Ntidukoresha ikimenyane, ntiturangarana abaturage-Centre de Santé Gihundwe PRINT VISITS : 14661 COMMENTS: 25 

Ntidukoresha ikimenyane, ntiturangarana abaturage-Centre de Santé Gihundwe


Yanditswe kuya 22-02-2012 - Saa 17:39' na NDUWIMANA Jean Paul

Nyuma y’uko abarwayi bakomeje gushinja Ikigo Nderabuzima cya Gihundwe gutanga serivisi mbi ku barwayi bakigana, IGIHE.com yifuje kumenya ukuri kuri iki kibazo maze tugana ku Kigo Nderabuzima cya Gihundwe aho twaganiriye n’umuyobozi wacyo akadutangariza ko batarangarana abarwayi.

Mu kiganiro twagiranye na Madamu Imaniriho Imelda yagize ati : " Imwe mu mpamvu ituma abarwayi bamwe na bamwe bavuga nabi iki kigo nderabuzima cya Gihundwe ntizisobanutse, icyakora hari igihe haza nk’indembe ikoze impanuka tugahita tuyakira byihuse tugamije gucungura ubuzima bwe bamwe bakavuga ko uwo murwayi aba agomba gutegereza abahabanje bakavurwa. Iyo ushatse gutindana indembe ikoze impanuka ngo abaje mbere babanze bavurwe kandi baba batanarembye cyane usanga aribyo bifite ingaruka mbi kuko umuntu ashobora kubura ubuzima bwe. Niyo mpamvu rero indembe ivurwa mbere n’ubwo bamwe mu barwayi batabyishimira."

Yongeyeho kandi ko umubare munini w’abagana iki kigo utuma abaforomo bagira akazi kenshi bikanagorana kwakirira abarwayi igihe uretse ko nta n’umurwayi wari wigera ataha atakiriwe cyangwa ngo agwe ku kigo nderabuzima cya Gihundwe kubera ko yahawe serivisi mbi. Ibi ngo bituma bamwe mu barwayi babona ko barangaranywe n’ikigo nderabuzima kandi mu by’ukuri ntako ubuyobozi bw’iki kigo butaba bwakoze ngo bufashe ababagana kubona serivisi zose bifuza.

Akomeza avuga ko hari igihe abarwayi baba bafitanye amakimbirane yihariye n’abaforomo bamwe na bamwe bakora kuri Centre de Santé ya Gihundwe, baza kwifuza bagashaka kubigira urwitwazo ko bakirwa nabi bityo bikitirirwa iki kigo.

Madamu Imaniriho Imelda

Indi mpamvu itera abarwayi kuvuga ko batakirwa neza, ngo hari igihe umurwayi aza yiyumvisha ko ari umuntu ukomeye cyangwa w’icyubahiro agashaka gutambuka ku bandi barwayi bahageze mbere. Iyo yangiwe guca kuri bagenzi be abigira urwitwazo akabiheraho ashinja ikigo nderabuzima gutanga serivisi mbi no kutubaha ababagana.

Uyu muyobozi kandi avuga ko ku kwezi Centre de Santé ya Gihundwe yakira abarwayi bagera ku bihumbi bitandatu (6000 ), bishatse kuvuga ko umuforomo yakira abantu bagera kuri 50 ku munsi kuko ubusanzwe iki kigo kiba gifite abaforomo 4 gusa baba bagomba gusuzuma abarwayi ku munsi. Ariko ngo iyo urebye mu mibare, usanga mu zindi Centres de Santé iyakira abarwayi benshi ku kwezi yakira abarwayi 1200.

Bimwe mu bisubizo bifatika kuri iki kibazo, Imaniriho Imelda yavuze ko haramutse hongerewe umubare w’abaforomo cyangwa se hakubakwa ikindi kigo nderabuzima cyunganira iki cya Gihundwe byafasha cyane.

Mu kiganiro na IGIHE.com, umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Madamu Nirere Francoise, yatangaje ko mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’umubare munini w’abagana iki kigo nderabuzima cya Gihundwe hamaze kubakwa Centre de Santé ya Nyakarenzo, Giheke na Rwinzuki hakaba hagitegerejwe icyemezo cya Minisitiri w’Ubuzima cyemerera izi Centres de Santé gutangira imirimo yazo.

Nirere kandi avuga ko mu gihe ibi bigo nderabuzima bizaba byatangiye imirimo yabyo bizatuma umubare munini w’abaganaga iki kigo nderabuzima cya Gihundwe ugabanuka maze n’ugiye kwivuze ntibibe ngombwa ko ahamara umwanya munini agitegereje kwakirwa.

NDUWIMANA Jean Paul/IGIHE.com Rusizi

IBITEKEREZO
Ndifuza kugira icyo mvuga kubyanditswe na dmS kuba labo ku ma cs zidakora week end henshi biterwa nuko nta bakozi bahagije baba bahari none se ko cs nyinshi zigira aba laborantins babiri gusa wumva bakora igihe cyose bataruhuka wavuga uti umwe ajye akora kuwa 6 undi ku cyumweru none se ugirango uba wabanje kumenya niba adafite konji ya maternité cg y'umwaka erega mwenda no kuvuga ngo bajye bakora na nijoro(aha ikibazo ni abakozi bake) naho kuby'uwataye umurwayi ngo pause irageze byo numva bitabaho cyane ko buri munsi haba hari umuntu usigara ku izamu ry'amanywa(permanence) keretse ahubwo niba utaramwakiriye yaragiye muri pause yamwoherereza abandi akabyita kutamwitaho ikindi iteka haba ibyihutirwa nko kubyaza... aha dukwiye kumva ko abaforomo ni abantu none ko batarya ku kazi wumva buri gihe bajya barya saa kumi n'imwe dore ko usanga bakora na week end. Twahirwa ati gutuka abagore bari kunda burya biterwa n'uwumva niba mutabizi mumenye ko umugore uri kubyara aba afite ubuzima bw'umwana mu maboko ye ariko iyo apfuye abazwa umubyaza aha mukwiye kumenya ko gusobanura urupfu rw'uruhinja bitoroshye ubwo rero wabwira umugore ngo kora ibi ugasanga ntabyo yitayeho washyiraho igitsure ngo arantutse none ninde bomora igisebe adataka ubwo se ni bangahe bakwiyomora igisebe none se ukurikije uko inda iryana nibangahe bakwihangana, uwakwereka umugore ashaka guhanuka ku gatanda arimo ataka ngo nibamubabarire. Umwanzuro tuzakomeza gutanga service nk'uko bisanzwe tubitaho nubwo mutabyemera duhindura ibitagenda neza nkuko tubikora mu nama za buri munsi(staff medical) mbibutse ko nyiru mupfu niwe ujya ahanuuka ariko nzi ko benshi mujya muhunga n'igikomere cyoroheje mukakireke nyagaforomo aha simvuze ibyago byo kwandura imdwara zikomeye nakubwira ko maze kwandura kenshi,uzabaze ni benshi bamaze kwandura igituntu cg bamaze kujya ku miti ya SIDA muzasabe ubushakashatsi murebe ibibazo byihishe inyuma y'ibyo mwita gufatwa nabi uzi amaraso ameneka ku muforomo abyaza... ndangije mbasaba imbabazi niba hari ibyo tutumva kimwe murakoze.
23.02.2012 saa 10:55
Victor
ikibazo kijyanye no mubuvuzi nikibazo gikomeye gusa nagiraango mbabwire ko dufite ikibazo gikomeye mugihugu cy'ubuvuzi ndatanga ingero kugirango wenda namwe abanyamakuru b'Igihe.com muzabikoreho inkuru nibishoboka 1.Ibitaro bikuru bya Nyamata byitwa ADPR bifite ibikoresho bihagije ariko service itangwa ntabwo ari nziza aho ubu nandika iyi nkuru mvuyeyo hari abantu bagiye kumara amezi abiri barakoze impanuka amagufwa yaravunitse bo bababwira ko ntacyo babamarira ko bagomba gutegereza ibitaro bikuru bya Kigali ngo hakaboneka ibitanda !!!ukibaza uwo umuntu umaze igihekingana gutyo igufwa rye ryaravunitse ntazageraho bagaca amaguru ye kuko atitaweho mbere ? 2.centre de sante ya busanza umugore yazanye kuvuza umwana arembye umuganga yanga kumuvura ngo igihe cya pouse kirageze namwe munyumvire ese uwo ntiyapfa azize kutitabwaho vuba 3.centre hafi ya zose abakora muri laboratoire ngo week-end ntabwo bagomba gukora ese indwara iza muminsi yakazi ?ese umuganga ukora wee=end avura ate nta ex zakorewe umurwayi mfite byinshi ariko gusa nyakubahwa Perezida Poul abaduhwiturire dore ko ahora avuga gutanga service ariko ntibumva.
23.02.2012 saa 08:51
dms
ikibazo kijyanye no mubuvuzi nikibazo gikomeye gusa nagiraango mbabwire ko dufite ikibazo gikomeye mugihugu cy'ubuvuzi ndatanga ingero kugirango wenda namwe abanyamakuru b'Igihe.com muzabikoreho inkuru nibishoboka 1.Ibitaro bikuru bya Nyamata byitwa ADPR bifite ibikoresho bihagije ariko service itangwa ntabwo ari nziza aho ubu nandika iyi nkuru mvuyeyo hari abantu bagiye kumara amezi abiri barakoze impanuka amagufwa yaravunitse bo bababwira ko ntacyo babamarira ko bagomba gutegereza ibitaro bikuru bya Kigali ngo hakaboneka ibitanda !!!ukibaza uwo umuntu umaze igihekingana gutyo igufwa rye ryaravunitse ntazageraho bagaca amaguru ye kuko atitaweho mbere ? 2.centre de sante ya busanza umugore yazanye kuvuza umwana arembye umuganga yanga kumuvura ngo igihe cya pouse kirageze namwe munyumvire ese uwo ntiyapfa azize kutitabwaho vuba 3.centre hafi ya zose abakora muri laboratoire ngo week-end ntabwo bagomba gukora ese indwara iza muminsi yakazi ?ese umuganga ukora wee=end avura ate nta ex zakorewe umurwayi mfite byinshi ariko gusa nyakubahwa Perezida Poul abaduhwiturire dore ko ahora avuga gutanga service ariko ntibumva.
23.02.2012 saa 08:51
dms
Yewe si ibibi gusa n' ibyiza barabigira , ngira ngo biterwa n' uko baramutse. ahubwo babwire abo baforomo bage bareka guhindagurika , bahorane umutima mwiza.
23.02.2012 saa 08:36
Bizimana innocent
iki kigo nko mu mezi atatu ashize , bari bafite ibibazo cyane kuko warahageraga ntumenye n' aho winjirira. none bashyizeho umuntu wereka abantu aho bajya , akabashakira n' amafishi muri mutuelle iyo barembye. yarangiza akanabaganiriza , n' ubwo aba ari benshi bigatuma bakomeza kwihanganira gutegereza.Ibyo nabyo twabibashimira !
23.02.2012 saa 08:30
MUGWIZA GRACE
uyu mudamu rwose yita ku bantu cyane. nyjye najyanye umwana arembye baramutambutsa bamuvura kare numva ndishimye, kandi nta muntu numwe wari unzi . Ubwo ababa barahagiriye ibibazo bihangane.
23.02.2012 saa 08:22
Habimana jean
ahaaaa !!!!!, burya ntawaneza abantu bose ngo abashobore, n' umuntu acyuza ubukwe akavunika ariko ntihabura abagenda bamutuka ngo ntibahaze inzoga kandi ntanicyo asigaranye mu kigegega. aba bantu ntako batagira ukurikije umubare w' abantu baba bafite kwakira.ahubwo babashakire amazu n' abakozi bahagije.Uyu mudamu rwose akazi ke aragashoboye ni nayo mpamvu abona abantu bangana gutya bahivuriza si non bakigira ahandi.nitwe tuzi ubwiza bwabo twe tuhavuriza abana bacu , tukahabyariza na barumuna bacu.
23.02.2012 saa 08:11
MAMBO SOLANGE
ikigaragara nuko mu minsi ishize ama centre de sante menshi yakoraga nabi ariko uturere twinshi twagiye tubihagurukira duhinduranya abayobozi bazo ndavuga aba titulaires !gusa haracyari ama centres de sante akora nabi ntakamenye ko aba akorera ku buzima bw'abaturage1njye ndashimira ibigo nderabuzima biyoborwa n'abihaye Imana kuko bo baragerageza kuri custemer care umunsi abaforomokazi bakoze neza mu ma centres de sante bizajya bituma abaturage bagana ibitaro nabo bafatwa neza kuko hari abiherezwa mu bitaro bikuru bitewe n'ubushobozi buke cyangwa uburangare bwo muma health centers !naho ibya gihundwe mwabibaza abaturage bahivuriza nibo bazi uko bafatwa niba bafatwa neza ubuyobozi bwa gihundwe health center babishimirwe bandi bakomereze aho kandi niba bafatwa nabi nibikosore !
23.02.2012 saa 06:31
jhon
Hari ikindi abantu bari bacyeneye gutandukanya iyo bumva amakuru kenshi batanahagzeho. hari Centre de sante ya Gihundwe hakaba na Hopital ya Gihundwe. Ushaka kunenga aajye abitandukanya kuko ni ibintu bibri bitandukanye kandi bifite ubuyobozi butanduknaye Murakoze
23.02.2012 saa 05:08
association
Bravo Muyobozi, ntawe ushimwa nabose ariko ibikorwa byawe, ubuhanga n'ubumenyi ugaragaza mu miyoborere yawe cyane no kwitangira abarwayi ugaragaza aho iGihundwe ukwiye kubishimirwa !!!! Naho abavuga ngo wigize Ikimana n'amashyari gusa !!! Imana iguhe Umugisha. Mr KARENZI
23.02.2012 saa 04:03
KARENZI
Ibisubizo bitangwa birumvikana ariko icyo nenga nuko bigaragaza nkaho nta ntege nke zirangwa ku ruhande rw'ivuriro n'abakozi bose. Ibi rero bituma no gukosora udukosa bigorana kuko tuba twahishiriwe. Mukore uko mushoboye musabe buri umwe umwe kwisuzuma ngo n'iryamucikaga ntirizongere. Urugamba rwo kurwanya imitangire mibi ya serivisi tururwane twese kuko nta numwe udatanga serivisi kandi nta n'umwe udasaba serivisi. Ni inyungu zacu rero.
23.02.2012 saa 03:59
Uburiza
Ikibazo si centre de snte cyane kuko urebye imikorere yayo ipfa kuruta iya Hopital. Urugero ni abaforomo ba maternite ya Hop usanga batuka abagore bari kunda, ugasanga ntakubaha no guha agaciro ababyeyi.
23.02.2012 saa 03:43
twahirwa
NITWA EMMANUEL NIFUZAGA GUTANGA IGITEKEREZO KURI ICYO KIBAZO CYAGARAGAYE KURI CENTRE DE SANTE YA GIHUNDWE. MURI MAKE SI BYIZA KO UMUNTU AKORA KANDI YUMVA ANANIWE AHUBWO YABANZA AKARUHUKA AKAJYA MU KAZI YUMVA AMEZE NEZA.BITYO AGATANGA SERVISE YUMVA YISHIMYE KANDI BIMURIMO.
23.02.2012 saa 03:30
Ir EMMANUEL
Dr james gukorana na imelda ntibivuga ko akora neza.Icyagaraye mu Rwanda hose ni uko aba TITULAIRES BOSE, aha ndavuga BOSE bigiza akaraha kajyahe.NDAGIRA INAMA MINISANTE Nta muntu wakagombye kuba kubuyobozi imyaka irenze itanu.Bagomba kugira manda bityo bizatuma bakora neza. None se wari uziko aba bigize IBIMANA bayobora n'ababarusha niveau d'etudes ?C.sante nyinshi usanga harimo guhangana gukabije bityo bikica akazi.
23.02.2012 saa 01:56
Murekatete Claire
no kuba iyi CS ikorera muri promiscuité(ngutwo utwumba dufunganye, ngiyo imbugayakiririrwaho abarwayi ishashemo ibibuye...byakemurwa no kwimukira ahantu hisanzuye nk'uko n'ubuyobozi bubifite muri gahunda. gusa n'ubwo hari igihe abaforomo batitwara uko abarwayi tubyifuza, ntitwirengagize ko hari n'igihe tujya kwivuza tunahangiyikishijwe na business z'abanyamugi
23.02.2012 saa 01:49
madeleine
Wagize neza gutanga igitekerezo ariko uyu muyobozi yarize rwose afite D6 mu giforomo, akagira A0 muri Public Health. Arasobanutse rero ibyo akora arabizi kandi agira n'ubumuntu kuko twe tumuzi twabihamya. Jeanne
23.02.2012 saa 01:45
Jeane NIYONSABA
HAHAH !ARIKO UZIKO MUSETSA,UTARAHANGAYIKIRA KU BITARO CYANGWA CENTRE DE SANTE YA GIHUNDWE,NIWE URI GUSHIMAGIZA URIYA MUGORE WIGIZE IKIMANA I GIHUNDWE,MUZASURE NA HOPITAL GIHUNDWE,MUZUMIRWA.RWEMA JOHN
23.02.2012 saa 01:14
RWEMA JOHN
sinhatse kwivuga izina ariko ndi umuyobozi mu karere ka Rusizi. Hari ibitagenda neza ariko ahanini umuntu atahita ashinja abaganga nubwo nabo atari miseke igoroye. Kuko urebye population y'abaturage baba bagomba kwivuriza kuri iki kigo nderabuzima naho ntako bataba bagize. gusa nabagira imana ko n'ubwo bakopra cyane kandi baba bananiwe bajye bagerarageze ntibabyereke abarwayi kuko umurwayi aba yibabariye kumubwira ngo urananiiwe, ukora akazi kensho bitandukanye na deontologie mediccale, we ntabyumva. mujye mukorehsa n'igipindi kugira ngo mwongerere umurwayi ikizere. otherwise kwirinda kuvuga nabi kabone nubwo umurwayi yagutuka. N.G
22.02.2012 saa 23:42
N.G
Kuvuga amagambo siko kuyamara. Ni ukuri njyewe ntuye Rusizi, mu mugi wa kamembe ariko ibyo naboneye muri iriya centre de sante ni Imana yonyine ibizi. Ubwa mbere najyanye umwana kumuvuzayo saa moya z'ijoro, ariko ibyo abaforomo nahasanze baraye izamu bankoreye sinzigera mbyibagirwa. Ubundi nagiyeyo ari saa yine z'amanywa ibyo nahaboneye sinabisubiramo. Ari uriya uyobora iyo C. sante ari n'abagenzi be bakeneye amasomo kabisa. hari igihe ujyayo ukamara nka 2 heures wicaye ku gatebe utegereje ugaheba ukibaza niba bari ubuganga, niba bafite umutimanama bikakuyobera, ku buryo usanga abarwayi ba kamembe benshi basigaye bajya kwivuza hepho ku Rusizi kuri c de sante y'ababikira. Bikosore otherwise bazamuirwa !!!!!!!!!!
22.02.2012 saa 23:20
mambo
Mwiriwe !njye ndi umunyeshuri muri universite gatorika y'u Rwanda, ariko nkunze kuba i Rusizi. Baca umugani mukinyarwanda ngo agahwa kari kuwundi karahandurika, si ukugaya ibitekerezo byabandi, ariko pe service ziki kigo nderabuzima nimbi cyane, GUTUKA ABARWAYI,KUBASHIHA,KUBANENA N'IBINDI BIBI BYINSHI NTAVUZE. Gusa njye mfi examples uzabishaka azambaze. Bakwiye amahugurwa. Naho ababashima ngo bakora neza nukuvuga ibijyane n'amarangamutima pe ! Mugire ibihe byiza
22.02.2012 saa 13:00
Djaloudi
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!