UBufaransa bwatangaje ko kuri uyu wa Gatanu buzafuga by’agateganyo Ambasade n’amashuri mu bihugu 20 kubera inkuru ishushanyije yatangajwe n’igitangazamakuru Charlie Hebdo, cyashushanyije Intumwa Mohammad.
Inkuru dukesha BBC ivuga ko izo nyandiko zisekeje zerekana umuhanuzi Mohammad, ngo zishobora guteza ibibazo bidasanzwe nyuma y’amasengesho yo kuwa Gatanu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mu u Bufaransa, Laurent Fabius, yavuze ko atewe impungenge n’amashuso 20 yasohotse mu kinyamakuru Charlie Hebdo.
Icyo kinyamakuru cyanditse inkuru zisekeje ku myigaragambyo yo kwamagana Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yari yatejwe na filimi yakorewe muri icyo gihugu isiga isura mbi Intumwa Mohammad.
Ibiro by’icyo kinyamakuru byatwitswe mu kwezi kwa cumi na kumwe mu mwaka ushize, ubwo cyasohoraga ibishushanyo nk’ibyo.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
U Bufaransa : Perezida Hollande yemeje itegeko ryemerera abatinganyi gushyingiranwa
18.05.2013 |
|
Gatabazi asanga gushyira hamwe kw’Abanyarwanda ari cyo kizarushaho kubateza imbere
18.05.2013 |
|
“Rwanda Day ituma buri wese yumva ko akwiye guhoza u Rwanda ku mutima”
17.05.2013 |
|
Perezida Obama azasura Senegal na Afurika y’Epfo
17.05.2013 |
|
U Bufaransa bwemeje ko ubukungu bwabwo bwifashe nabi
17.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |