Intambara ibera muri Syria hagati ya Leta n’Inyeshyamba zayigometseho, yahitanye abaturage 1,600 mu cyumweru kimwe gusa gishize nk’uko bivugwa na raporo y’ishami rya LONI ryita ku mwana, uburezi n’umuco (UNICEF).
Patrick McCormick, umuvugizi wa UNICEF yatangaje kuri iki Cyumweru taki 2 Nzeri ko ubu bwicanyi bwibasiye abantu bose ariko cyane cyane abana n’ubwo atavuze umubare wabo.
Nk’uko tubikesha Ijwi ry’Amerika, imiryango irengera uburenganzira bwa Muntu aho muri Siriya yagiye itangaza imibare itandukanye y’abantu bahitanwa n’iyo ntambara mu byumweru bishize ariko iyo mibare igenda ihinduka hagati y’abantu 100-200 mu cyumweru.
Imibare itangwa n’impande zihanganye ku rugamba biragoye kuyigirira icyizere kuko usanga irangwa no kwivuga ibigwi gusa.
Imiryango myinshi iharanira uburenganzira bwa Muntu yatangaje ko abagera ku 5,000 bahitanywe n’intambara mu ukwezi gushize kwa Kanama kukaba ariko gupfuyemo abantu benshi kuva intambara yatangira.
Itangazamakuru rya Leta, kuwa 2 Nzeri yatangaje ko igisasu cyaturikiye hafi yikigo cya gisirikari kigakomeretsa abantu bane. Iki gitero cyigambwe n’Inyeshyamba za Free Syrian Army.
Iyi ntambara yatangiye muri Werurwe 2011 ubwo abaturage batangije imyigaragambyo mu mahoro hanyuma ikaza guhinduka intambara ya gisirikari nyuma y’uko Ingabo za Bashar al-Assad ziciye abaturage mu guhosha iyo myigaragambyo.
Iyi ntambara yahinduye isura ubwo bamwe mu banyepolitiki n’Ingabo za Leta zifatanyije n’Inyeshyamba bagasaba iyegura rya Bashar al-Assad.
Iyi nkubiri y’impinduramatwara ije ikurikira n’izindi zo mu bihugu by’Abarabu na Tuniziya, Misiri n’ahandi.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
U Bufaransa : Umugabo yiyiciye abana be babiri
19.05.2013 |
|
U Bufaransa : Perezida Hollande yemeje itegeko ryemerera abatinganyi gushyingiranwa
18.05.2013 |
|
Gatabazi asanga gushyira hamwe kw’Abanyarwanda ari cyo kizarushaho kubateza imbere
18.05.2013 |
|
“Rwanda Day ituma buri wese yumva ko akwiye guhoza u Rwanda ku mutima”
17.05.2013 |
|
Perezida Obama azasura Senegal na Afurika y’Epfo
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |