Ihuriro ry’ababana n’ubwandu bwa SIDA mu Karere ka Nyarugenge babonye abayobozi bashya bagomba kuyobora iri huriro mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere.
Amatora y’abagomba guhagararira ababana n’ubwandu mu Karere ka Nyarugenge yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2012, ku mwanya w’umuyobozi mu rwego rw’Akarere hatowe Kagoyire Beatrice, Visi Perezida aba Muneza Sylivie, mugihe Umunyamabanga yabaye Uzabakiriho Cyprien.
Uretse aba batowe kandi hanatowe umubitsi, abajyanama batatu, abagenzuzi batatu, ndetse na batatu bagize akanama nkemurampaka. Aba nabo hamwe n’abazaturuka mu tundi turere tw’igihugu bazitoramo ababahagararira ku rwego rw’Igihugu.
Nyuma yo gutorwa Kagoyire Beatrice watorewe kuba perezida yavuzeko, bagiye gukomeza ubuvugizi mu nzego zitandukanye, zirimo no gufasha ababana n’ubwandu kugirango babashe kumenya uburenganzira bwabo ndetse no kwigirira icyizere.
Uyu muyobozi kandi yakanguriye abanduye batari babasha kwisungana n’abandi, ko bagana amashyirahamwe hanyuma bakabasha gukangurirwa uburyo bakwitwara birinda gukwirakwiza ubwandu, ndetse no kwiremamo ikizere kugirango babashe kugendera kuri gahunda kuko benshi muri abo badafata imiti neza bakazayifata bararembye.
Kugeza ubu muri Nyarugenge hari abari mu mashyirahamwe babana n’ubwandu basaga 1,333, ariko uyu mubare ugenda wiyongera.
Uwimbabazi Zamida umukozi w’urugaga ku rwego rw’Igihugu ushinzwe kurwanya ihohoterwa akaba anashinzwe ubukangurambaga bw’urungano, wari intumwa muri aya matora, yavuzeko amatora abaye nyuma y’aho komite yari imaze imyaka itanu isoje igihe cyayo, ndetse akaba avugako aba batowe bafite akazi ko kusa ikivi abandi bari baratangiye.
Uru rugaga rumaze kugera kuri byinshi bijyanye n’ubuvugizi bw’abanyamuryango, kuburyo ndetse bamaze kwiteza imbere harimo uburyo bwo gufata imiti igabanya ubukana kandi ku gihe, Leta y’u Rwanda ndetse n’abagiraneza bakaba bagira uruhare rukomeye kugirango iyo miti babashe kuyibona kubuntu nk’uko bamwe mu banyamuryango babitangarije IGIHE.com.
Nk’uko Uwimbabazi abivuga kandi gukomeza kugana kwa muganga no gushishikariza abadafata imiti kuyibona, ni bimwe mu byagezweho ariko mu minsi iri imbere uru rugaga rurateganya kuzakomeza gukora ubuvugizi.
Nyiranteziyaremye umwe mubari baje gutora waganiriye na IGIHE.com , ngo bafite ikizere ku batowe, ndetse akaba yizeye ko bazakomeza gukora ubuvugizi kugirango babashe gukomeza kwiteza imbere kuko n’ubwo babana n’ubwandu bafite imbaraga zo gukora kandi ko bifitiye ikizere.
Nyiranteziyaremye ihamyako kujya mu mashyirahamwe ari ingirakamaro, kuko bituma uri mu ishyirahamwe abasha kwiyakira ndetse akigirira icyizere.
RRP+ (Rwanda Network of People Living With HIVAIDS-Réseaux Rwandais des Personnes vivants avec le VIH/SIDA) ni Urugaga Nyarwanda rw’Ababana na Virusi itera SIDA, rudaharanira inyungu, aho kuva rwashingwa mu 2003, ubwo rwahuzaga amashyirahamwe 175 kugeza ubu, rumaze guhuriza hamwe abanyamuryango bibumbiye mu mashyirahamwe asaga 1,400 aherereye hirya no hino mu gihugu.
Icyicaro gikuru cya RRP+ giherereye ku muhanda witiriwe OUA (Boulevard de l’OUA), mu Mujyi wa Kigali, mu nyubako yitwa “OMEGA House” mu muturirwa wa 3.
Amwe mu mafoto :
Foto:Muhirwa O.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Abirahiraga Imana y’i Kabgayi nta cyiza bahabonye muri Jenoside
18.05.2012 |
|
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge yateguye Inama mpuzamahanga y’Amahoro
18.05.2012 |
|
Polisi yafashe abagabo 4 bavidurira imisarani muri Nyabugogo
18.05.2012 |
|
Bahangayikishijwe n’iyimurwa ry’abagororwa muri gereza ya Gikongoro
18.05.2012 |
|
Mpanga : Umuyobozi wa gereza yatawe muri yombi akekwaho kwiguriza umutungo wa leta
18.05.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |