugi hari ababutakaza bitewe n'igare.
Musubize14.08.2012 saa 08:28
Ted

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!