Afghanistan : Umugaba w’ingabo z’Amerika yarusimbutse


Yanditswe kuya 22-08-2012 - Saa 01:17' na James Habimana

Mu ijoro ryo kuwa Mbere, indege yari itwaye Umugaba w’Ingabo z’Amerika General Martin Dempsey, yarashweho n’igisasu cyo mu bwoko bwa roketi, ariko kubera ko yari kure yayo ntacyo yabaye ariko babiri mu barinzi b’iyo ndege barakomeretse bikomeye.

Iki gikorwa cyo gushaka guhitana uyu mu Jenerali w’Umunyamerika, cyabereye ku kicyaro gikuru cy’izi ngabo, giherereye mu gace ka Bagram kari mu birometero 50 uvuye mu murwa mukuru wa Afghanistan ari wo Kabul.

Amakuru dukesha urubaga rwa rwa BBC, avuga ko General Martin Dempsey yari muri iki gihugu mu rwego rwo kuganira n’abahagarariye ingabo z’Amerika ku kibazo cy’abasirikare bari mu ngabo za NATO ari zo ngabo zo gutabarana mu bihugu bihuriye ku nyanja ya Atalantika, bamaze iminsi baraswa n’ingabo za Afghanistan ,

Inzego z’umutekano muri iki gihugu, zivuga ko mu gihe iki gisasu cyaraswaga kuri iyi ndege yari imutwaye, atari bugufi kuko ngo yari muri kimwe mu byumba biherereye muri icyo kigo cya gisirikare.

Ubuyobozi bw’ingabo za NATO ziri muri ako gace, buvuga ko bataramenya neza aho icyo gisasu cyo mu bwoko bwa roketi cyaturutse, mu gihe cyaraswaga kuri iyo ndege.

General Gen Dempsey yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuri uyu wa Kabiri, yifashishije indi ndege.

Ubwicanyi ku ngabo z’urugaga ziri muri Afghanistan ziyobowe n’Amerika, buteye impungenge kuko zikomeje kuraswa dore ko ku Cyumweru, umwe mu basirikare b’Amerika yarashwe n’umwe mu baturage ba Afghanistan wari wambaye imyenda y’igipolisi, ndetse akaba yarujuje umubare w’abasirikare 10 bamaze guhitanwa mu byumweru 2 bishize gusa.

IBITEKEREZO
Sha Lybia ngo yari iyobowe ni Abanyagitugu !! None Abaturage batigeze bagira inzara irabagera amajanja. Reba Sylia, Egypt,....Ahaaa !!! Abazungu baragashira gusa ntakindi. Barashaka imari ya DRC bati Urwanda rufasha M23, ubuse ko amakuru mfitiye gihamya ari uko KASSAI zombi zigiye kwigenga !! Ubwo ni aho ni uRwanda rwagiyeyo !! Abanyafurika twaragowe
Musubize23.08.2012 saa 12:24
MAGORWA PATRICK
mujye musoma neza amakuru uyu mu general ntiyari muri iriya ndege
Musubize22.08.2012 saa 10:03
jules
Agaciro peace,kora aha sha,isesengura ryawe ni okay,ubuse ninde wakoze neza utari Kadafi ?kuberako yabaziraga bitewe nubuhake bwabo ngo ingoma yigitugu, sha nizereko bizagira iherezo abanyafrika, nabandi bakuyindi migabane bakigenga, bakava kuburetwa bwa USA nuburayi.Iyo mabuhamya gato byari kuba byiza.Erega njye maze kubona ko ubutagondwa bwa silamu buterwa no gutsikarwa, buriya nukwigwanaho ntabwo ari kuba ibyihebe !reba nawe NATO muri Afghanistani ikora iki ?Monusco DRC ?etc.
Musubize22.08.2012 saa 07:26
koko
Uburyo bivanga mu buzima bw'ibihugu byose,ukuntu impfu z'abanyafrika kuri bo ari inkuru gusa zo gutuma ibinyamakuru byabo bigurishwa, uburyo babona bakanafata umunyafrika bitera umujinya no kwibaza ku gaciro baha abandi. Nimuhere ku bihuha bacura, ingaruka zabyo kuri twe na business iri inyuma y'aka kavuyo bakorera muri Congo ya Kabila wisinziriye. Simbifurije urupfu ariko ni abagome nta bumuntu bagira.
Musubize22.08.2012 saa 04:40
agaciro peace
barigukorayo iki ?reka babone !Neo colonialism should ended plz.Byarikunshimisha iyo bazakumuhamya neza agapfa !dore kubirirwa biyita police du monde ntawabibagize, ngo human rights aribo bambere bica, bakanateza numwuryane !
Musubize22.08.2012 saa 01:53
emed
Occupation=Resistance. Kill those dogs.
Musubize22.08.2012 saa 01:28
Islamist

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!