Chadli Bendjedid wigeze kuyobora igihugu cya Algeria yapfuye azize indwara ya kanseri ku itariki ya 6 Ukwakira 2012.
Nk’uko BBC yabitangaje, Bendjedid yapfiriye mu bitaro bya gisirikare by’Algeria nyuma y’icyumweru arwariyemo.
Nyakwigendera yayoboye manda 4 guhera mu 1979 kugeza 1992. Ku buyobozi bwe bivugwa ko yagerageje guteza imbere politike y’amashyaka menshi mu gihugu.
Nyuma ya Bendjedid yaje kuvanwa ku butegetsi ku ngufu, ubwo abasirikare bagendera ku mahame ya kiyisilamu batsindaga amatora binyuze mu Nteko Ishingamategeko.
Nyuma haje kubaho imvururu mu 1992, abenshi bakoraga imyigaragambyo bamagana ubuyobozi bwa kiyisilamu biteza intambara yahitanye abantu benshi.
Biteganyijwe ko abaturage bamara iminsi 3 mu cyunamo, kubera urupfu rwa Bendjedid. Kugeza ubu Algeria iyobowe na Abdelaziz Bouteflika.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
U Bufaransa : Umugabo yiyiciye abana be babiri
19.05.2013 |
|
U Bufaransa : Perezida Hollande yemeje itegeko ryemerera abatinganyi gushyingiranwa
18.05.2013 |
|
Gatabazi asanga gushyira hamwe kw’Abanyarwanda ari cyo kizarushaho kubateza imbere
18.05.2013 |
|
“Rwanda Day ituma buri wese yumva ko akwiye guhoza u Rwanda ku mutima”
17.05.2013 |
|
Perezida Obama azasura Senegal na Afurika y’Epfo
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |