Pakistan : Igitero cy’abiyahuzi cyahitanye Abanyamerika 3 naho abandi 2 barakomereka


Yanditswe kuya 4-09-2012 - Saa 01:05' na Tuyishimire Constantin

Icyo gitero cyabereye ahitwa Peshawar mu Burengerazuba bw’Amajyaruguru y’igihugu cya Pakistan.

Nkuko television 4×4, yabyerekanye, kuva Abanyamerika bagera muri iki gihugu cya Pakistan, ngo baribasiwe, cyane cyane abaherereye mu Mujyi wa Peshawar uhurereye hafi y’igihugu cya Afghanistan.

Ambasaderi Toria Nuland, Umuvugizi Mukuru wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Pakistan, yatangaje ko Abanyamerika ndetse n’Abanyapakistani bakomeretse bahise bajyanwa ku bitaro, aho ngo kugeza ubu barimo gukurikiranwa n’abaganga.

Nkuko imbuga za internet zirimo telegraph.co.uk zikomeza zibitangaza, iki gitero kibasiye imodoko yo mu bwoko bwa Suzuki, igihe yari ihagaze mu Mujyi wa Peshawar, umujyi ukunze kubonekamo Abanyamerika cyane baje kubungabunga umutekano, ndetse no kugarura ituze mu gihugu cya Pakistan, dore ko Pakistan ikunze kurangwamo umutekano muke kuko hakunze kugaragara ibikorwa nk’ibi by’ubwiyahuzi.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Pakistan yamaganiye kure, ubwicanyi bukomeje gukorerwa Abanyamerika bari muri icyo gihugu. Iki gikorwa cya kinyamaswa kibaye mu gihe umwaka ushize, imodoka z’Abanyamerika zibasiwe n’AbatalibanI bo muri Afghanistan bakunze guhungabanya umutekano muri Pakistan, aho imodoka 2 z’Abanyamerika zatwitswe izindi zigaterwaho ibibombe bitari bike.

IBITEKEREZO
Abdu, ndakumenyesha ko ndi mu nzego z'ubutasi za amrica. Rekeraho kuko urucira mukaso tugatuala nyoko. So ndakureba neza cyane. Rekeraho cyangwa niba urwaye uvuzwe. Kwica ikiremwamuntu si ikifudzo warukuiye kugila. 30 ??? Wifuza ko hapha nibula 30 ???? Abameze nkawe mwese ntacyo muzageraho kandi ndakuburiye kuko uri mwenewacu. Amaholo. Cunga.
Musubize4.09.2012 saa 05:54
Rwanda
Ngo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Pakistan yamaganiye kure, ubwicanyi bukomeje gukorerwa Abanyamerika bari muri icyo gihugu. Ibaze kweli, kandi wasanga atajya yamagana bya bitero bya USA byiha inkumbi kubutaka bwa Pakistan. Puppets must die with their masters.
Musubize4.09.2012 saa 02:16
Islamist
Abitwaza iterabwoba ntibasiba kwiha inkumbi bakoresheje za ndege zabo zitagira pilote(Pakistan, yemen, Somaliya.....). Kubarwanya ni inshingano za buri musilamu wese uko ashoboye. Ubonye iyo hapfa nka 30 nibura. Muslims must wake up !
Musubize4.09.2012 saa 01:12
Abdullah
Abdu, ndakumenyesha ko ndi mu nzego z'ubutasi za amrica. Rekeraho kuko urucira mukaso tugatuala nyoko. So ndakureba neza cyane. Rekeraho cyangwa niba urwaye uvuzwe. Kwica ikiremwamuntu si ikifudzo warukuiye kugila. 30 ??? Wifuza ko hapha nibula 30 ???? Abameze nkawe mwese ntacyo muzageraho kandi ndakuburiye kuko uri mwenewacu. Amaholo. Cunga.
4.09.2012 saa 05:51
karumeemmanuelmugabo@yahoo.com

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!