IGIHE.com > Amakuru
Akurikirwanweho kwica uwo yari amaze kwibaruka PRINT VISITS : 20205 COMMENTS: 4 

Akurikirwanweho kwica uwo yari amaze kwibaruka


Yanditswe kuya 21-02-2012 - Saa 19:24' na Gaston Rwaka

Kuva kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Gashyantareb ku cyicaro cya Polisi mu Karere ka Rulindo, Umurenge wa Gitare hafungiwe umugore witwa Domina Mukeshimana arazira kuba yarahotoye umwana yaramaze kwibaruka.

Amakuru aturuka kuri Polisi ikorera i Rulindo avuga ko Mukeshimana yakoze icyo cyaha ndengakamera mu gihe yaramaze iminsi agiriwe inama n’abajyanama b’ubuzima kugirango abashe kwisuzumisha, nibwo nyuma yaje gusanga atwite.

Mu bisobanuro yatanze kuri Polisi, Mukeshimana yivugiye ko amaze kumenya ko atwite yabigize ibanga kugeza igihe yabyariye mu ijoro ryo ku Cyumweru gishize, nyuma y’iminota mike akahita yiyicira uruhinja.

Amaze guhotora urwo ruhinja yihutiye guhamagara umuturanyi we amubesha ko abyaye umwana upfuye.

Abaturanyi bamaze gukeka ko Mukeshimana ashobora kuba yahotoye umwana we bamubajije impamvu yiciye umwana abihakana yivuye inyuma ubwo yagiraga ati :”Namubyaye yapfuye”.

Umuvugizi wa Polisi y’igihugu, Supt. Theos Badege yamaganye icyo gikorwa agira ati :”Nta muntu n’umwe ufite uburenganzira bwo kuvutsa ubuzima bw’undi byumvikane ko abantu bagifite iyo mitima bagomba guhanwa bihanukiriye”.

Badege yakomeje avuga ko nyuma y’igikorwa cyo kuvutsa ubuzima umwana we, Mukeshimana azafungwa nk’uko itegeko rihana ry’u Rwanda rya 315 ribiteganya .

IBITEKEREZO
Ariko mureke abasomyi tujye dusoma neza inkuru twandikiwe mbereyo kugira comments,muti babanze bakore otopsi,nyamara inkuru ivuga neza ko yabanje guhisha inda, akayibyara kucyumweru kandi nyuma y,iminota mike abyaye akinigira umwana we yarangiza agatabaza abaturanyi ! mu nkuru bivugwa neza ko abyiyemerera ! ikindi kandi niba hari urwego rukora neza muri iki gihugu ni polisi,ntabwo ipfa guhubuka iba yashishoje. tujye tureka rero kwihutira kuvuga
25.02.2012 saa 13:01
######
aliko nibakore otopsi barebe ko yamunize ashobora kuba yavutse apfuye byose birashoboka
25.02.2012 saa 11:16
ndayishimye
none se ko murangije guca urubanza nta bimenyetso mwasabye cyangwa mwabonye, bishoboka ariko ko umubyeyi wagize uburangare akabyarira mu rugo dore ko ari no mu giturage yabyara umwana upfuye, ngira ngo hari byinshi bizagomba gusuzumwa ngo hamenyekane ubushake bwe mu gukora icyaha , ariko kugeza ubu ntawahita afata amushinja hara cyari kare
23.02.2012 saa 04:26
karara
uyu muziranenge imana imuhe iruhuko ryiza uyu mugome nawe bamukanire urumukwiye kuko ni ntampuhwe ubuse koko yungutse iki ??ese ko abazi ko azamwica amutwita kubera iki ?police imukanire abere n ;undi wese ubitekereza
22.02.2012 saa 01:05
######

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!