Abakuru b’ibihugu byo mu karere k’Ibiyaga Bigari bahuriye mu nama i Kampala kuri uyu wa kabiri aho bigaga ku ngabo zakoherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu guhashya inyeshyamba zitwaje intwaro ndetse no gucunga imipaka hagati y’icyo gihugu n’u Rwanda.
Ihame ryo gushyiraho izo ngabo ryemejwe mu mpera za Nyakanga ubwo habaga inama mpuzamahanga idasanzwe ku karere k’Ibiyaga Bigari yari yatumijwe n’abakuru b’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika yabereye Addis Abeba.
Perezida wa Congo Kinshasa, Joseph Kabila na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, bahuriye mu murwa mukuru wa Uganda mu nama nshya ihuje ibihugu bigera kuri 11.
Abayobozi ba Congo bashingiye kuri raporo y’impuguke za Loni, bashinja u Rwanda kuba rufasha inyeshyamba za M23 zigumuye ku ngabo za Congo nyuma y’uko zari zarinjijwe mu zindi ngabo ubwo zari ziri mu nyeshyamba za CNDP. Ayo masezereno yo kuzinjiza mu ngabo yabaye tariki 23 Werurwe 2009 ariko muri Mata uyu mwaka zigumuye ku ngabo za Leta zivuga ko amasezerano atubahirijwe.
Kigali yo ihakana ibyo iregwa ahubwo ikavuga ko Kinshasa ikomeje gushyigikira abarwanyi ba FDLR barimo abasize bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 baba mu Burasirazuba bwa Congo.
Mu nama ya Addis Abeba, abakuru b’ibihugu byombi bari bahuye bwa mbere kuva M23 yafata intwaro maze baganira kuri icyo kibazo imbona-nkubone.
Baganiriye kandi ku byerekeye ingabo zashyirwaho ariko ikizwi ni uko Kigali na Kinshasa bitavuga rumwe ku byerekeye icyo kibazo.
Foto:Village Urugwiro
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
DRC : Abarenga 20 bagwiriwe n’ikirombe
18.05.2013 |
|
Afurika y’Epfo : 23 bishwe no gusiramurwa bya gakondo mu cyumweru kimwe
17.05.2013 |
|
Nigeria : Polisi yafunze 3 bakekwaho gucuruza abana
16.05.2013 |
|
RDC : FDLR yayogoje abaturage
16.05.2013 |
|
Kenya : Imbere y’Inteko bigaragambije bakoresheje ingurube
14.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |