Ku nshuro ya kabiri, umunyarwanda yashyizwe ku rutonde rw’indashyikirwa 30 rwa JCI World


Yanditswe kuya 9-08-2011 - Saa 18:53'

Bisanzwe bimenyerewe ko Ihuriro Mpuzamahanga ry’Urubyiruko (JCI) buri mwaka rihitamo abantu 10 baba barigaragaje mu nzego zitandukanye zo guteza imbere ishoramari, politiki, amategeko umuco, ubugiraneza, ubuganga, imyitwarire ya muntu n’ibindi.

Mu rwego rwo guhitamo abo bantu rero, habanza kuba amajonjora atambuka umugabo agasiga undi, aho ubuyobozi bwa JCI bwa buri kimwe mu bihugu 117 ikoreramo bwohereza urutonde rw’abenegihugu bitwara neza kurusha abandi muri izo nzego zavuzwe haruguru. Iyo bigeze ku buyobozi mpuzamahanga bwa JCI batoranyamo abo babona bujuje ibyangombwa, bakaba aribo bahatana.

Uko byagenze muri uyu mwaka wa 2011 ni uko hatoranyijwe abantu 160 ku isi yose, harimo n’umukandida umwe rukumbi wari watanzwe na JCI Rwanda. Muri abo 160 nabo inzobere zitandukanye zakuyemo 130, hasigara 30 gusa, na none wa munyarwanda agumamo.

Twifuje kumenya uwo munyarwanda uwo ariwe, maze tuganira na Fabrice Shema Ngoga, Visi-Perezida wa JCI ku rwego rw’isi. Yadusobanuriye ko mu gutoranya uzahagararira u Rwanda babyitondeye cyane.

Ati “JCI Rwanda yatoranyije Murindabigwi Meilleur Derek, Umuyobozi Mukuru (CEO) wa IGIHE LTD, akaba ari nawe wayishinze (Founder). Hari abashoramari cyangwa abandi basore n’inkumi bakora ibintu bitangaje mu Rwanda, ariko mu guhitamo ureba umuntu uzaserukira igihugu agahangana n’abandi ku rwego mpuzamahanga. Niwe watoranyijwe rero kandi ubu ari muri 30 ba mbere ku isi, bikaba byerekana ko JCI Rwanda yahisemo neza.”

Fabrice Shema Ngoga, Umuyobozi Wungirije wa JCI ku rwego rw'isi

Bwana Shema Ngoga kandi yatubwiye ko ubu irushanwa rigeze ahakomeye kuko muri abo 30 basigaye, abazatanga amanota (judges) bazaba bahindutse, yewe ngo hagati yabo ntibazaba baziranye. Ati “bariya 30 bazahabwa amanota n’aba judges 5 batandukanye batanaziranye, bakorera ahantu hatandukanye nko mu nzego zo hejuru mu Muryango w’Abibumbye, abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi n’amakompanyi akomeye ku isi n’abandi. Ni abantu basobanukiwe kandi bazatanga amanota nta marangamutima. Twizeye ko aha naho Meilleur azahacana umucyo.”

Murindabigwi Meilleur yatoranyijwe na JCI Rwanda haherewe ku buryo yabashije kwiteza imbere, ndetse akanaba urugero mu rungano rwe (abari munsi y’imyaka 30) ashinga IGIHE LTD, ikompanyi izwi cyane mu bikorwa bitandukanye nka IGIHE.com, urubuga rukora itangazamakuru kuri internet, akaba ari rwo rusurwa cyane mu zikorera mu Rwanda (abashyitsi barenga 65 000 ku munsi).

Murindabigwi Meilleur, Umuyobozi Mukuru wa IGIHE LTD

Mu marushanwa ya JCI, uwo musore yashyizwe mu cyiciro cya Personal improvement and/or accomplishment, nk’umuntu werekanye ubushake budasanzwe bwo kwiteza imbere kandi akabigeraho, mu gihe yahuye n’ibibazo byinshi mu buzima bwe, nk’ibyago byo kubura bamwe mu bari bamufatiye runini, guhura n’ibibazo bikomeye mu kazi ntacike intege n’ibindi. Shema ati “nk’umusore wabashije kurenga ibyo byose akajya mbere, agaragaza isura y’u Rwanda rushya, nk’igihugu cyababaye ariko ubu kikaba cyemye.”

