Mu bibazo n’ibitekerezo yagejejweho n’abaturage bo Ntara y’Uburasirazuba ayobora, Guverineri Uwamariya Odette yatangarije IGIHE.com ko 1.2% by’abatuye iyi ntara aribo bonyine bagaragaraho ikibazo cy’imirire mibi.
Guverineri Uwamariya Odette yatangaje ibi, nyuma y’ikibazo yari abajijwe n’umusomyi wa IGIHE.com witwa Kamugundu Richard wagize ati :
Kamugundu Richard : Mu rwego rwo kurwanya imirire mibi no kubungabunga ibidukikije mbona umwaka utaha twatera imbuto ziribwa gusa, tukazitera ku misozi idahinzwe ndetse tugakora na Park y’imbuto ziribwa gusa. Ubworozi bw’amafi nabwo bwafasha ku rwanya imirire mibi kuko amafi nayo yororerwa mu rugo (ababyize baziyambazwe muri iki gikorwa) kuko tubona mu Bihugu byo hanze abantu bafite amafi mu ngo.
Imirire mibi ntago iri mu bakene gusa kuko hari n’abakire nabo barya ibinyamavuta n’ibinyamasukari byinshi bakagira umubyibuho ukabije ushobora kubatera indwara z’umutima, impyiko, umwijima n’ibindi. Hakeneye amahugurwa kuri iki kibazo kuko no mu bayozi ntibabisobanukiwe.
Guverineri Uwamariya : Ku kibazo cy’imirire mibi, nibyo koko byagaragaye ko gihari. Ndagirango mbamenyeshe ko abantu 30.000 kuri 2.500.000 (1.2%) batuye mu Ntara y’Uburasirazuba aribo byagaragaye ko bafite ikibazo cy’imirire mibi.
Ubuyobozi bw’Intara n’Uturere bwamaze gufata ingamba zo kurwanya imirire mibi kandi twarasabye buri wese kubigiramo uruhare. Ubu Uturere twose twateganyije ingamba zitandukanye ariko imwe murizo ni ukumenyekanisha ko hari ikibazo cy’imirire mibi.
Ibi byagiye biganirwaho mu nama zitandukanye cyane cyane mu kwezi kwahariwe imiyoborere myiza, ubundi buryo ni uko mu nama nyinshi aho twateraniye tugomba gusaba abaturage bacu guharanira kurya neza ; kuva kuwa 28/01/2012 iyo gahunda twayitangije ku mugaragaro ku rwego rw’Igihugu no mu ntara by’umwihariko yacu by’umwihariko.
Ku rwego rw’Igihugu hatangijwe ku mugaragaro gahunda y’umwaka umwe yo kurwanya imirire mibi muri rusange no ku bana bafite munsi y’imyaka itanu by’umwihariko. Imirire myiza y’abaturage ni inkingi y’ubuzima bwiza, iterambere ry’umuryango n’iry’igihugu, rero tuzakomeza kugeza aho imirire mibi itakivugwa.
Ni muri urwo hateguwe gahunda y’umwaka umwe ku kurwanya imirire mibi ikubiyemo ibikorwa bitandukanye bikurikira :
Kugira akarima k’igikoni mu rugo
Kugira umuco wo kunywa amata kandi atetse
Korora amatungo magufi by’umwihariko inkoko
Kwitabira gupimisha abana no gukurikirana inyigisho zo kugenzura no gutezimbere imikurire y’umwana wese ufite munsi y’imyaka 5.
No gukangurira babyeyi ko bagomba gupimisha abana buri gihe bagiye ku kigo nderabuzima kugirango bamenye ibipimo by’abana babo ndeste n’ibisobanuro byabyo
Ku bantu babyibuha, nabo ni ukubashishikariza kurya ibyokurya bidafite amavuta menshi kandi bagasabwa no gukora Siporo kuko byagaragaye ko bifasha mu kugabanya umubyibuho.
Kabanda Saleh : Muzambarize Gouvernor ingamba afite zo kuringaniza imbyaro, kuko abaturage bakomeje kubyara abana badabashije kurera, bigatuma ubukene buhoraho mu miryango.
Ni izihe ngamba afite zo guhugura abakangurambaga ku bijyanye no kuboneza imbyaro no gutanga ibikoresho byo kuringaniza imbyaro mu mafarumasi yose kandi ku buntu ?
Ni izihe ngamba ateganya zo guhugura abayozi bo mu turere, imirenge, utugari n’imidugudu ku bijyanye no kuringaniza imbyaro, kurwanya SIDA, Kanseri, Diyabete, n’indwara zo mu mutwe, kuko nabo badasobanukiwe ? Ese kubwe akurikije ubushobozi bw’abaturage ayobora yabagira inama yo kubyara bangahe ? Njye mbona abakwiye ari babiri ku muryango. Murakoze.
Guverineri Uwamariya : Nibyo koko ntabwo twishimira ko abaturage bacu babyara abo badashoboye kurera kuko ibi biduheza mu bukene nk’uko Kabanda abivuga. Gusa ingamba zo zirahari kandi zirakoreshwa ku bijyanye n’ubukangurambaga ku iringaniza ry’ibyaro hashizweho ingamba zitandukanye (vasectomy, gukoresha agakingirizon’ibindi), kandi n’abajyanama b’ubuzima babihuguwemo bityo bakaba babyigisha abaturage.
Icyagorana ni ugutanga ibyo bikoresha byabugenewe ku buntu ariko byizweho bishobora gutangwa ku giciro gito. Ibyo byakorerwa ubuvugizi kimwe n’uko hari aho Leta iba ikorana n’imishinga abaturage bakabona ibyo bikoresho ku mafaranga make.
Ku kindi kibazo cy’uwabajije agira ati : “Muzatubarize icyo Intara iteganya mu gukemura ikibazo cy’abafite ubumuga kuko ngo aribo bantu ubona babayeho nabi cyane mu bijyanye n’iterambere, Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba yamusubije muri aya magambo.
Guverineri Uwamariya : Hategurwa ibikorwa byihariye ku babana n’ubumuga cyane cyane ko kuri buri Karere hagiye hashyirwaho abakozi bashinzwe gukurikirana ibikorwa by’abamugaye ndetse ababana n’ubumuga bahagarariwe mu buyobozi bufata ibyemezo (Inama Njyanama, Inama y’Igihugu y’ababana n’ubumuga). Hakozwe kandi gahunda y’ibikorwa y’imyaka 5 kuri buri Karere.
Gusa icyo ubuyobozi bwibanzeho n’ugushishikariza ababyeyi gushyira abana babo bafite ubumuga mu mashuri.
Hagiye hashyigikirwa ndetse hashyirwaho ibigo by’amashuri bifasha abana babana n’ubumuga (Gatagara– Rwamagana, Gahini – Kayonza) mu rwego rwo kubafasha kwiga kubufatanye n’abaterankunga ndetse na Leta.
Gusa ibigo nk’ibyo birahenze ntabwo ubushobozi bwabonekera rimwe. Ku bijyanye no mu ubuzima busanzwe butari ubw’ishuri abamugaye bagiye bashishikarizwa kwihangira imirimo bashoboye gukora ndetse n’imishinga ibyara inyungu.
Tubabwire ko ibi ari ibibazo bicye byari byabajijwe bitibanda ku karere runaka, ariko ibyo mwabajije byerekeranye n’akarere nabyo tuzabibagezaho.
Hejuru ku ifoto : Ibiro by’Intara y’Uburasirazuba
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Abirahiraga Imana y’i Kabgayi nta cyiza bahabonye muri Jenoside
18.05.2012 |
|
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge yateguye Inama mpuzamahanga y’Amahoro
18.05.2012 |
|
Polisi yafashe abagabo 4 bavidurira imisarani muri Nyabugogo
18.05.2012 |
|
Bahangayikishijwe n’iyimurwa ry’abagororwa muri gereza ya Gikongoro
18.05.2012 |
|
Mpanga : Umuyobozi wa gereza yatawe muri yombi akekwaho kwiguriza umutungo wa leta
18.05.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |