Umufasha wa nyakwigendera Meles Zenawi wahoze ari Minisitiri w’intebe wa Ethiopia yanze kuva mu ngoro ya Leta babagamo ngo hajyemo umuyobozi mushya n’umuryango we.
Nk’uko ikinyamakuru cya Leta ya Ethiopia cyabitangaje, Leta ya Ethiopia yahaye umufasha wa nyakwigendera Zenawi, Azeb Mesfin, n’abana be amahirwe yo kujya kureba imwe mu nzu eshatu we n’umuryango we Igihugu cyabageneye ziri muri Addis-Abeba, ariko Azeb Mesfin ntiyigeze ashaka kugira n’imwe areba kubera ko atizeye umutekano we.
Nk’uko tubikesha Africareview, ubu umuyobozi mushya wa Ethiopia Hailemariam Desalegn atuye mu ngoro nto iri mu nkengero z’Uburengerazuba bw’umurwa mukuru w’Addis-Abeba.
Hailemariam Desalegn yarahiriye kuba umuyobozi mu kwezi gushize kwa Nzeli2012, nyuma yo kuba minisitiri w’intebe by’agateganyo kuva ku itariki ya 20 Kanama Meles Zenawi amaze gupfa. Ariko kuva icyo gihe, ntiyigeze ahabwa ingoro y’umukuru w’igihugu, kuko umufasha wa nyakwigendera Meles akiyirimo.
Azeb ni umubyeyi w’abana batatu, akaba yaratowe bwa mbere kuba umudepite mu mwaka w’2005, nyuma yongera gutorwa mu 2010, akaba anayobora akanama k’abaherwe gafata imyanzuro mu ishyirahamwe ry’inganda zifite ibikorwa bitandukanye.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
DRC : Abarenga 20 bagwiriwe n’ikirombe
18.05.2013 |
|
Afurika y’Epfo : 23 bishwe no gusiramurwa bya gakondo mu cyumweru kimwe
17.05.2013 |
|
Nigeria : Polisi yafunze 3 bakekwaho gucuruza abana
16.05.2013 |
|
RDC : FDLR yayogoje abaturage
16.05.2013 |
|
Kenya : Imbere y’Inteko bigaragambije bakoresheje ingurube
14.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |