Umuhinzi muto akwiye kwitabwaho kugira ngo isi yihaze mu biribwa-Perezida Kagame PRINT VISITS : 24165 COMMENTS: 11 

Umuhinzi muto akwiye kwitabwaho kugira ngo isi yihaze mu biribwa-Perezida Kagame


Yanditswe kuya 22-02-2012 - Saa 19:02' na Ruzindana RUGASA

Perezida wa Repubulika Paul Kagame asanga kugira ngo isi ibashe kwihaza mu biribwa kandi hatangijwe ibidukikije hakenewe ubufasha no kwita ku muhinzi muto.

Ubu butumwa umukuru w’igihugu yabutanze kuri uyu wa gatatu mu nama ya 35 y’ikigega mpuzamahanga cyita k’ubuhinzi (IFAD) yabereye i Roma mu Butaliyani.

Perezida Kagame wari umushyitsi mukuru muri iyi nama ifite insanganyamtsiko igira iti : "Ubuhinzi buciriritse bukorwe mu buryo burambye bugaburire isi kandi bunarengera ibidukikije" ; yagaragaje ko hakenewe uburyo bwo gufasha abahinzi baciriritse bo mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere.

Yagize ati : "Kugira ngo tuzagere kuri izi ntego zifitanye isano arizo : guhaza isi mu biribwa no kurengera ibidukikije, bidusaba gukora ibyo tuziko bitanga umusaruro. Turasabwa gushyigikira no gushora imari mu buhinzi buciritse. Ibyo bizongera umusaruro w’ubuhinzi, bizagira uruhare mu kwihaza mu biribwa no kurwanya ubukene, ari nako ibidukikje bibungwabungwa. Mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere ubuhinzi buciriritse nibwo bubeshejeho abaturage benshi. Ibyo byerekana ko buri muhinzi afite akamaro ndetse nta ugomba gusuzugurwa ngo ni uko ari muto."

Perezida Kagame kandi yerekanye ko abahinzi bato bari mu bafashije u Rwanda kugera ku rwego rwo kwihaza mu biribwa.

Aha avuga ko mu myaka itanu ishize ubuhinzi bw’u Rwanda bwazamutse ku kigereranyo rusange cy’umunani ku ijana, ku buryo byanatumye Abanyarwanda bagera kuri miliyoni bava mu cyiciro cy’abakene.

Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko hari gahunda u Rwanda rwashyizeho zirimo zifasha abaturage mu kuzamura umusaruro w’ubuhinzi zirimo : gahunda ya girinka, guhuza ubutaka ndetse n’ibirebana n’imbaturabukungu. Aha yashimangiye ko guteza imbere ubuhinzi mu Rwanda bijyana no kurengera ibidukikije.

Yagize ati : "Twabonye ko umusaruro w’ubuhinzi ushobora kurushaho kuba mwinshi iyo gahunda zo kurengera ibidukikije zinjijwe muri gahunda z’ibikorwa by’ubuhinzi, niyo mpamvu turimo dushyira ingufu mu bikorwa byo guca amaterasi ku misozi mu rwego rwo kugabanya isuri no gufata ubutaka bwera, turimo kandi gusubiranya amashyamaba yari yarangiritse kandi tunatunganya neza ibishanga kugira ngo bikoreshwe mu buhinzi kandi binabungwabungwe."

Ku rundi ruhande ariko Perezida Kagame yagaragaje ko hari ibigikenewe gukorwa birimo kongera imbaraga mu bushakashatsi hagamijwe kugera ku rwego rwo kongera umusaruro mu bwinshi n’ubwiza kadi ubonetse ukongerwa agaciro. Asanga kandi abahinzi baciriritse bagomba koroherezwa kubona imali kugira ngo barusheho kuzamura ibikorwa byabo bifite uruhare runini ku isi.

Ishami rya loni ryita k’ubuhinzi (FAO) rivuga ko abahinzi bato aribo bafite 77% by’amasambu miliyoni 525 ariho ku isi yose.

Perezida Kagame mu nama ya IFAD
Perezida Kagame yahuye na Minisitiri w'Intebe Mario Monti
Umukuru w'Igihugu ari kumwe na Perezida wa IFAD, Kanayo F Nwanze
Perezida Kagame mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru i Roma
Abanyamakuru bari muri icyo kiganiro
Perezida Kagame asinya mu gitabo cy'abashyitsi basuye IFAD
Umukuru w'Igihugu ahabwa impano na Perezida wa IFAD

Kanda HANO urebe ijambo rirambuye Perezida Kagame yahavugiye.

Foto : Urugwiro Village

IBITEKEREZO
Ariko kuki IGIHE itugezaho inkuru ntizikurikirane ngo duhore tumeny aibigezweho bitureba tukabyumva mumaradiyo yo hanze.Dore nk'ubu urubanza rwa Nyamwasa rurakomeje muri Afirka yepfo..mwatuvunguriyeho ariko murangije murekera aho kandi abatangabuhamya barimo kwiyongera...ni ukubera se ko ibyo bavuga bishya mutabishyigikiye ? Mwibogama ngo mukabye mujye muha amakuru abanyarwanda niba koko mukora itangazamakuru ryisanzuye...
24.02.2012 saa 00:44
Muhire J
Ntugasaze pe !
23.02.2012 saa 17:34
Agnes
Twese turakwemera Mzhe wacu !!!!!!!!!!!!!! tukababazwa n'uko habuze abandi nkawe byibuze babiri (02).
23.02.2012 saa 08:06
RWAZA
nange nemera uwo musaza kabisa.
23.02.2012 saa 06:12
Rodgers
oyeeeeeeeeeeeeeee presida wacu dukunda. mwijambo ryawe uba uvugiye igihugu uyoboye, kuko abahinzi bato baba murwanda komeze utuvugire nibashore ba bilget nibashore cash zabo mubuhinzi bwo murwanda.
23.02.2012 saa 05:49
agie
Nagize Imana nari mpari. H.E. aduhesha Ishema n'Agaciro mu isi yose. Proud to be rwandan. Ukunda
23.02.2012 saa 04:08
Gemma
No comment, It's amazing and also success for Rwandans people as case study to lead like an example.
23.02.2012 saa 03:47
Jacques
Umusaza wacu,Komeza imihigo wihaye yo kuzamura no kumenyekanisha u Rwanda muruhando rwamahanga !!!!! turagushyigikiye !
23.02.2012 saa 00:27
Kadogo
Twashimishijwe cyane n'ikiganiro NYAKUBAHWA umukuru w'igihugu cyacu yagejeje kubari bamukurikiye i roma, muzehe wacu komereza aho Imana iguhe umugisha !
22.02.2012 saa 23:41
MUREMA
Ibi n'ibigaragaza ubudahangarwa , ububasha n'ubushobozi bwa H.E p.Kagame umuyobozi dukunda utwizira,wahawe u Rwanda na Nyagasani gusa ! keep it on my President
22.02.2012 saa 18:45
makuza
ndamwemera umusaza !!
22.02.2012 saa 15:59
jyewe

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!