New York : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe mushya wa Ethiopia


Yanditswe kuya 28-09-2012 - Saa 23:45' na IGIHE

Minisitiri w’Intebe mushya wa Ethiopia Hailemariam Desalegn i New York kuri uyu wa Gatanu yagiranye ibiganiro na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, ibiganiro byabo bikaba byibanze ku gushimangira umubano urangwa hagati w’ibihugu byombi.

Nk’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo yabitangarije abanyamakuru, uyu mubonano wari ugamije kwibukiranya ubutwererane n’ubucuti burangwa hagati y’igihugu cya Ethiopia n’u Rwanda, ndetse no mu mikoranire y’ibihugu byombi, nko ku bibazo bireba umugabane w’Afurika.

Mushikiwabo yagize ati ”Ethiopia ni igihugu cy’inshuti cyane cy’u Rwanda, ni igihugu dukorana muri byinshi ari ku rwego rw’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe ari no mu mibanire y’ibuhugu byacu byombi. Nk’umuyobozi mushya rero yifuje ko Perezida yamwakira bakaganira, ubwo haba harimo gukomeza kugaragaza ko umubano w’ibihugu mwiza ukomeza gutera imbere no kugira ngo mu mikoranire y’ibuhugu byacu byombi ari mu kazi katuzanye hano muri izi nama za buri mwaka zo muri Loni, ari ndetse n’imikoranire y’ibihugu byacu byombi ku bibazo bireba umugabane wa Afurika kuko ibihugu bikomeza gukorana.”

Amakuru dukesha ORINFOR, avuga ko u Rwanda na Ethiopia bifitanye ibikorwa by’ubufatanye nko muri sosiyete z’indege, amahugurwa mu rwego rwa gisirikare n’ibindi. Iyi nama hagati ya Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia ishimangira ko ibi bikorwa byakomeza, bigamije guteza imbere ubutwererane hagati y’u Rwanda na Ethiopia nk’uko Minisitri Mushikiwabo yabivuze.

Perezida Kagame na Minisitiri w''Intebe wa Ethiopia

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Hailemariam Desalegn ni we wasimbuye nyakwigendera Meles Zenawi witabye Imana mu kwezi kwa Kanama azize uburwayi. Kimwe na Perezida Kagame, Hailemariam na we yari i New York yitabiriye inama zitandukanye z’Umuranyo w’Abibumbye.

IBITEKEREZO
The resistant people of Afghanistan message to the racist west Europeans colonialists calling themselves American is, you must learn to feed yourself without enslaving people, colonizing people and invading people, your criminal behavior to enrich yourself on the back of others will not be tolerated in Afghanistan, and your claim that you are civilized because you do crime to progress is evidence of your sick mental state of mind.
Musubize30.09.2012 saa 02:32
Justice 4 Africa

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!