Museveni yaragije Imana Uganda mu ijoro rishyira umunsi wo kwizihiza imyaka 50 y’ubwigenge


Yanditswe kuya 11-10-2012 - Saa 02:26' na Olivier Rubibi

Museveni yaragije Uganda Imana mu ijoro rishyira umunsi wo kwibohoza

Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yaragije Imana igihugu cya Uganda mu ijoro ryo kwizihiza imyaka 50 Uganda ibonye ubwigenge.

Kuri Stade yitiriwe Mandela, mu mujyi wa Kampala Yoweri Museveni yasabye Imana imbabazi ku byaha yarakoze ndetse n’ibyaha Uganda yakoze nk’igihugu muri rusange.

Amakuru dukesha The New Vision avuga ko Yoweri Museveni yabikoze mu rwego rwo kugira ngo Uganda ibe igihugu gisendereye imigisha ituruka ku Mana.

Yoweri Museveni yagize ati “namaganye imbaraga za Satani n’ibikorwa byayo. Nsabye imbabazi mu izina rya Uganda.

Dusabye imbabazi z’ibyaha twakoze, dusabye imbabazi z’abo twababaje ari inzira karengane, kurya ruswa, ubusambanyi, ubusinzi, ubwigomeke, ivangura ry’amoko n’ivangura ry’amadini dusabye imbabazi mu izina rya Yezu Kirisitu”.

Museveni yakomeje asaba Imana gushyira amaboko ku gihugu cy’u Bugande,Uganda ikayoborwa n’ukuboko kw’Imana.

Museveni yavuze ko indi myaka 50 igomba kuba iyo gukora neza ku rubyiruko rwa Uganda, bagakora ibyo Imana ishaka, nk’uko byanditse muri Bibiliya mu Migani 9:10, hagira hati “kubaha Uhoraho niyo ntangiriro y’ubuhanga bikaba n’ubumenyi buranga abatagatifujwe be”.

Yongeye gukangurira abantu babashije kurangiza amashuri yabo bakabona n’akazi gukoresha ubwenge bwabo, bakagarukira Imana bita ku gukurikiza amategeko yayo.
Amasegesho yo gusengera Uganda yateguwe n’ihuriro ry’amadini ya Gikirisitu muri Uganda, akaba yari agamije gushyira igihugu cya Uganda mu maboko y’Imana.

IBITEKEREZO
Bakristo, cyane cyane mwebwe bayobozi b'amatorero yibumbiye muri Peace Plan Rwanda, Itorero rya Uganda ritubere isomo ! Mu gihe u Rwanda twizihizaga imyaka 50 y'ubwigenge ndetse n'igihe u Rwanda rwashimaga Imana kuwa 26/08/2012 byari bitwaye iki gufata rya tangazo mwoherereje/mwasunikiye abakristo ryo kwihana mu ibanga, maze mukariha Ministre muri Prezidanse (le 01/07/2012) cg Ministre w'intebe (le 26/08/2012) agahagarara mu cyuho(mu mwanya) cy'abanyarwanda akarisoma bityo akihana mu mwanya wacu ? Icyakora Bishop Kolini yabivuze neza (kabishywa ariwe wanasinye iryo tangazo ryo kwihana nyuma ryaje kugirwa ibanga) ubwo le 26/08/2012 kuri stade mu gikorwa ngo cyo gushima Imana yavuze ko ''GUSHIMA IMANA KUTARIMO KWIHANA, NI UBURYARYA'' ! Abagande rero baturushije ubwenge kuko bo bazi ko umugisha w'Imana ujyana no kwihana, gusaba no gushima ! Naho gushima no gusaba gusa kutarimo kwihana ni uburyarya wa mugani wa Bishop Kolini..! Bayobozi b'amatorero agize Peace Plan Rwanda, le 11/07/2009 kuri stade ya Muhanga-i Gitarama mwanze guhagarara mu cyuho ngo mwihane ibyaha by'Itorero ry'u Rwanda n'iby'Abanyarwanda twese ubwo twari tumaze imyaka 50 u Rwanda rutemba amaraso mu bihe bitandukanye (1959-2009), muratubwira ngo mugiye kubitegura ngo bizakorwe muri Nyakanga 2012 ubwo nabwo twateganyaga twibuka imyaka 50 y'ubwigenge bw'u Rwanda. Le 01/07/2012 na le 26/08/2012 ibyo mwakoze bizi Imana namwe, icyakora nta kwihana twabonyemo ! Kudakoresha umwanya Imana yabahaye w'ubutambyi ngo muhagarare mu cyuho cy'Itorero n'igihugu mukihana bityo umugisha ukagera mu Itorero, igihugu ndetse namwe ubwanyu ni uburenganzira bwanyu ! Icyo mutazabasha gukora cyo ni ukubuza INGARUKA ZO KUTIHANA KUBAHO !!! Yesu adutabare !!
Musubize12.10.2012 saa 05:36
NZABANDORA
Burya umuntu akora icyo ashoboye, Imana ntitugirira neza ishingiye kuburyo twatunganije ibintu cyangwa twagaragaje ubuhanga muribyo ahubwo ishingira kumbabazi zayo zitagira urugero. Nshimiye M7 na Uganda muri rusange kubera uburyo butaziguye bagaragaje mugucira bugufi Imana. Icyo twakora nukubigiraho tukirinda gutungana urutoki ahubwo tugashyira hamwe tugashaka ibyo Imana yishimira. Nzi neza ko Imana itazabura kunva gusenga kwabo kuko ifite amatwi yunva. Abanyarwanda natwe dukwiye kurushaho kumenya ko Imana ariyo ishobora byose ninayo mpanvu abotwiringira badukoza isoni ni kuberako ari abantu.Imana ifashe M7, umuryango we nigihugu cye muri rusange, kandi natwe abanyarwanda ndetse nabanyafurika twese itugirire neza. Idukize bazungu babi ninyamaswa bantu zabanyafurika bihaye kuba bagashaka buhake muriki kinyejana.
16.10.2012 saa 07:34
INEZAYE
yo burya uyu mugabo agira guca bugufi gutya akagaragaza ko yemera, Imana imugirire neza pe.
Musubize12.10.2012 saa 03:28
tpatrick864@gmail.com
yo burya uyu mugabo agira guca bugufi gutya akagaragaza ko yemera, Imana imugirire neza pe.
Musubize12.10.2012 saa 03:28
tpatrick864@gmail.com
Imana idufashe isi yose ishyire Imana imbere ibyananiye abantu Imana izabikora
Musubize11.10.2012 saa 15:44
Patrick
Imana yuvmve amasengesho yanyu HE Yoweri Kaguta Museveni kandi ibabarire ibyaha byose byakorewe mugihu cyawe ndetse nibyakorewe hanze yacyo ariko wowe ubwawe cg ugukomokaho cg umuturage wa Uganda abigizemo uruhare,kandi yeze igihugu cya Uganda ndetse igitwikirize amaraso yayo.Imana ihe umugisha Uganda yoseeee kandi imurikire M7 ibihe byose Amen !
Musubize11.10.2012 saa 07:39
uwanyu Janvier
Yooo Imana izabibafashemo rwose natwe turabasabira nkabanya Rwanda.imana ikomeze ibateze imbere kdi ibarinde mwese.
Musubize11.10.2012 saa 04:40
gatete JB
Yooo Imana izabibafashemo rwose natwe turabasabira nkabanya Rwanda.imana ikomeze ibateze imbere kdi ibarinde mwese.
Musubize11.10.2012 saa 04:40
gatete JB

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!