Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota RAV 4 ifite icyapa nimero RAB074J yagonze moto yari ihetse umugenzi w’umusore, umumotari ajyanwa mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK amaguru ye aregarega.
Nk’uko twabitangarijwe n’ababonye iyi mpanuka barimo Rwigamba Innocent wari aho impanuka iba, yatangarije IGIHE.com ko iyi modoka yari itwawe n’umugore, ubwo yageragezaga kwinjira mu nyubako ya Nkusi Godfrey bamushakira aho ahagarara, yibeshye kuri vitesi ashyiramo iyo kujya inyuma.
Bidatinze imodoka yasubiye inyuma ifite umuvuduko mwinshi cyane yerekeza ku busitani bwo kuri UTC, yahise igonga wa mumotari wari uhetse umugenzi barimo bamanuka imbere ya UTC mu muhanda munini werekeza kuri rond point nini iri mu Mujyi wa Kigali.
Rwigamba avuga ko uburyo yabibonye, uwo mugore wakoze impanuka yasaga nkaho atazi ibiri kumubaho ubwo yasubiraga inyuma kuko yabonaga ko mu muhanda harimo izindi modoka.
Ababonye iyi mpanuka bavuze ko kubaho k’uyu mumotari ari amahirwe akomeye ya Nyagasani, kuko iyi modoka yangije amaguru ye cyane.
Umugenzi yari ahetse, abo twahasanze bavuga ko we atakomeretse cyane kuko yigenzaga n’amaguru mbere yo kujyanwa kwa muganga na Polisi we n’umumotari kuko twahageze imaze gukora akazi izobereyemo k’ubutabazi.
Foto: Nkurunziza


















TANGA IGITEKEREZO