Kuri sitasiyo ya Polisi ya Kibungo mu Karere ka Ngoma ho mu Ntara y’Uburasirazuba hafungiye umugabo witwa Nzirumbanje Alphonse ukurikiranyweho icyaha cyo gutwika impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza ya murumuna we amuziza ko ngo yari yamusuzuguye.
Amakuru aturuka mu Mudugudu w’Isangano Akagari ka Karenge ahabereye iki gikorwa avuga ko Nzirumbanje yatwitse ibyagombwa bya murumuna we Twamugize Innocent n’iby’umukobwa benda kurushingana (fiancée) birimo imyampabumenyi zabo, indangamuntu n’imyenda irimo ikoti n’ipantalo bya murumuna we ndetse n’iy’umukunzi we yari yarahasize.
Aganira na IGIHE.com, Safari Adolphe, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Karenge avuga ko bageze aho iki gikorwa cyabereye bagasanga umwotsi urimo gucumba bakwitegereza neza bakabonamo impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza zatanzwe n’ishuri rikuru rya INATEK.
Safari avuga ko uyu mugabo yahengereye murumuna we adahari akaka umukozi we urufunguzo maze akinjira mu cyumba cye agakusanya ibi byagombwa byose akajya kubitwikira mu rupangu, ahantu hameze nk’ahagenewe guparika imodoka yarangiza akagura ingufuri nshya agafunga urugi maze agahita ajya kwiryamira.
Uyu muyobozi akomeza avuga ko bakihagera bamusabye gufungura akabasuzugura kugeza ubwo polisi yahageraga akabona gutanga imfunguzo.
Safari avuga ko Nzirumbanje yasobanuriye inzego z’ubuyobozi bw’ibanze n’iz’umutekano ko ibyo yakoze yabikoze atasinze. Yemeje ko yabikoze yabigambiriye kubera agasuzuguro murumuna we yari amaze iminsi amugaragariza.
N’ubwo atigeze ashaka gusobanura uburyo yamusuzuguraga, murumuna we yavuze ko ikintu bakundaga gupfa ari uko yari yaramusabye kumucungira igihe umugore we atahira ntabikore kuko ngo nta mwanya yabiboneraga.
Ikindi yagarutseho ni uko nyuma yo kutuzuza inshingano yari yahawe yahise amusaba kumusohokera mu rupangu ( yabaga muri ‘annexe’ y’inzu ye) maze agatinda kuhava.
Nzirumbanje wakoze iki gikorwa ni umugabo wubatse, ubu akaba yari arimo kwiga icyiciro cya gatatu cya kaminuza (master’s degree) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Byashoboka ko Twamugize yongera guhabwa impamyabumenyi ye ?
Aganira na IGIHE.com ku murongo wa Telefoni, Mpazimpaka Emmanuel Umuyobozi ufite mu nshingano ze kwakira abanyeshuri no kubaha ibyangombwa bakeneye (Registrar/Registraire ) yadutangarije ko iyo umunyeshuri yataye impamyabumenyi ye cyangwa bikaba nk’uko byagendekeye Twamugize Innocent ajya kwa "Notaire" akamuha urupapuro rwemeza ko yayitaye cyangwa yagize ikindi kibabo maze bakamukorera indi.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Barasaba ko imuturire mu ntara z’u Rwanda yanozwa
18.05.2012 |
|
Abirahiraga Imana y’i Kabgayi nta cyiza bahabonye muri Jenoside
18.05.2012 |
|
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge yateguye Inama mpuzamahanga y’Amahoro
18.05.2012 |
|
Polisi yafashe abagabo 4 bavidurira imisarani muri Nyabugogo
18.05.2012 |
|
Bahangayikishijwe n’iyimurwa ry’abagororwa muri gereza ya Gikongoro
18.05.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |