Umwana w’umukobwa w’imyaka 11 witwa Misrah, arashinjwa kuba yaraciye urupapuro rw’igitabo gitagatifu Coran akarutwika. Amategeko y’igihugu cya Pakisitani akaba ahanisha igihano cy’urupfu umuntu wese wangije igitabo Gitagatifu Coran.
Mu Gihugu cya Pakisitani mu gace kitwa Mehrabadin, ni ho hatuye ababyeyi ba Masrah, se umubyara akora akazi ko gukubura mu muhanda kimwe n’abandi babyeyi benshi b’abakirisito bo muri ako gace.
Umubyeyi wa Masrah, ngo yari abanye neza n’abaturanyi be nk’uko bitangazwa n’uwari umucumbikiye mu nzu witwa Malik Amjad ukomoka mu idini ya Islam.
Mu minsi 4 ishize ni bwo ubuzima bwahindutse muri ako gace gakennye ka Islamabad, ubwo Abayisilamu bo muri ako gace bateraga umuryango wa Masih se wa Masrah babashinja ko umukobwa wabo yaciye urupapuro rwa Coran. Ibyo uyu mwana yakoze bikaba byaragize ingaruka mbi no ku yindi miryango y’abakirisito batuye muri ako gace.
Byose ngo byatangiye ku wa Kane w’icyumweru gishize, ubwo uyu mwana w’umukobwa yari arimo gukina n’abandi bana hafi y’umusigiti wo mu gace batuyemo, hanyuma ngo abana bakinaga babona ataye impapuro hasi zitwitse ; umwe mu bana bakinaga witwa Hammad agiye kureba asangamo Paje ya Coran na yo yahiye.
Mu gihugu cya Pakisitani bahanisha igihano cy’urupfu umuntu wese wubahuka igitabo gitagatifu cya Coran.
Perezida wa Pakisitani Asif Ali Zardari, akaba yasabye Minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu kubanza gukora iperereza ryimbitse, ngo kuko amategeko agomba kubahirizwa.
Sohail Johnson, uhagarariye umuryango wita ku burenganzira bwa muntu mu Gihugu cya Pakisitani, akaba yatangarije le Figalo dukesha iyi nkuru ko mu gihugu cya Pakisitani, ibikorwa byo guhohotera Abakirisito bikomeza kwiyongera ngo hakaba hashize imyaka igera kuri 5, Leta itagira icyo ibikoraho.
Uwahoze ari Minisitiri w’umukirisito witwaga Shahbaz Bhatti, yishwe n’Abataribani mu kwezi kwa Werurwe 2011, mu Gushyingo 2010 umugore witwa Asia Bibi, we yishwe azira ibirego by’ibihuha yarezwe n’abagore bo mu idini ya Islamu muri icyo gihugu, akaba yarasize abana 5.
Ibi ngo bikaba bigaragaza ko Abakirisito bakomeje gukorerwa ihohoterwa muri kiriya gihugu.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
U Bufaransa : Umugabo yiyiciye abana be babiri
19.05.2013 |
|
U Bufaransa : Perezida Hollande yemeje itegeko ryemerera abatinganyi gushyingiranwa
18.05.2013 |
|
Gatabazi asanga gushyira hamwe kw’Abanyarwanda ari cyo kizarushaho kubateza imbere
18.05.2013 |
|
“Rwanda Day ituma buri wese yumva ko akwiye guhoza u Rwanda ku mutima”
17.05.2013 |
|
Perezida Obama azasura Senegal na Afurika y’Epfo
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |