Nyuma y’urupfu rwa Willy Ishimwe Kariwabo waterewe icyuma i Buruseli mu Bubiligi, havuzwe byinshi. Mu kumenya neza ukuri aho guherereye, IGIHE twegereye umwe mu nshuti za nyakwigendera wari kumwe na we, wakurikiranye ibyabaye byose, Ishimwe akanamupfira mu maso. Victor VIK-MC, atanga ubuhamya kuri ubwo bwicanyi.
Victor VIK-MC ni umwe mu bari kumwe na Willy Ishimwe Karimwabo ubwo yaterwaga icyuma. Yagize byinshi atangariza IGIHE kuri ayo mahano.
Uyu musore Victor VIK-MC yatangarije IGIHE ko we na Willy bari bagiye mu munsi mukuru w’amavuko w’umwe mu nshuti zabo ahitwa Mont d’Arts, mu mujyi wa Bruxelles rwagati, batashye baba ari bwo Ishimwe yasagariwe. Ati "Uwo mugoroba wagenze neza nta kibazo rwose, twisekera nta muntu uduteye ubwoba, uturimo muri uwo mugoroba wose, nyuma twajyanye na Ishimwe kuri butike (night shop) iri mu metero nk’icumi uvuye aho twari turi’
’Ni bwo Ishimwe yahuraga n’abasore babiri b’Abanyafurika, bavugana na we twe turi iruhande. Bavuganaga mu buryo bwitonze, nta mahane ngo tutumva umugambi mubisha wabo. Nyuma habayeho gushaka kwambura Ishimwe, ni bwo umwe avanyemo icyuma ngo amukange. Ibyo byamaze nk’iminota ibiri. Ni bwo twe abari kumwe na Ishimwe aho twari turi ku ruhande, tubonye bihindutse, dushaka kubegera ngo tumenye igiteye ayo mahane, ariko umusore wari kumwe n’umwicanyi aratubambira ; ni bwo ako kanya Ishimwe yatewe icyuma."
Victor akomeza mu buhamya bwe agira ati "Ibi byose nkubwira, byakozwe mu mwanya muto cyane. Imodoka ya Polisi yari ihahise, iza bakimara kumutera icyuma. Polisi ihita ifata uwo wateye icyuma Ishimwe. Icyo gihe ariko Ishimwe yari akibasha kuvuga, kuko ni we weretse Polisi umuteye icyuma, mbere y’uko ashiramo umwuka. Ibyo byose byabereye mu maso yanjye."
Muri ubwo buhamya yaduhaye, avuga ko abo basore babiri bari mu gatsiko kazwi ku izina rya "Versailles" nk’uko buri dutsiko twiyita amazina. Mu bikorwa by’ako gatsiko hakaba harimo urugomo. Abakagize ngo bafite amategeko bagenderaho n’uburyo bavugana (codes).
Ku bijyanye n’uko Ishimwe yari ateye, Victor yagize ati "Ishimwe yarishwe azize ubusa." N’ikiniga cyinshi, ati "Turi mu Isi itagira inyiturano y’abasazi. Willy yari inshuti yanjye, yari umuntu w’amahoro, ukora icyo yiyemeje. Ntiyagendaga muri izo nsoresore z’inkozi z’ibibi, kubera uburere bwiza yari afite. Yifuzaga no kuzaba umusirikare mu barwanya umuriro (Pompier), yari yaratangiye kubyitoza. Yakundaga cyane umuziki, nanjye yamfashaga muri byinshi. Azaguma iteka mu mutima wanjye nk’inshuti yihaga agaciro, inshuti nziza, haba ku buranga no mu mico."
Umunsi wo guherekeza nyakwigendera Willy Ishimwe Karimwabo, ni ku wa Kane tariki 3 Mutarama 2013, saa tanu (11h00), Misa yo kumusezeraho ikazabera muri Kiliziya ya Saint Julien, muri Komine ya Auderghem.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
U Bufaransa : Perezida Hollande yemeje itegeko ryemerera abatinganyi gushyingiranwa
18.05.2013 |
|
Gatabazi asanga gushyira hamwe kw’Abanyarwanda ari cyo kizarushaho kubateza imbere
18.05.2013 |
|
“Rwanda Day ituma buri wese yumva ko akwiye guhoza u Rwanda ku mutima”
17.05.2013 |
|
Perezida Obama azasura Senegal na Afurika y’Epfo
17.05.2013 |
|
U Bufaransa bwemeje ko ubukungu bwabwo bwifashe nabi
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |