Umutwe w’uwanditse filimi iharabika Muhamad washyiriweho Amadolari 100,000


Yanditswe kuya 23-09-2012 - Saa 03:25' na Abdou Nyampeta

Ghulam Ahmed Bilour, Minisitiri w’igihugu cya Pakistani ushinzwe gari ya moshi yasezeranije guha amadolari y’Abanyamerika ibihumbi 100 umuntu wese uzica umwanditsi wa filime iharabika Intumwa y’Imana Muhamad ikomeje guca ibintu ku Isi.

Amakuru dukesha urubuga rwa internet 7sur7, avuga ko ibyo Ghulam Ahmed Bilour yabitangarije itangazamakuru ku wa Gatandatu, tariki ya 22 Nzeri 2012 i Peshawar mu majyaruguru ashyira iburengerazuba bwa Pakistani.

Ghulam Ahmed Bilour yagize ati « Nzaha amadolari ibihumbi 100 umuntu uzica uwaharabitse Intumwa Ntagatifu. Ndakangurira ba talibani n’abavandimwe ba Al-Qaïda kwitabira icyo gikorwa cy’indashyikirwa. »

Avuga ko iyo aza kubona umwanya ubwe yari kubyikorera akica uwo mwanditsi wa filime yakorewe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, agira ati « Nari kubikora hamyuma bakambamba. »

Pakistani ni yo yafashe iya mbere mu kwamagana iyi filime. Ku wa Gatanu nyuma y’isengesho rikuru, imbaga y’Abayisilamu yarigaragambije abantu 21 baricwa na ho abandi 200 barakomereka.

IBITEKEREZO
UNO MUNTU ARAKORA NABI,NK'UMUYOBOZI NTAGO AKWIYE GUKANGURIRA ABANTU KWICANA,IKINDI NTAGO NSHYIGIKIYE ABASEBANYA,NIBA UTARI MU IDINI NTAGO BIVUZE NGO UGOMBA KURISEBYA,NIYO WABA URIRIMO NTAGO UGOMBA GUSEBYA ABANDI.MUJYE MUREKA TUREBE IBIDUHUZA NAHO IBIDUTANYA NTITUKABIGIRE UMUSINGI W'UBUZIMA.IMANA IDUKIZE TWESE KUKO NTAGO TURI ABANTU BEZA PE !!!!
Musubize25.09.2012 saa 06:59
neza.
Uretse Muhammad, abayisilamu bita intumwa y'Imana, n'Imana ubwayo ko har'abayituka ? Kuki abo bajya kurwanira uwo muhisi, batarababazwa nuko Imana yaba yaraberey'intumwa yatutswe ?
27.09.2012 saa 03:23
kalisa
Saliman Rushidi yivugiye neza ko leta ya Pakistani ari leta ikora iterabwoba none nawe nyumvira uwo mu ministiri kuko, gutuka intumwa y'Imana muhamad imana imuhe amahoro n'umugisha nkuko abayisilamu babyemera si icyaha kubatari bo kuko imyemerere ishingiye ku mateka n'ibitabo byanditswe imyaka ibihumbi ntawe wari ukwiye kubiziza undi. Ndumva umusilamu ututse idini rye yakabihaniwe mu idini rye n'umukirisitu bikaba uko naho ubundi rwose uyu mugabo akwiye guhagarikwa kuko akangurira abantu ubugizi bwa nabi.
Musubize23.09.2012 saa 09:54
john
noneho wowe umuryango wawe usebejwe numuntu wo hanze nta kibazo kirirmo, cg se igihugu cyawe, think about
24.09.2012 saa 10:57
desperado
Uyu ministre nawe yigaragaje ko ari Al- Quaida mu bandi . None se niba uwo mwanditsi yarasebeje intumwa Ntagatifu Mohamed Imana imuhe amahoro n'imigisha, igisubizo ni uko yicwa. Bo se basebeje uwo mwanditsi aho gushaka umutwe we ! Ahaaa, ibyihebe ni byinshi muri Pakistan.
25.09.2012 saa 08:30
Bitos

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!