Abagore bamwe Na bamwe babyaye batari kumwe n’abagabo, ntibakunze kuvuga uwo babyaranye, ibi ngo bikaba biterwa Ni gikomere baba baratewe nu mugabo baba barabyaranye, uba yaramwihakanye mu gihe yamubwiraga ko atwite cyangwa se uyu mugore akaba yarafashwe ku ngufu bikamuviramo gutwara inda.
Abagore babyara batari kumwe n’abagabo, ingaruka nyinshi usanga zijya ku bana, aho bakura batazi ba se cyangwa se bagakura uwo bita se atariwe se nyakuri.
Impamvu zitera iki kibazo ziratandukanye nk’uko abagore babyaye batari kumwe n’abagabo babidutangarije, ngo abagabo baba bahunga inshingano baba zo kurera.
Abagabo bamwe, ngo ntibashimishwa no kumva umugore (uteri iwabo ariko bakundana) ababwira ko atwite, iyo umubwiye ko utwite ahita ahinduka, agatangira no kuguhunga, ndetse ngo hari n’abatotezwa bazirako bavuze ko batwite.
Impamvu abagabo batemera ko abana ari ababo, ziratandukanye nk’uko abo bagore baganiriye na IGIHE bakomeje babitangaza.
Bamwe ngo usanga baba bitwaza ko batari bafite gahunda yo kubyara, abandi bakaba bafite abagore basezeranye banga ko bamenya ko babaca inyuma.
Umugore umwe twirinze gutangaza amazina ye, yadutangarije ko yabyaranye n’umugabo wari umukoresha we, ngo mbere y’uko amutera inda bari babanye neza bakundana. Umunsi amubwira ko atwite ngo yahise amubwira ko adashaka kuzongera kumubona imbere ye ngo n’umwana azabyara ntazigere amubwira ko ariwe se.
Umwana amaze gukura yabajije nyina se, nyina amubwira ko yapfuye, umwana we ngo amaze kugira imyaka 10 aziko nta se agira kandi ngo kumumubwira bimutera ipfunwe.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 23 y’amavuko yadusabye ko tutatangaza amazina ye, yatangarije IGIHE ko nyina yanze kumubwira izina rya se, ku ishuri iyo barimubazaga nyina yaramubwiraga ngo avuge irya sekuru. Yakomeje adutangariza ko nyina yamubwiye ko se yamuhemukiye adashaka ko amumenya.
Ikindi cyatangwajwe na bamwe mu bana batazi ba se baganiriye na IGIHE, ngo iyo bageze igihe cyo kurushinga bibabera ihurizo, kuberako baba bikanga ko bashobora kubana n’abavandimwe babo.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Bimwe mu bikurura abakobwa gukunda umusore
18.05.2013 |
|
Urupapuro rw’ubutumire bw’ubukwe rubera umutwaro bamwe
10.05.2013 |
|
Umwuga usaba kwihangana ngo utangire gukirigita ifaranga
2.05.2013 |
|
Ntabwo abantu twumva ibintu kimwe- Dady de Maximo
2.05.2013 |
|
Bamwe mu basore batinya kubwira abakobwa ko babakunda
30.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |