Scholastique Mukasonga ni Umunyarwandakazi umaze kwandika ibitabo bine, icyo yanditse bwa mbere yacyise “Inyenzi ou les Cafards”, yarakomeje arandika none icyo aherutse gushyira ahagaragara cyahawe igihembo cyiswe “Ahmadou Kourouma”.
Mukasonga wavutse mu 1956 yagize ubuzima bubi akiri umwana bushingiye ku gutotezwa no gushaka kwica umuryango we.
Mu mwaka w’1960 nibwo umuryango we wagiye gutura i Nyamata mu Karere ka Bugesera. Ubwo yari mu ishuri ry’abasosiyare i Butare mu 1973 (Ecole d’assistante sociale de Butare) yarirukanywe bituma ahungira i Burundi aho yamaze imyaka 19, nyuma akerekeza mu gihugu cy’u Bufaransa (yahageze mu mwaka w’1992).
Mu mwaka w’1994 ubwo abasaga miliyoni bicwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abantu 27 barimo nyina umubyara witwaga Stefania barishwe ; agahinda karushaho kwiyongera.
Nyuma y’imyaka 12 ni ukuvuga mu mwaka w’2006 nibwo yanditse igitabo cye cya mbere kivuga ku buzima bwe bwite aho yagaragaje imibereho ye n’iyaranze umuryango we acyita “Inyenzi ou les Cafards”.
Nyuma yo gushyira hanze iki gitabo cyasohowe n’icyapiro ryitwa ‘Gallimard’ Mukasonga avuga ko yinjiye mu buzima bushya bw’abanditsi agamije kugaragaza ibintu bitandukanye.
Nyuma y’imyaka ibiri nibwo yahise yongera ashyira ahagaraga ikindi gitabo kitwa ‘La Femme aux pieds nus’ (Umugore wambaye ibirenge). Iki gitabo yacyanditse mu rwego rwo kwibuka nyina umubyara wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abandi bagore bose bagaragaje ubutwari.
Iki gitabo cyaramamaye kugeza n’ubwo cyahawe igihembo cyitwa ‘Prix Seligman’ nk’igitabo cyagaragayemo inyandiko nziza irwanya amacakubiri.
Uyu mugore uvuga imibabaro mu bitabo bye, bigaragaramo ubuhanga nk’uko imbuga za internet zitandukanye zo mu Bufaransa zibivuga, uretse kuba umwanditsi ni n’umusizi, akaba amaze kwandika ibitabo bine, bitatu muribyo bikaba byarahawe ibihembo.
Icya mbere yise “Inyenzi ou les Cafards” cyasohotse muri muri 2006, icya kabiri cyitwa “La femme aux pieds nus cyasohotse muri 2008, “L’Iguifou, Nouvelles rwandaises” cyasohotse muri 2010 kigahabwa igihembo cyitwa ‘prix Renaissance de la nouvelle 2011’ cyari igitabo cye cya gatatu, ndetse n’icya kane aheruka gushyira ahagaraga ku itariki ya 1 Werurwe 2012 cyitwa “Notre-Dame du Nil” cyahawe igihembo kuri uyu wa 26 Mata 2012.
Uko yakiriye igihembo yahawe
Kuri uyu wa 26 Mata 2012, i Genève mu Busuwisi nibwo Mukasonga yakiriye igihembo cyiswe Ahmadou Kourouma kubera igitabo cye yise “Notre-Dame du Nil”.
Iki gihembo yagihawe nk’Umunyafurika wanditse igitabo cyiza ndetse kigakundwa n’abantu batandukanye. Uretse uyu Munyarwandakazi wahawe iki gihembo abandi Banyafurika bigeze guhabwa igihembo nk’iki barimo Nimrod, Kossi Efoui, Florent Couao-Zotti na Emmanuel Dongala. Nkuko ikinyamakuru Tribune de Genève kibitangaza.
Agira icyo avuga ku gihembo yahawe, Scholastique Mukasonga ku rubuga rwe rwa facebook yanditse ati : “Nejejewe cyane n’igihembo Ahmadou Kourouma nahawe kuri uyu wa 26 Mata kubera igitabo cyanjyeNotre-Dame du Nil”.
Iki gihembo cyitiriwe Umwanditsi w’Umunyacote d’Ivoire Ahmadou Kourouma witabye Imana kuwa 11 Ukuboza afite imyaka 76, iyi ikaba yari inshuro ya cyenda gitanzwe.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Kwiharika ni byo byatumye ngera aha - Sina Gerard
18.03.2013 |
|
Umunyarwandakazi Scholastique Mukasonga yegukanye igihembo cya Renaudot
7.11.2012 |
|
Kaneza Elisabeth yashinze ihuriro rihuza urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga
22.10.2012 |
|
Kigali : Bamwe mu Banyonzi bahakorera bahamya ko bibazanira atubutse
24.09.2012 |
|
Umubyeyi w’imyaka 62 n’abana 9 yatomboye moto muri Sharama na MTN
13.09.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |