IGIHE.com > Abantu

RINA yateguye ibihembo ku Banyarwanda bafite impano


Yanditswe kuya 16-03-2012 - Saa 07:27'

Ku nshuro ya kabiri Ihuriro ry’Abanyarwanda baba mu mahanga(RINA) ryongeye gutegura ibihembo ryageneye Abanyarwanda bafite impano zibateza imbere ndetse n’abandi muri rusange.

Nk’uko bisanzwe biba ihuriro ry’Abanyarwanda baba mu mahanga “Rwandan International Network Association” ryateguye ibihembo ku Banyarwanda bafite impano zibafasha kwiteza imbere no guteza imbere abandi muri rusange.

Ibyo bihembo bihabwa Abanyarwanda baba mu Rwanda no hanze yarwo, ndetse ubu bitangirwa mu nama yiswe “Urugwiro Conference” mu Rugwiro, nyuma y’amatora akorerwa ku rubuga rwa RINA ari naho ba nyiribikorwa bafite izo mpano biyandikisha, aho buzuza imyirondoro yabo ahabugenewe nyuma yaho, hagakurikiraho guhabwa ibihembo, bihabwa abanyarwanda bafite izo impano batowe kurusha abandi.

Mu kiganiro na IGIHE, Uwayezu Olivier, Umuyobozi uhagarariye RINA mu Rwanda yagize ati : “Ibihembo bizatangwa biri mu byiciro bitatu aribyo : “RINA Leadership Award”, “Humanitarian Award”, “Cultural Promoters” abiyandikisha muri izi nzego bemererwa kwiyamamaza kuva tariki 1 Mata 2012, naho kugeza ku itariki kwiyandikisha bikaba kugeza kuya 31 Werurwe 2012”.

Iki gikorwa gisanzwe kiba ku Banyarwanda ku isonga cyahawe Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu rwego rw’imiyoborere myiza no mu rwego rwo gutiza umurindi banyirubwite muri gahunda nziza baba barihaye, dore ko biri no mu nshingano za RINA gushyigikira Abanyarwanda bafite izo mpano mu rwego rwo kurushaho kuzizamura nuko zarushaho kugirira abandi akamaro.

IBITEKEREZO
Ndabashimiye mu gukomeza gutanga ibitekerezo no kubaza. Nagira ngo mbibutse ko buri muntu wese ashobora kwiyandikisha niba koko abona ibyo akora ari imwe mu ntego zijyanye n'ibikombe bizatangwa, buri muntu wese rero ashobora kwiyandikisha. Ikindi kuri abo bana mwatubwiye ba isaro foundation mwabibabwira ndetse nawe ubwawe wabandikisha unyuze kuri ya adresse n'abahaye hejuru www.rinaonline.org/rina awards bahita bakwakira. Murakoze
Musubize19.03.2012 saa 02:21
olivier@rinaonline.org
ND
Musubize18.03.2012 saa 16:11
INGABIRE APPOLINAIRE
ESE NIKI GISABWA KUGIRANGO UMUNTU YEMERERE KWIYANDIKISHA ? UMUNTU YIYANDIKISHA GUTE ?MUDUSOBANURIRE.
Musubize18.03.2012 saa 16:02
INGABIRE APPOLINAIRE
NDABASHIMIYE.NDI UMUKINNYI WA FILM ESE NANJYE NAKWIYANDIKISHA ? CYANGWA NABIZE GUSA ? MURAKOZE.
Musubize18.03.2012 saa 15:37
INGABIRE APPOLINAIRE
nd
Musubize18.03.2012 saa 15:28
INGABIRE APPOLINAIRE
MUBYUKURI NDABASHIMIYE. ESE UMUNTU UFITE IMPANO YOGUKINA FILM YA KWIYANDIKISHA ? CYNGWA BASHAKA ABANYAMASHURI.MURAKOZE
Musubize18.03.2012 saa 15:21
INGABIRE APPOLINAIRE
Muzahembe ba bana biga hanze batanga ibitabo mu mashuri, ndavuga babandi bari mu isaro fondation.
Musubize16.03.2012 saa 09:31
murenzibapu@yahoo.fr
GUKORA IBINTU BIKOMEYE NTABWO BISABA KWIGA AMASHURI MENSHI CYANE , UIHAKANYE NAKUBAZA IBYO TWIGA AHO BYATURUTSE !! KUKO MPAMYA KO UMUNTU WAMERE WAKOZE BIMWE NA BIMWE MUBYO TWIGA ; YIZE HE KANDI KWIGA BITARI BYAKABAYEHO ? NUKO RERO IMPANO NUBUNDI BUSHOBOZI BWO GUKORA IBINTU BISHYA CYANGWA KUNOZA IBIHARI ,BIRAHARI ,ARIKO ABANTU BAZI KO ABIZE MENSHYI ARIBO BASHOBORA GUKORA IBINTU !! REKA DA !! NDABIHAKANYE RWOSE !! UBU SE DUHERUKA UMUGANI MUSHYA RYARI ? IJAMBO RISHYA SE RYARI ?? SUKWIRWA DUTIRA AYO MUMAHANGA !!! NONE SE NTANTITI DUFITE MURURIMI RWACU ? ZIKORA IKI SE ? SUGUHEMBWA GUSA ZIKIMIRIRA !!! NIYO UBONYE AKANTU UDAFITE BENE IBYO BISHURI BYINSHI ,BARABYIHERERANA NGO BABINONONSORE !! GUTE SE KANDI BYARABANANIYE !! GUKOPERA GUSA !! AHA NTAWE NTUTSE ARIKO UBU KUGIRA NGO HAGIRE IGIKORWA NUKO NYAKUBAHWA AZABIJYAMO NABYO !! DORE KO ASA NUVUNIKA WENYINE !! MURAKOZE. NTAWE NTUTSE ARIKO BIRABABAJE KUBA NTAMUNYARWANDA NANJYE NDIMO ! USHOBORA NO GUHIMBA IJAMBO RIMWE NIBURA !!!!!!!!!!!!!!!! UKUMVA NGO URIYA NI JENDA WA KAYONZA ,HAHAHA NI GITIFU WA RUNAKA HAHA NI MUMANUKE WAMUGANI MUJYE MUBACIYE UGUFI ABO BIZE BABONA UMUSHAHARA KURUTA AKAZI ! NIBA ATARIBYO NYEREKA IBYO BAKORA !!! NTARURIMI RUDATIRA ARIKO AHANDI AMAGAMBO Y'AMATIRANO YINJIZWA MURURIMI KANDI INTEKO IBIZI YEWE YANABYEMEJE,NAHO TWE YIYINJIZAMO YEWE NTITUMENYA NUKO BIGENDA KUKO ABABIHAGARARIYE ARI ABO GUHEMBWA GUSA.NI MUNSHAKA KURI BYINSHI MUZAMBONA NTANGE UUFASHA .GUSA NTAWE NTUTSE DORE KO BENE ABO BABA BAREBA UWABAVUGA NABI KURUTA UWABAGIRA INAMA MURAKOZE UMUNYARWANDA
Musubize16.03.2012 saa 05:33
UMUNYARWANDA
GUKORA IBINTU BIKOMEYE NTABWO BISABA KWIGA AMASHURI MENSHI CYANE , UIHAKANYE NAKUBAZA IBYO TWIGA AHO BYATURUTSE !! KUKO MPAMYA KO UMUNTU WAMERE WAKOZE BIMWE NA BIMWE MUBYO TWIGA ; YIZE HE KANDI KWIGA BITARI BYAKABAYEHO ? NUKO RERO IMPANO NUBUNDI BUSHOBOZI BWO GUKORA IBINTU BISHYA CYANGWA KUNOZA IBIHARI ,BIRAHARI ,ARIKO ABANTU BAZI KO ABIZE MENSHYI ARIBO BASHOBORA GUKORA IBINTU !! REKA DA !! NDABIHAKANYE RWOSE !! UBU SE DUHERUKA UMUGANI MUSHYA RYARI ? IJAMBO RISHYA SE RYARI ?? SUKWIRWA DUTIRA AYO MUMAHANGA !!! NONE SE NTANTITI DUFITE MURURIMI RWACU ? ZIKORA IKI SE ? SUGUHEMBWA GUSA ZIKIMIRIRA !!! NIYO UBONYE AKANTU UDAFITE BENE IBYO BISHURI BYINSHI ,BARABYIHERERANA NGO BABINONONSORE !! GUTE SE KANDI BYARABANANIYE !! GUKOPERA GUSA !! AHA NTAWE NTUTSE ARIKO UBU KUGIRA NGO HAGIRE IGIKORWA NUKO NYAKUBAHWA AZABIJYAMO NABYO !! DORE KO ASA NUVUNIKA WENYINE !! MURAKOZE. NTAWE NTUTSE ARIKO BIRABABAJE KUBA NTAMUNYARWANDA NANJYE NDIMO ! USHOBORA NO GUHIMBA IJAMBO RIMWE NIBURA !!!!!!!!!!!!!!!! UKUMVA NGO URIYA NI JENDA WA KAYONZA ,HAHAHA NI GITIFU WA RUNAKA HAHA NI MUMANUKE WAMUGANI MUJYE MUBACIYE UGUFI ABO BIZE BABONA UMUSHAHARA KURUTA AKAZI ! NIBA ATARIBYO NYEREKA IBYO BAKORA !!! NTARURIMI RUDATIRA ARIKO AHANDI AMAGAMBO Y'AMATIRANO YINJIZWA MURURIMI KANDI INTEKO IBIZI YEWE YANABYEMEJE,NAHO TWE YIYINJIZAMO YEWE NTITUMENYA NUKO BIGENDA KUKO ABABIHAGARARIYE ARI ABO GUHEMBWA GUSA.NI MUNSHAKA KURI BYINSHI MUZAMBONA NTANGE UUFASHA .GUSA NTAWE NTUTSE DORE KO BENE ABO BABA BAREBA UWABAVUGA NABI KURUTA UWABAGIRA INAMA MURAKOZE UMUNYARWANDA
Musubize16.03.2012 saa 05:33
UMUNYARWANDA
Nagira ngo nsubize uwabajije ibibazo 3, hamwe n'undi ufite icyo ashaka kumenya. @Mugisha Umuntu ashobora kwamamaza undi rwose, ahubwo hakenewe ko buri muntu uzi undi cg umuryango ufite ibikorwa by'indashyikirwa yamutangaho umwirondoro, (icyo tugamije ni uko nta munyarwanda ucikanwa n'aya mahirwe) nawe kandi ufite ibikorwa byiza ubona bigwa mu bihembo 3 byavuzwe mu nkuru wakwiyamamaza. Umwirondoro wawe cg w'uwo ushaka kwamamaza uwushyira kuri website ya rina yitwa www.rinaonline.org/rina awards ku bindi bisobanuro wakwandikira info@rinaonline.org ; olivier@rinaonline.org cg ugahamagara kuri (301) 259-1792 Washington,DC na 0788753373 Kigali
Musubize16.03.2012 saa 05:05
Uwayezu
Har'abantu baciriritse hirya no hino mu gihugu, bafite UBUGENGE muri bo bwo gukor'ibintu bitangaza. Benshi bari ndetse no mubaciye bugufi batanize yemwe. Hakwiye no kumenyesha abayobozi bose iyo bava bakagera uhereye ku murenge, bakajya babaza abantu baherereye mu bwatsi bwabo b'abahanga mu bukorikori runaka, bakabandika. Bityo bakazabamurikira ubutegetsi nabwo, bugashyiraho inzego z'abahanga zishinzwe kubafasha kujya mbere. Kuko bamwe batanize. Ariko nabo batize har'uburyo bwo kubabyaza umusaruro ndetse w'akayabo. Mugiturage har'abana baba bafi'impano zo gukina UMUPIRA wo mu rwego rwo hejuru ariko bagapfira iyo ubusa kuko ntaho baca ngo baza murwe. Abandi, bakaba abanyamibare cyane, ugasanga apfiriy'aho kuko Se ari umworo... Mutumeho abayobozi bashakihe babaze abo bayobora, ben'abo bantu, nyuma nabo bazabarangire abo mu zego zisumbuye.
Musubize16.03.2012 saa 04:04
BB COOL
mwaramutse ! njye mfite ibibazo bitatu : 1. ese umuntu ashobora kwamamaza undi ? 2. ese umuntu ashobora kwiyamamaza ? 3. kwamamaza bizabera kuyihe website ? murakoze
Musubize16.03.2012 saa 03:22
Mugisha
Ntawundi uzegukana ibihembo nintwari yitwa Sina Gerard niwe mbona ukoresha ukuri muri byose akifuriza nabanyarwanda bose kuzamuka.imbaraga ze nizikomerezaho Sina we zamura Tare yacu mwa abavuga ko akabanga kawe karimwingurube bareke hubwo katubanye gake .
Musubize16.03.2012 saa 00:45
makuza

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!