Kenya : Ababyeyi babateye kwiyahura


Yanditswe kuya 18-10-2012 - Saa 05:02' na Ange de la Victoire Dusabemungu

Mu mujyi wa Nyandarura mu gihugu cya Kenya, umugore witwa Esther Wangechi w’imyaka 24 n’umugabo we James Wanyeki w’imyaka 27 bari bafitanye umwana umwe bariyahuye umugore ahasiga ubuzima kubw’amahirwe umugabo ararokoko.

Uku kwiyahura byatewe n’uko ababyeyi b’umugore batifuzaga ko yakomeza kubana n’umugabo bari barashakanye.

Bamaze kwiyahuza ibirozi umugore yahise apfa, umugabo we baza gusanga akirimo akuka bamujyana kwa muganga. ngo ariko kandi nabona ubuzima azakatirwa nk’umuntu wagerageje kwiyahura.

Aba bakundanye hari hashize umwaka umwe babana ariko ababyeyi babahoza ku nkeke.

Nk’uko ikinyamakuru Daily Nation kibitangaza, Umuyobozi w’umujyi wa Nyandarura, Benjamin Onsongo yavuze ko uru rupfu rwaturutse ku babyeyi batishimiraga umubano w’abana babo.

Onsongo yavuze ko mu minsi yashize umugabo yari yagiye kwa mukuru we asiga amwandikiye akabaruwa kamumenyesha ko agiye kwiyahura.

Dore uko iyo baruwa yatangiraga : “Twarakundanye nk’inshuti ariko ababyeyi ntibifuje ko tubana.”

IBITEKEREZO
Turabashimira ko mutugezaho amakuru meza,uriya mufasha wa Meles zenai ,ikibazo afite gifite inshingiro ,kubijanye ni umutekano we,abayeyi ba mwe bo muri Kenya ni bahe uburenganzira abana babo.Tkx
Musubize19.10.2012 saa 09:00
UWAMAHORO Jacqueline

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!