Aramutse atsindiye kujya mu 10 ba mbere, abo bita TOYP (Ten Outstanding Young Persons in the World) bazamenyekana tariki ya Mbere Nzeri 2011, Murindabigwi yaba abaye umunyarwanda wa kabiri ugeze ku isonga, nyuma ya Dr Joseph Ryarasa, wari watsinze mu cyiciro cyo kwita ku burenganzira bw’abana, amahoro n’uburenganzira bwa muntu (Contribution to children, world peace and/or human rights) mu mwaka ushize wa 2010.

Ubwo Dr Ryarasa (hagati) yahabwaga igihembo mu Nama Mpuzamahanga ya JCI mu mwaka ushize

Byaba kandi ari intsinzi ikomeye kuri JCI Rwanda imaze imyaka 7 gusa itangiye gukora, n’imyaka 4 gusa yemejwe mu ruhando mpuzamahanga rwa JCI World.

Bamwe mu bagize JCI. Kuva iburyo ugaruka ibumoso : Fabrice Shema, Emery Rubagenga ( Roka Company), Patrick Sebatigita (Ujenge Company), Pierre Damien Mbatezimana ( Shekina Entreprise) ; Henry Kisembo ; Clément Uwajeneza ( Axis company) na Albert Nzamukwereka ( 2011 JCI Rwanda Secretary General)
IBITEKEREZO
Perezida wacu ahora adushishikariza umurimo none wowe wabihaye agaciro dore uhawe ishema mu ruhando rw'aamahanga. Courage rero kandi turi kumwe
Musubize11.08.2011 saa 07:00
Innocent
Meilleur, t'es le meilleur, so yakwise neza ! Keep it up !!
Musubize11.08.2011 saa 05:21
mzehe
Aba bakire b'abana bato turabazi twariganye 'ababari inyuma turabazi.Bravo anyway
Musubize11.08.2011 saa 01:52
sem
Caurage ma freind don worry imana yabanyarwanda ibiri kumwe nabo nacyane mu competetion utashinda be blessed.
Musubize11.08.2011 saa 00:25
mpurenzi
its fine to have people like this, i hope he will win for himself and for our country.thanks.
Musubize10.08.2011 saa 14:42
HAZABAMAHORO
courage , imana iri kumwe nawe ,
Musubize10.08.2011 saa 11:09
em
ibikombe nkibi natwe aho turi nibyo dushaka kuzanira umusaza nabanyarwanda muri rusange ariko twebwe kumwanya wa 1 nkuko bisanzwe kuko usibye na 30,na 2 twaba dusubiyinyuma kandi ntitwabikora kubera igihango nurukundo dufitanye nigihugu cyacu(URWAGASABO).
Musubize10.08.2011 saa 04:22
ambassader
Good news, keepon
Musubize10.08.2011 saa 02:14
mariam
good newz,bravo IGIHE,Bravo Meilleur ko meza uheshe ishema urwagasabo.may God bless us.
Musubize10.08.2011 saa 02:02
kayitare
congs meiller, keep on and I would like to ask JCI Rwanda about the business plan competition We made,what next after ? is there any other activity there is no,please ask JCI Rwanda about it on behalf of some participants,thank you for your answer.
mukomeze muheshe ishema u Rwanda natwe aho turi nibyo duharanira
Musubize10.08.2011 saa 00:59
MUSONI Damas
whaaoo !!thats good 2hear that.keep it up Meilleur alwayz excellency.May God guide U and may U come on the top 5.natwe ba young generation tubonereho,dukore igihe kitaradusiga.thakx
Musubize9.08.2011 saa 17:11
Musaniwabo
meilleur do not fear almighty God arahari kandi azagufasha U'll win bro And congz for acjievement
Musubize9.08.2011 saa 17:02
Yizerwe peter
You are faithfully, it's fine to have a young like him
Musubize9.08.2011 saa 15:58
charles
Turishimiye iyo nkuru nziza mutugejejeho.Qu'il soit toujours Meilleur.
Musubize9.08.2011 saa 14:49
Musafiri Placide
Felicitation rwose urabikwiye, nkunda igihe boikabije kuburyo buri matin na soir ndasura urubuga rwanyu
Musubize9.08.2011 saa 14:35
riziki
Urabikwiye Dear meiller. Turagusengera utsinde n'ahasigaye intsinzi yawe ni ishema ry'igihugu cya twibarutse . ' Uzaba mu icumi bambere ' .
Musubize9.08.2011 saa 13:41
B Eddy
good news and hope that in the final round Meilleur will still in the 10 outstanding young person of the world. Congs
Musubize9.08.2011 saa 12:55
fabrice
Ineed to know that man their names and what they have done
Musubize9.08.2011 saa 12:19
rutonesha justin

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!