Congo : Umucamanza Fatumata ahangayikishijwe n’itinda ry’urubanza rwa Bemba


Yanditswe kuya 25-10-2012 - Saa 07:08' na Abdou Nyampeta

Ku itariki ya 24 Ukwakira 2012, Fatumata Diara, Umucamanza mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rw’i La Haye CPI, yagaragaje impungenge afite z’itinda ry’urubanza rucirwa Jean-Pierre Bemba, Umuyobozi w’umutwe ugamije kubohora Congo-Kinshasa MLC( Mouvement de Libération du Congo) ufungiye i La Haye ubu hashize imyaka itanu.

Jean-Pierre Bemba wahoze ari Umusenateri aregwa ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyoko muntu byakorewe mu gihugu cya Repubulika ya “Centre Afrique” n’inyeshyamba za MLC, hagati y’umwaka wa 2002 n’uwa 2003.

Amakuru dukesha Radio Okapi avuga ko umucamanza Fatumata Diarra, ibyo yabitangarije i Kinshasa ubwo yari mu nama y’umunsi wahariwe ubumenyi ku mategeko agenga CPI.

Kuva mu ntangiriro za Kanama ni bwo urukiko rwatangiye kumva abatangabuhamya mu rubanza rwa Bemba, ariko iby’ingenzi byumvirwaga mu muhezo.

Mu byumweru bibiri bishize, abakozi benshi bo mu butegetsi bwahozeho bwa Ange Félix Patassé bashyikirije urukiko ubuhamya bwabo ariko bahinduye amazina.

Nk’uko inyandiko zibigaragaza, Leta ya Ange Félix Patassé mu mpera z’Ukwakira 2002 yahaye imyambaro ya gisirikare n’intwaro inyeshyamba za MLC zari zigamije kurwanya inyeshyamba zari ziyobowe na François Bozizé ubu uri ku butegetsi.

Umutwe wa MLC uregwa kuba warakoze ibyaha byo gufata ku ngufu abagore, ubwicanyi no gusahura. Bamwe bemeza ko ibyo byakozwe n’izo ngabo kuko ababikoraga bavugaga ururimi rw’ i Lingala.

Kuva urubanza rwatangira Bemba yakomeje guhakana ibyaha arerwa avuga ko ibyo bigomba kubazwa abahoze ku butegetsi kuko abarwanyi be bari abacanshuro.

IBITEKEREZO
Ariko abanyapolitiki ba Congo baratangaje. Baba bananiwe gukemura ibibazo byabo bakajya gutera akaduruvayo mu bindi bihugu ? Ahaa
Musubize26.10.2012 saa 00:20
Felix

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!