IGIHE.com > Abantu > Kubaho

Ibinyoma 1,092 bisohoka mu kanwa ka buri mugabo ku mwaka


Yanditswe kuya 1er-09-2012 - Saa 09:58' na Umurerwa Emma-Marie

Nubwo igitsina gore aricyo gikunda gutekerezwaho ko gikoresha ikinyoma cyane ariko ngo burya siko bimeze kuko mu bushakashatsi bwakozwe na BMW Financial Services, ibyabuvuyemo byagaragaje ko abagabo babeshya inshuro 3 ku munsi kurusha umugore.

Ibi bishyizwe mu mibare ifatika bihinduka ibinyoma 1,092 bisohoka mu kanwa ka buri mugabo mu gihe cy’umwaka, mu gihe umugore ibinyoma bimusohoka mu kanwa ku mwaka bingana na 728.

Urubuga rwa 7sur7 rutangaza ko, muri ibi binyoma by’abagabo usanga byiganjemo cyane cyane ibirebana n’ibitsina, aho abagabo baba babeshya abakobwa bagamije kubasaba igitsina , gahunda nyinshi zibyara inyungu ku bagabo ngo kugirango bazigereho bifashisha ikinyoma, ibi kandi ngo biba ari ibanga rikomeye kuburyo n’abagore babo batabimenya

Abagore bo bagera kuri uyu mubare w’ibinyoma mu gihe bavuga ku birebana n’amafaranga cyangwa ku kugura imyenda, ndetse no kubeshya abagabo babo ku birebana ni bikenewe mu rugo cyangwa ibyakozwe mu rwego rwo kugirango bahabwe amafaranga y’ikirenga.

Nubwo ariko bamwe mu bantu bakunda gukoresha ikinyoma cyane bibwira ko ikinyoma cyabafasha kubaho neza, uko bifuza burya ngo nta nubwo baba bibeshye cyane nk’uko Karen Pine, Umwarimo mu bijyanye n’imitekerereze yabisobanuriye muri aya magambo : ’’ Dutekereza ko kubeshya buri gihe ari bibi, yego ni bibi, ariko mu by’ukuri burya ubushobozi bwo guhumya amaso abantu runaka wifashishije ikinyoma ngo hari abo bifasha kubaho nk’abandi’’.

IBITEKEREZO
ibyomwita ibinyoma kubagabo ni affection, bitandukanye cyane nibyabagore.
Musubize4.09.2012 saa 11:33
Urugero
Paciss, humura. Abdullah ni umunyamashyengo aba agira ngo arebe uburyo abantu bahungabanye baterwa ubwoba n'ubusa. Iriya ni slogan ye, kandi uyirebye neza wasanga nta kintu gikomeye cg kibi ivuga usibye kubwira Muslims bamwe b'intagondwa (ntabwo ari bose) ngo bakanguke bave mu icuraburindi ry'ubugome n'ubwicanyi bitiranya no kurwana intambara ntagatifu, bareke gupfusha ubuzima ubusa ngo bariturikirizaho ibisasu bahitana inzirakarengane kandi nta cyo bihindura usibye kongera ubugome n'akaga mu isi. Muslims must wake up ! Ikindi ni uko muri commentaires nyinshi hari aho ubona abagerageza gushingira ibitekerezo byabo ku myemerere kugira ngo barebe ko hari umuganda batanga wakunganira ubwenge busanzwe bwa muntu mu gushakashaka inzira z'icyiza muri iyi si turimo. Uzabonamo abavuga Izina rya Yesu, abavuga Yezu Kristu na Bikira Mariya, abavuga Uhoraho, Uwiteka, Yehova... Uzarebe ubona hari ababivuga bazi ibyo bavuga koko kandi ukabona ari ukwemera, abandi bakabivanga ukabona ari fanatisme, abandi ntibabikomozeho na mba. Hagati aho rero abashingira ku nyigisho za Kislamu ngo batwunganire ntabo Abdullah abona cyane, akibaza niba basinziriye, mbese akabona hari ikibuze. Ni nk'aho yababwiye ari ariko mwebwe ibyo mwemera nta kintu mwavomamo ngo musangize abandi turebe ko twatanga umuganda ushyitse ko twese bidufitiye akamaro ? Muslims must wake up ! Ubwo se nanjye ninivugira nti UTAZI UBWENGE ASHIMA UBWE bizagutera ikibazo ? Oya, humura burya buri wese agira akajambo kamubatura ubundi agakomerezaho atanga ibitekerezo. Ahubwo nasabaga n'abandi kujya batugezaho akajambo nyamukuru bashingiraho ingengabitekerezo n'indangagaciro zabo. Thanks !
Musubize4.09.2012 saa 08:31
Nirere
What about politicians ? Muslims must wake up !
Musubize2.09.2012 saa 05:32
Abdullah
Ariko Abdullah iyi muslim must wake up ni slogan yawe ? dusobanurire kweli impamu ukunda kubishyiraho. kuko abantu benshi basoma comments ku gihe bibaza igisobanuri so please dusobanurire impamvu ubikoresha buri gihe
3.09.2012 saa 00:49
paciss
ko ntabibonase ibyo binyoma ?
Musubize1er.09.2012 saa 11:07
musenga
sha nange nopeninze nzi ngo bimo none ndabwahgiranye
3.09.2012 saa 07:34
ggggg

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!