Uganda : Perezida Museveni yirukanye abakuru b’ingabo zirwanira mu kirere babiri


Yanditswe kuya 8-10-2012 - Saa 04:56' na Habimana James

Nyuma y’impanuka y’indege iheruka kuba igahitana abasirikare barindwi bo mungabo za Uganda zirwanira mu kirere, ku itariki ya 7 Ukwakira 2012, Perezida Kaguta Museveni yirukanye abakuru b’ingabo babiri nyuma y’ukwezi hakorwa iperereza.

Lt.Gen.Jim Owoyesigire wari umugaba w’ingabo zirwanira mu kirere na Brig. Moses Rwakitarate, wakoraga mu biro bikuru by’ingabo, birukanywe nyuma y’iperereza ryatangijwe na Gen.Salim Saleh mu kureba icyaba cyarateye impanuka yabereye ku musozi wa Kenya, aho ingabo zayiguyemo zerekezaga mu gihugu cya Somaliya kubungabunga amahoro.

Mu itangazo Perezida Museveni, umukuru w’ikirenga w’ingabo za Uganda yohereje mu bigo bitandukanye bya gisirikare, rikaba rivuga ko aba basirikare bombi bavanywe mu gisirikare cya Uganda, ariko kugeza ubu impamvu nyayo ntiramenyekana.

Hagati aho Lt.Gen.Owoyesigire yahise asimburwa na Brig.Sam.Turyagyenda naho Brig.Rwakitarate asimburwa na Lt.Col.Charles Lutaya wahise anahabwa ipeti rya Colonel.

Umuvugizi w’ingabo za Uganda Col.Felix Kulayigye, yatangarije ikinyamakuru The Monitor dukesha iyi nkuru, ko kwirukanwa kw’aba basirikari, biri mubyo ubuyobozi bw’ingabo za Uganda bwemereye abaturage gukurikirana icyateye impanuka y’izo ndege, n’ubwo kugeza ubu icyabiteye nyakuri kitarashyirwa ahagaragara.

Col.Felix Kulayigye yakomeje agira ati “njye rwose sindamenya neza icyateye kwirukanwa kwa Brig.Rwakitarate kuko sindabona raporo neza, ariko mfite ikizere ko mu mwanya uri imbere igihugu kiri buze kumenya niba iyi mpanuka yaratewe n’ibibazo byo mu buyobozi bw’ingabo cyangwa ari ikibazo cy’abatwaraga iyi ndege.”

Muri Kanama uyu mwaka nibwo indege z’igisirikare cya Uganda zakoze impanuka mu gihe zerekezaga muri Somaliya, bituma Perezida Museveni abaza abagaba b’ingabo impamvu bemereye indege kunyura mu misozi mu zidafite ubushobozi bwo guca mu butumburuke bw’umusozi wa Kenya.

IBITEKEREZO
Yewe ibya Museveni na Uganda ni urwenya. we ni perezida, umugore we minister, murumuna we minister, ngo ni nawe wakoze raporo, umuhungu commander wa special force !!!! Abanyayuganda, bakeneye kongera kwibohoza aka kazu ka bahima.
Musubize8.10.2012 saa 15:46
Kamuzinzi
Ubwo nawe urabizanye ! Akazu ni ijambo ribi rikurura imyiryane. Bitavuze ko kadahari : kuko kugira umugore wawe minister,barumuna bawe n'abana bawe akaba aribo bayobora igisirikare, burya uba witeganyirije. Ariko kugera ryari ? Ni ibi byica Afrika nta n'ikindi : nepotism/icyenewabo/kwigwizaho imitungo....!
10.10.2012 saa 04:57
citoyen
Emmy, ubundi buriya hazategerezwa icyemezo cy'inkiko za gisirikare bahite babambura amapeti, mu rurimi rwacu rwa gisirikare tubyita kunyowa ! Buriya nibabanyowa bizaba birangiye
Musubize8.10.2012 saa 08:40
Katonda
ibi nibyo bita MBINU ZA KIJESHI.. kama unafanya makosa wewe unaondoshwa inje ya jeshi la taifa ya Uganda.
9.10.2012 saa 15:55
sebo
M7 se we ko atarareka ngo inteko imwirukane, we yaba ari shyashya ??
Musubize8.10.2012 saa 08:34
kabwana
RWABUTOGO TWATARAMYE, BABIRUKANA NK'INDAYA ?????????????
Musubize8.10.2012 saa 08:06
NIYONKURU Emmanuel
Ko numva birukanywe nk'ababoyi bite.Ni ukwirukanwa cg ni uguhagarikwa ku mirimo ?
Musubize8.10.2012 saa 08:03
Mico sam
Ibi perezida Museveni yakoze iyo bijya kuba byakozwe mu Rwanda (simbyifuza) nadahamya ko aba bagabo barikurara bahunze barangiza bati haribyo tutumvikanye na perezida !!!!!!!!Mwumve ko abaturage ba uganda harigihe cyabo baribute ngo baranenga icyo gikorwa, ariko iyo bikorwa mu rwanda ubu biba byacitse ngo n'ikandamiza.
Musubize8.10.2012 saa 07:52
gahigi
umusilikare ahora ariwe, ni nk'uko wakwambura umuntu diplome, agumana ubumenyi, ibi twabyita gusa kubigizayo naho kubirukana byo nta mwete, ubwo se ababazi nk'abasirikare bazabita aba civilians ?! Africa nitwe tuyiyangiririza kubera gukunda ubutegetsi ! Uraje urebe ukuntu amakimbirane agiye kuvuka kubera ibyemeze byo kwigizanyayo.
11.10.2012 saa 01:24
ruburika
wowe uri siviliyani sha ;
Musubize8.10.2012 saa 07:42
geshi
Ese harya iyo bakwirukanye inyenyeri n'izina bihita bita agaciro cg bagumya kukwita Gneral. Mumbwire,. Ndiyo Afandi !
Musubize8.10.2012 saa 07:28
Emmy
uyu musaza ni serieux kabisa nibabisobanure ndagushimye cyane
Musubize8.10.2012 saa 06:39
umucyo
Ubu nawe ali mumarembera !!! yatangiye kugira ubwoba kandi atabugiraga , iperereza ryakozwe na <salim saleh !!!! banange !! aba bagabo mu 7 yabatinyaga kubi !!! Salim saleh buliya ngo azi ko ali kwirwanaho kandi ntazi ko atangiye kwicukulira imva !!!
Musubize8.10.2012 saa 06:03
Kabaragara

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!