Abantu 13 bahitanywe n’igitero cy’indege itagira umupilote mu Majyaruguru ya Pakistani ubwo bari mu minsi mikuru y’Abayisilamu ya Eid el fitr yo gusoza igifungo cya Ramadhan kuri iki Cyumweru tariki ya 19 Kanama 2012.
Icyo gitero cyaturutse ku mupaka wa Pakistani n’Afghanistan mu mirwano yarimo indege 3 z’intambara.
Ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters dukesha iyi nkuru, bivuga ko ibitero byabaye mu gihe Pakistani yari irimbanije mu mihango yo kwizihiza isozwa ry’igisibo cya Ramadhan.
Ibitero nk’ibi nibyo bituma Pakistani ikomeza kuvuga ko hari abayivogerera ubusugire bwayo.
Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika nicyo gikunze gukoresha indege z’ubu bwoko mu ntambara yo kurwanya ibyihebe by’aba Taliban bo muri Afghanistan.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
U Bufaransa : Perezida Hollande yemeje itegeko ryemerera abatinganyi gushyingiranwa
18.05.2013 |
|
Gatabazi asanga gushyira hamwe kw’Abanyarwanda ari cyo kizarushaho kubateza imbere
18.05.2013 |
|
“Rwanda Day ituma buri wese yumva ko akwiye guhoza u Rwanda ku mutima”
17.05.2013 |
|
Perezida Obama azasura Senegal na Afurika y’Epfo
17.05.2013 |
|
U Bufaransa bwemeje ko ubukungu bwabwo bwifashe nabi
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |