Umunsi w’abagore ntuvuze ko bahohotera abagabo babo PRINT VISITS : 7596 COMMENTS: 12 

Umunsi w’abagore ntuvuze ko bahohotera abagabo babo


Yanditswe kuya 23-02-2012 - Saa 07:09' na Faustin Nkurunziza

Hari abibeshya ko umunsi w’abagore uba buri tariki ya 8 Werurwe buri mwaka, abagabo bahabwa imirimo yo mu rugo.

Ibi byatangajwe na Rukundo Egidia ushinzwe guhuza ibikorwa n’abafatanyabikorwa muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), ubwo yari ayoboye inama y’umunsi umwe, yarihuje abayobozi batandukanye ba Karere ka Kicukiro n’abagize Inama Njyanama y’Akarere ku bijyanye no kwitegura umunsi mpuzamahanga w’Umugore.

Rukundo avuga ko hari abantu usanga bibeshya ko umunsi mpuzamahanga w’Umugore uba buri mwaka, abagore bahohotera abagabo babo babaha imirimo itandukanye yo mu rugo kandi atariko biri.

Yagize ati : “Hagomba kubaho ubwuzuzanye hagati y’umugabo n’umugore nta busumbane ku ibitsina byombi.” Asanga hatagakwiye kubaho, kwitiranya ibintu ku bijyanye n’uwo munsi, aho usanga bamwe babiteramo urwenya ngo umugore ararara aho umugabo yararaga.

Abitabiriye iy’inama bagejejweho n’ icyemezo cy’Inama ishinzwe umutekano ku isi 1325(200) cyemejwe n’inama ya 4213 y’inama y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe umutekano ku isi, yateranye kuwa 31 Ukwakira 2000 yari ifite insanganyamatsiko igira iti :"Uburinganire bw’ibitsina byombi, amajyambere n’amahoro mu kinyejana cya 21.”

Aho umunsi w’Umugore uzabera ku rwego rw’Igihugu

Rukundo avuga ko mu kwizihiza uyu munsi mpunzamahanga w’umugore ku rwego rw’Igihugu uzizihirizwa mu Midugudu yose yo mu Rwanda kuya 8 Werurwe 2012 ku rwego rw’Igihugu ukazabera mu Karere ka Rubavu ; Ukazaba ufite Insanganyamatsiko igira iti : “Turusheho kubaka ubushobozi bw’umugore n’umukobwa mu guteza imbere umuryango.”

Hazatangwa ibiganiro bitandukanye mu midugudu. Yakomeje avuga ko kuri uwo munsi ari nabwo hazatangizwa ku mugaragaro Ukwezi kwahariwe Umugore n’Umukobwa.

Nsanzimana Aimable ashinzwe urubyiruko mu Karere ka Kicukiro, yavuze ko mu kwizihiza uyu munsi mu midugudu bazabasha gutanga ibiganiro bijyanye no kwirinda ihohoterwa rikorerwa igitsina gore ndetse no kurebera hamwe uruhare rw’Umugore mu gutanga amahoro n’uburyo barushaho kwiteza imbere.

Abayobozi bitabiriye iy’i nama bagejejweho bimwe mubyo abagore babashije kwitabira birimo kujya mu nzego za Leta zinyuranye zirimo Ingabo na Polisi n’ubwo umubare wabo ukiri muke ugereranyije n’uw’abagabo bakora muri izo nzego z’umutekano.

Hashize imyaka 100 hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’umugore ku isi yose. U Rwanda rwatangiye kwizihiza uyu munsi kuva mu 1975. Uyu munsi washyizweho n’Umuryango w’Abibumbye mu rwego rwo kugaragaza uruhare rw’Umugore mu iterambere ry’igihugu, kugaragaza inzitizi zidindiza iterambere rye, hagenwa ingamba zirambye zimufasha gukomeza kwiteza imbere.

Rukundo Egidia ashizwe guhuza ibikorwa n'abafatanyabikorwa muri MIGEPROF
Bamwe mubayobozi b'Akarere ka Kicukiro bari bitabiriye iyi nama

Foto:Nkurunziza F.

IBITEKEREZO
abagabo babi n'abagore babi bose baba ariko mwituma ubukobwa aba umwe agatukisha bose, ahubwo bagabo namwe bagore buri wese namenye inshingano se mu iterambere ry'urugo rwanyu ndetse n'iz'igihugu muri rusange mu menyeko mubereyeho kuzuzanya nta narimwe umugore azitwa umugabo nta narimwe umugabo azitwa umugore buri wese n'inshingano ze ariko kandi amahirwe angana kuri bose ntihagire ukandamizaundi yiyita ko amuri hejuru cyangwa afite agaciro kanini kurusha undi. Umunsi mwiza mpuzamahanga w'umugore twongera kwisuzuma no kurushaho gushakira hamwe icyateza imbere umuryango.
29.02.2012 saa 01:19
Aline
Leta ijye ibashuka ! Igihe kimwe kizagera usange umwana w'umuhungu ariwe wasigaye inyuma ! Jya mumashuri ya hano mu Rwanda urebe ko atari abakobwa buzuye hose ! Igisetsa nuko muri za Kaminuza batangira ari benshi hakazarangiza mbarwa !
24.02.2012 saa 04:49
Musana
Nuko, uwo munsi hari abagore bagereka akaguru ku kandi , umugabo nguwo mu gikoni , aroza abana ,arahetse ngo iminsi yose ni iy'abagabo, Uwo umwe abonye ntiyakwivuna ! Mwene abo bagore bakwiye kwisubiraho.
23.02.2012 saa 09:51
pt
abo bagore muhanika bizabagora kubahanura !!!!!!! agasuzuguro kabo gasigaye gakabije,njye mbona aho bukera abagabo turibera abagore kuko twambuwe uruvugiro. Ese wowe mu ishuri ngo umugore niwe uhabwa umwanya hafatiwe ku manota make,mu kazi ngo amahirwe ni iyabagore n'ibindi,ahaaa nzabandora ni umwana w'umunyarwanda !!
23.02.2012 saa 08:43
serutoki
kamari na bizwinayo muranyumije pe ? umugore mwiza ni nyoko wakubyaye ? buriya rero n'abana bawe bavuga ko umugore mwiza ari mama wabo. nimureke gusebanya ababi babaho n'abeza bakabaho none se niba mwarabatoraguye mu muhanda batarigeze uburere murumva bamera bate ? ntimugatere ababyeyi bacu urubwa twararezwe n'abagabo turabubaha ahubwo ntiwabuza umuntu ibimurirmo ashobora no gukora neza ukabibona nabi kuko ntakiza cye ubone nimwihane mubane neza
23.02.2012 saa 07:11
olive
Ndashima Igihe.com ku ruhare iha buri wese. Byari ngombwa ko ihame ry'uburinganire hagati y'abagabo n'abagore rijyaho kugira ngo hakurweho icyuho cyari kimaze kugaragara mu iterambere ry'impande zombi. Ntabwo na none kuba ihame ryagiyeho bivuga ko abantu bageze iyo bajya, hagomba ingamba zituma bagerayo. Izo ngamba nazo ntizishyira mu bikorwa zishyirwamo n'abantu kandi nabo bafite ingaruka kuri ubwo busumbane bwari buhari. Ibyo ubwabyo bishobora gutera utubazo ariko tutaremereye nk'icyarwanywaga. Twishimire intambwe duteye rero kandi dukomeze duharanire gukuraho utubazo duke tugenda tuzanwa n'izo mpinduka zari ngombwa. Umunsi mwiza w'abagore kuri mwese.
23.02.2012 saa 04:27
Rwiririza
Mfite umugore ariko imihini igiye kunyica. Mpabwa ibihano bitandukanye:harimo ku ndaza inyuma y'urugo, nta kumesera, ndasuzugurwa, ndavuga nkabizira, ndanakubitwa,,,,yanteje abana. Njyewe nsigaye mbona byaranyobeye rwose. ni mungire inama.
23.02.2012 saa 03:40
Bizwinayo
Reka mwivuga ! abagore b'ubu bigize amashyano ngo Polisi na leta bavuze ko bagomba gukora ibyo bashatse kugeza ubwo uryama mu buriri imyaka indi igataha busaswa n'umukozi cyangwa byarimba akakubwira ngo nawe sasa. ngo uravugaiki wibeshye unkoreho mpamagare polisi, ngo twarasezeranye divorce ntizigitinda tuzagabana nceho. Avec leur esprit cupide, abagore b'ubu nta rukundo namba bagira, buzuye agasuzuguro no gukunda ibintu gusa, akaba aho arindiriye ko rugutwara ngo abyegukane, byarimba akakwicisha. "Mugabo jya umenya ko hari umugore umwe gusa uzagukunda iteka ryose kugeza apfuye : "NYOKO WAKUBYAYE GUSA" Umugore mubi arutwa na Radio kuko yo ikumara irungu itagusakurije, ntikubwira ibitari ngombwa kandi ntikugisha impaka.
23.02.2012 saa 03:27
Kamali Yves
Etant donné que la femme est la segonde créature faite à partir de l'homme ceci explique sa dépendance. Iterambere ryanyu rirakenewe ariko ntimukirenganye hari aho mudashobora kurenga kuko Nyagasani ni uko yabishatse. Gusa mugabanye passion ahubwo mwiheshe agaciro mukora neza ibyo mushoboye kuko nibyo mwiratana nta mbaraga zanyu zirimo. Nonese itegekonshinga ritabarengeye mwebwe ubwanyu mwashobora kwirengera ? Ibaze ko arimwe benshi mu rwanda nyamara tukongeraho ngo nibura 30% mu nzego zifata ibyemezo !!!! Ubwabyo no kuba babaha umunsi wanyu ni ikibazo indi se isigaye ni iyande ? Hari intambwe mufite yo gutera ariko muzahere kuri ya mirimo yanyu abagabo badashobora maze mwiheshe agaciro. Ndabifuriza kujya mbere
23.02.2012 saa 02:30
joan
Marine ngo niba abagabo badafasha abagore ? Nibo babafasha cyangwa abagore nibo bakagobye gufasha abagabo mu gutunganya cg gukemura ibibazo by' urugo. Genda icyo yagakoze n'uguhindura imyunvire y'abagore, bakareka kunva ko ibibazo byose by'urugo bireba umugabo. Har'abagore benshi, sinvuze ngo bose, abagore benshi bifata nk'abana mu rugo. Ikibazo cyose n'umugabo ugomba kugisubiza. Kuber'iki ? Nibareke kurerwa nk'abana, bunve ko baje kubaka , bataje kurerwa. Har'imiryango ugeramo ugasanga umugabo yaragowe , ukabona birutwa no kubaho nta mugore ufite. Abagore bajijutse nibashyireho gahunda cg ikinyamakuru cyo gukangurira abgore bose kunva responsabilite za buri wese mu kubaka umuryango. bareke kuririmba gusa ngo uburenganzira bw'umugore. Niba kera ba sogokuruza batarigishaga abkobwa , ibyo twarabirenze. Mu gihe cyacu , umwana aresha n'undi. Ariko niba tureshya mu burenganzira , mwemere tureshye no muri responsabilite. Kuki umusi w'abagore , ko nta musi w'abagabo ubaho ? Mureke yose ibe iyacu twese.
23.02.2012 saa 01:18
MIGAMBI
That is it !
23.02.2012 saa 00:07
Henry Stonivich
Uyu munsi mpuzamahanga w'umugore ni uwo gufasha abanyarwanda bose muri rusange kurushaho kumva uruhare rwabo mu iteranbere ry'igihugu, kandi iterambere rihera mu rugo. Niba koko abagabo badafasha abagore, bididiza iterambere ry'urugo, bikaba binadindiza iterambere ry'igihugu
22.02.2012 saa 23:59
marine

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!