Kuba Radio Izuba imaze iminsi itumvikana neza muri tumwe mu duce isanzwe yumvikanamo ni uko mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 19 Gashyantare, insakazamajwi (Transmitter- Emetteur) y’iyi Radio yakubiswe n’inkuba igashya. Icyo gihe Radio yamaze amasaha asaga atanu itumvikana.
Nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’iyi Radio, Eric Kayihura, mu butumwa yageneye abafatanyabikorwa bayo, yavuze ko gushya kw’insakazamajwi byatumye hakoreshwa by’agateganyo indi ifite imbaraga nke ku buryo ubu amajwi yayo atari kugera mu duce twose iyi Radio yumvikanagamo.
Kayihura yagize ati :”Icyuma cy’insakazamajwi cya Radio Izuba cyakubiswe n’inkuba. Kubera izo mpamvu ubu Radio Izuba irakoresha icyuma gikoresha imbaraga nke (100 Watt). Ababishinzwe barakora ku buryo icyo kibazo gikemuka bidatinze. Turisegura ku bafatanyabikorwa bacu, imboni n’inshuti za Radio Izuba mwese !”
Mu kiganiro na Titien Mbangukira, umuyobozi w’igice cy’amakuru (Chief Editor) kuri iyi Radio yavuze ko ubu Radio Izuba iri kumvikana nk’ibisanzwe kandi mu duce twose yumvikanagaho kuko ikibazo kuri uyu wa Kabiri cyakemutse.
Vedaste Ufitabe, umutekinisiye (Technician) kuri iyi Radio nawe yunze mu rye atanga ibisobanuro byimbitse avuga ko guhera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Gashyantare ari bwo Radio Izuba yongeye gusubira kumvikana nka mbere. Yagize ati :”Ubu twasubijeho insakazamajwi ya Watt 300, kuko twamaze kuyikoresha, ubu twasubiye kumvikana aho twumvikanaga hose”.
Ufitabe asobanura kandi ko gukubitwa n’inkuba kw’iyi nsakazamajwi kwatewe n’uko intsinga zirinda inkuba zitabwa mu butaka (parafoudre) zaba zari zitagikora ; ari nayo mpamvu avuga ko ari cyo gikorwa kigiye kurushaho kwitabwaho muri iyi minsi. Yanavuze kandi ko ubu noneho hashyizweho insakazamajwi zindi ebyiri z’agateganyo mu rwego rwo guhita basimbuza indi mu gihe haba habaye ikibazo gitunguranye.
Radio Izuba ni Radio y’Abaturage ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba mu Karere ka Ngoma. Yashinzwe n’ishyirahamwe ADECCO (Association pour le Devéloppement Communautaire) mu 2004, ikumvikanira kuri FM ku murongo wa 100 MHZ ; hose mu Ntara y’Iburasirazuba, mu duce tumwe na tumwe two mu Ntara y’Amajyepfo (nka Muhanga na Huye), mu duce tumwe na tumwe two mu Ntara y’Amajyaruguru (nka Rulindo), i Ngara-Agace kegereye u Burasirazuba bw’u Rwanda no mu Burasirazuba bw’u Burundi.
Uretse iyi nshuro, insakazamajwi ya Radio Izuba yigeze gukubitwa n’inkuba mu myaka irenga itanu ishize. Indi Radio ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda-Radio Salus, nayo yari imaze igihe kirenga amezi abiri itavuga kubera ikibazo cy’insakazamajwi.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Abirahiraga Imana y’i Kabgayi nta cyiza bahabonye muri Jenoside
18.05.2012 |
|
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge yateguye Inama mpuzamahanga y’Amahoro
18.05.2012 |
|
Polisi yafashe abagabo 4 bavidurira imisarani muri Nyabugogo
18.05.2012 |
|
Bahangayikishijwe n’iyimurwa ry’abagororwa muri gereza ya Gikongoro
18.05.2012 |
|
Mpanga : Umuyobozi wa gereza yatawe muri yombi akekwaho kwiguriza umutungo wa leta
18.05.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |