Dr Rutagwenda Theogene wari usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe amatungo muri Minisiteri y’Ubuhinzi, nyuma yo kugirwa visi perezida ushinzwe igice cy’Afurika mu muryango Mpuzamahanga wita ku buzima bw’inyamaswa (Organization for Animal Health, OIE), yatangaje ko agiye guharanira gutsinsura nyinshi mu ndwara zikunze kwibasira inyamaswa kuri uyu mugabane.
Ubwo Rutagwenda watowe mu nama ya OIE iheruka kubera I Paris mu Bufaransa yaganiraga na TNT dukesha iyi nkuru, yagize ati : “Hari indwara zigera kuri 80 zizwi na OIE, kandi 54 muri zo zigaragara cyane muri Afurika, 24 muri zo zikaba zibasira inyamaswa zo mu ishyamba. Ibi bituma Afurika ikwiye kwita ku kamaro ka gahunda yiswe One Health, ubu bukaba ari uburyo bwo kongera imikoranire hagati y’inzego zose zirebana n’ubuzima bw’abantu, inyamaswa n’ibidukikije.”
Yakomeje agira ati : “Afurika ikeneye gukora ubucuruzi bw’inyamaswa n’ibizikomokaho hirindwa izi ndwara(…)tuzakorana bya hafi n’abafatanyabikorwa mu kuzirwanya.”
Ubwo Rutagwenda yatorerwaga visi perezida ushinzwe igice cy’Afurika mu muryango Mpuzamahanga wita ku buzima bw’inyamaswa, Dr Marosi Molomo ukomoka muri Lesotho yatorewe kuba perezida ushinzwe umugabane w’Afurika.
Mu byizweho kandi muri iyo nama ya OIE yabereye I Paris harimo indwara nshya ziri kwibasira amatungo ziturutse ku cyorezo gishya cyiswe Schimallenberg cyahereye mu Budage mu mwaka ushize none kikaba cyarakwiye ku mugabane w’u Burayi bw’Uburengerazuba.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Kwiharika ni byo byatumye ngera aha - Sina Gerard
18.03.2013 |
|
Umunyarwandakazi Scholastique Mukasonga yegukanye igihembo cya Renaudot
7.11.2012 |
|
Kaneza Elisabeth yashinze ihuriro rihuza urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga
22.10.2012 |
|
Kigali : Bamwe mu Banyonzi bahakorera bahamya ko bibazanira atubutse
24.09.2012 |
|
Umubyeyi w’imyaka 62 n’abana 9 yatomboye moto muri Sharama na MTN
13.09.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |