Perezida Kagame mu nama ngarukamwaka ya IFAD ibera i Roma PRINT VISITS : 28611 COMMENTS: 9 

Perezida Kagame mu nama ngarukamwaka ya IFAD ibera i Roma


Yanditswe kuya 21-02-2012 - Saa 19:14' na Fiacre Igihozo

Perezida Kagame yageze i Roma mu Butaliyani, aho yitabiriye akazanavugira mu nama ngarukamwaka y’Ikigega Mpuzamahanga kigenewe Iterambere ry’Ubuhinzi (IFAD) iba kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2012.

Mu ijambo nyamukuru Perezida Kagame ari bugeze ku bahagarariye ibihugu bihuriye kuri iki kigega cya IFAD byitabiriye iyo nama, akaba azibanda ku bunararibonye bw’u Rwanda mu guhindura ubuhinzi bwarwo bugakorwa mu buryo bugezweho, byanatumye rubasha guhashya ikibazo cy’inzara mu myaka ishize, ndetse n’ubushake bwo kuzamura abahinzi bo ku rwego rwo hasi mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi no kurinda ibidukikije.

Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani Mario Monti na Bill Gates nabo bari mu bateganyijwe kuvugira muri iyo nama, izaba irimo abantu 167 bahagarariye ibihugu bifite uruhare muri iki kigega, bava mu bihugu bigize umuryango w’ibihugu bicukura bikanacuruza peteroli (OPEP), ndetse n’abava mu muryango w’ubufatanye mu bucuruzi n’iterambere (OECD).

Perezida Kagame hamwe na Perezida wa IFAD Kanayo F. Nwanze, bikaba biteganywa ko bazagirana ikiganiro n’abanyamakuru, ubwo bazaba bamaze gufungura imihango y’inama ya IFAD ku mugaragaro.

IFAD ikaba ari ikigo mpuzamahanga cy’imari cyihariye cy’Umuryango w’Abibumbye gifite icyicaro i Roma mu Butaliyani, ikaba kandi ariyo ihuza ibikorwa byose by’ubuhinzi ku rwego mpuzamahanga.

Kuva mu 1981, IFAD yateye inkunga ibikorwa 14 by’iterambere ry’icyaro ndetse n’imishinga itandukanye mu Rwanda ifite agaciro kabarirwa muri miliyoni 189.8 z’amadolari ya Amerika, byose biri muri gahunda yo gufasha mu kongerera ubushobozi abaturage bo mu cyaro kugirango babashe guhindura imihingire yabo ijyane n’igihe.

IBITEKEREZO
vier genda ubigishe imana ikurinde murugendo .
23.02.2012 saa 03:34
GASANGWA EUGENE
H.E , Tukwifurije inama nziza.
22.02.2012 saa 11:07
titi
@Murenzi : Simvuga ko nta kibazo cy'imirire kiri mu Rwanda, ariko jya wicecekera nujya kuvuga abugaraijwe n'inzara ntuzi iyo bari. Mperuka muri mission muri Niger na Mali, uwakwereka uko bimeze washimira Uwiteka ahubwo ! Ku hatwegereye, uzabaze uko bimeze mu turere tumwe twa Kenya na Uganda za Kalamoja. Ikibazo tugira nuko tudakurikira ngo tumenye uko bimeze ahandi, tugereranye noneho tugire ishusho nyayo y'uko ibintu bimeze mu gihugu cyacu. Gusa u Rwanda ntirukwiye kwirara, ahubwo politike y'ubuhinzi ikwiye kwigwa yitondewe cyane kugirango ejobundi tutazamera nk'ibyo bihugu maze kuvuga. Think about it.
22.02.2012 saa 02:59
Kagabo
Nyakubahwa sinzi niba byarakugezeho ko abahinzi bategekwa guhinga ibigori yewe no mukarima ko munsi y'urugo aho bahingaga imboga n'utundi dufasha abatetsi guhinduranya imirire. Ahandi amashyamba n'intoki ngo nibabiteme bahinge ikawa. Icyo nsaba nuko umuhinzi yagira umurima ateramo ibyo ashaka akagira ubwo bwisanzure,noneho akagira n'ahandi Leta yagenera ibigori cyangwa ikawa kuko byinjiza amadovize.
22.02.2012 saa 01:53
Nelie
Twizere ko bavugisha ukuri ku nzara itwugarije nta kubeshya no gutekinika !
22.02.2012 saa 01:47
murenzi
H.E, komeza uvuganire abanyarwanda kuko arizo nshingano zawe, kandi tukwifurije kuzagaruka amahoro.
22.02.2012 saa 00:35
Iranzi Arnod
komerezaho Umusaza turagukunda,genda ubahe ibitekerezo byawe birakenewe kw'isi yose
22.02.2012 saa 00:14
##
This is one of the facts that HE President Paul Kagame knows very well to support international communities. Honestly, Is he any President of Africa in these days who perform like Kagame in the worldwide ? even in the world he tried to make a difference for the better future of our society. It is not to mean that I said he is the best one.
21.02.2012 saa 13:57
Jacques
urugendo rwiza H.E
21.02.2012 saa 13:02
RASTA NO 1

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!