Kurera abo batabyaye ntibibasaba amikoro adasanzwe PRINT VISITS : 9288 COMMENTS: 6 

Kurera abo batabyaye ntibibasaba amikoro adasanzwe


Yanditswe kuya 22-02-2012 - Saa 11:50' na Deus NTAKIRUTIMANA

Kurera abana bafite ibibazo (nk’imfubyi) ubavanye mu kigo runaka ntibisaba amikoro adasanzwe nk’uko bamwe mu Banyarwanda bakunze kubivuga.

Safarina Antoinette w’imyaka 55 y’amavuko atuye mu karere ka Muhanga mu murenge wa Shyogwe mu kagali ka Ruli, akaba afite abana babiri arera, harimo uwitwa Ntakirutimana Jean Pierre yavanye mu kigo cy’imfubyi ahitwa i Kabgayi mu karere ka Muhanga.

Yamuvanye muri icyo kigo afite imyaka itatu mu 1999 ; ubu uyu mwana afite imyaka 17 y’amavuko, akaba yiga mu mwaka wa kabiri mu mashuri yisumbuye.

Safarina akaba avuga ko uyu Ntakirutimana amurera nk’umwana we yibyariye, by’umwihariko akaba yaramuguriye umurima w’agaciro k’amafaranga ibihumbi 60 by’u Rwanda ahitwa i Rukaza ku Rucunshu. Aya mafaranga uyu mubyeyi avuga ko yayavanye ku ngurube yari yoroye yaje kubwagura ibyana umunani.

Niyonshuti Bernard nawe ni undi mwana Safarina arera. Yumvise nyina mu gihe yari amutwite avuga ko agiye kuvanamo iyo nda akisubirira ku ishuri kuko yigaga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye. Atekereje ku muruho umwana w’umukobwa agira n’ukuntu inda ibabaza, Safarina yahisemo gutumira nyina w’uyu Niyonshuti baraganira amwemerera kuba iwe ndetse anamufasha kubyara none ubu arimo no kumurerera umwana. Ubu yiga mu wa kabiri mu ishuri ribanza.

Safarina avuga ko gufata umwana mu kigo cy’imfubyi no kumurera bidasaba ubukire nk’uko abenshi babivuga kuko ibyo umuntu areresha umwana we yabireresha n’utari uwe.

Nyuma yo gutandukana n’umugabo we mu 1986, Safarina arera abana be batanu n’abandi babiri yiyemeje kubera marayika murinzi.

Safarina

Si Safarina wenyine wemeza ko kurera umwana yafashe mu kigo runaka bidasaba amikoro adasanzwe kuko n’uwitwa Habiyaremye Eugene w’imyaka 46 y’amavuko nawe ufite abana babiri arera yagiye afata mu buryo butandukanye, harimo uwo yahawe n’umurenge wa Shyogwe kuko nyina arwaye mu mutwe. Habiyaremye arera uyu mwana aho yanabanje kumuvuza kuko nyina yamugaburiraga ibiryo byanduye yatoraguraga hirya no hino. Ubu uyu mwana w’umukobwa w’imyaka umunani yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza.

Habiyaremye avuga ko yabwiye uyu mwana ko yavutse ku muntu ufite ibibazo by’uburwayi bwo mu mutwe kugirango atazabibwirwa n’abandi bo hanze bikamutera ikibazo ndetse yanamusabye kubyihanganira.

Uwa kabiri nawe ni umwana w’umukobwa w’imyaka itandatu ubu wiga mu kiburamwaka Habiyaremye yareze nyuma y’uko ababyeyi be batandukanye bagatangira gutererana abana.

Habiyaremye yatangarije IGIHE.com ko aba bana bombi azabaha umunani kimwe n’abandi bana be batanu yari asanganywe. Ku bwe ngo muri iyi minsi umunani wa mbere umubyeyi aha umwana we ni ukumurihirira ishuri akiga, akaba avuga ko yabitangiye.

Eugene

Ku bijyanye n’ubufasha ubuyobozi bw’umurenge wa Shyogwe aba bana bakiriwemo ubagenera, umuyobozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri uyu murenge Gatesi Charlotte avuga ko ubufasha babona aribwo babaha bitewe n’ubushobozi umurenge ufite.

Mu gihe leta y’u Rwanda ikangurira Abanyarwanda kugira umutima w’impuhwe bagafata abana baba mu bigo by’imfubyi bakabaha uburere nk’abandi bana barerewe mu miryango. Muri uyu murenge hakaba hari imiryango 16 yagiye ifata aba bana bahuye n’ibibazo bitandukanye.

IBITEKEREZO
Urakoze cyane Mwerekande Jean de Dieu, tugushimiye umutima mwiza ufite wo gushaka kumenya uburyo wabona umwana ngo umurere, uduhamagaye kuri iyi telefoni (0788769238) twagusobanurira inzira wanyuramo kugira ngo ubashe kubona umwana urera. Ushobora no gushyiraho adresi yawe( telefoni cyangwa email) natwe tukakwihamagarira. Tuboneyeho kandi no gushimira bariya babyeyi bakiriye bariya bana hamwe n'abandi bose bakiriye abana bakaba babarerera mu miryango yabo.
23.02.2012 saa 00:14
Emmanuel
Nanjye mfite abana babiri b'abahungu ndera, umukuru ari mu mwaka wa kane Secondaire undi namufashe afite ababyeyi bombi ariko batishoboye nawe ari mu mwaka wambere w'amashuri abanza.Bisaba kugira umutima wita kubandi. Nkubu sinari nabyara ariko abobana nabagize abambere Imana nimpa abanjye bazaba ari barumuna b'abo bambere.Mfite imyaka 30 y'amavuko ntuye mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze.
22.02.2012 saa 10:26
Laurent
Imana ibahe umugisha kuri ibyo bikorwa byanyu byiza.
22.02.2012 saa 06:44
Gogo
Nanjye maze gufasha abana benshi muri ubwo buryo ariko iyo bageze igihe cyo kwiga secondaire biravuna uretse ko umushinga global funds wamfashije kubishyurira minerval. Uyu mubyeyi nawe abashinzwe imibereho myiza y'abaturage bazamushakire umushinga umufasha kubishyurira school fees
22.02.2012 saa 06:43
umusomyi sarah
ni igitekerezo cyiza cyo kurera abo bana . ariko se ni ggute wabigenza kugirango nawe ubone uwo mwana ? mwamfasha mukansubiza murakoze cyane .nho uwo mudamu IMANA ikomeze imuhe umugisha kubw'umutima wa kimuntu yifitemo n'abandi nibabonereho maze twubake urwanda rwacu neza kandi mu mahoro.
22.02.2012 saa 05:15
mwerekande jean deDIEU
Imana ibahe umugisha
22.02.2012 saa 04:59
bb

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!