Amerika : Filimi ku rupfu rwa Bin Laden igiye gushyirwa ahagaragara


Yanditswe kuya 6-10-2012 - Saa 04:57' na Annonciata Byukusenge

Nyuma y’urupfu rw’uwahoze ari Umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba wa Al-Qaïda Oussama Bin Laden, filimi ivuga ku bijyanye n’urupfu rwe yaba igiye gushyirwa ahagaragara.

Oussama Bin Laden washakishijwe na Amerika igihe kirekire imushinja ibikorwa by’iterabwoba, ngo hifujwe ko filimi igaragaza uko urupfu rwe rwagenze yakwerekanwa mbere y’amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe ku itariki 6 Ugushyingo 2012 muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Nk’uko Ikinyamakuru Le monde cyabyanditse, ngo iyi filimi izerekanwa taliki ya 4 Ugushyingo 2012 mbere y’iminsi ibiri gusa ngo amatora abe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Harvey Weinstein utunganya amafilimi i Hollywood muri Amerika, avuga ko kuri iyi tariki filimi ya mbere ku rupfu rwa Bin Laden bazayerekana kuri sheni ya televiziyo y’igihugu mu by’ubumenyi bw’isi “National Geographic”.

M. Weinstein akomeza avuga ko iyi filimi yizeye ko izashimisha abazayikurikira bose kuva itangiye kugera ku mpera zayo, kandi ko izakundwa.

Si ibi gusa kuko ngo yumva afite ishema ryo kuba yarabashije gukora filimi nk’iyi ikazaba ingenzi mu kwibutsa Abanyamerika amateka yayiranze.

Oussama Bin Laden yiciwe muri Pakistan tariki ya 2 Gicurasi 2011, nyuma yo guhigwa igihe kirekire na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuko we n’umutwe we wa Al-Qaïda bari bigambye kugira uruhare mu bitero byashegeshe Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku wa 11 Nzeri 2001.

Abakurikiranira ibintu hafi bemeza ko kuba Bin Laden yarishwe ku buyobozi bwa Barrack Obama bimuhesha amahirwe yo kugirirwa icyizere n’Abanyamerika, by’umwihariko kugirirwa icyizere kwa Obama mu matora ya Perezida wa Amerika ateganyijwe ku wa 6 Ugushyingo 2012.

IBITEKEREZO
kuki se batayerekanye kuva mbere, ahubwo kubera gushaka amajwi kwa obama ntacyo atazaakora pe, ariko amaherezo urwahitanye mugenzi we sarkozy nawe aho bukera ruramugeraho, niyo yakwerekana amafili yo gusebya ubuyisilamu kugirango ashimishe abayahudu bazamutore.
Musubize8.10.2012 saa 12:09
hussein
None ko Ossama yapfuye kandi yabafashaga kwica uwo bashaka bamurega gukorana nawe, aho ntibizaba ngombwa ko bahimba undi muntu bazajya bitwaza ? ndakeka nko muri Somaliya hakwiye Ossama wo kwitwazwa na AMISOM ! Islam under attack !!!
Musubize6.10.2012 saa 07:18
Abdullah

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!