Ingabo za Guverinoma ya Congo zashoje amahugurwa y’iminsi 2, agamije kuvugurura igisirikare mu ntego ya Lobi Mokolo Ya Sika, bivuze ngo ejo byose bizaba bishya, mu rwego rwo gukangurira ingabo kumenya uburenganzira bw’ikiremwa muntu, kubana neza n’abaturage, ndetse no kumenya uko ingabo zitwara mu rugamba.
Umuryango udaharanira inyungu wo muri Amerika, Search for Common Ground (SFCG), ni wo wahuguye abasirikare ba Leta ya Congo, ku uburenganzira bw’ikiremwa muntu.
Umuyobozi wa SFCG muri Congo, Dirk Van Koch, yavuze ko ubusanzwe hari imitwe myinshi ya gisirikare yinjiza abantu mu ngabo badahawe inyigisho, bigatuma bamwe bakora ibikorwa bya kinyamaswa, aho atanga urugero rw’aho bamwe bagiye baca amabere y’ababyeyi, n’ibindi bice by’umubiri mu Burasirazuba bwa Congo.
Dirk Van Koch yagize ati “Abenshi bakora ibyo bikorwa ni abinjizwa mu gisirikare bakiri bato, kandi hari abakata ibice by’imibiri y’abantu kuko abapfumu ba bibategetse”.
Ubu iyi nsanganyamatsiko ya Lobi Mokolo Ya Sika, ejo byose bizaba bishya, iratangwa n’abasirikare bakuru bahugura bagenzi babo, kandi bagomba nabo kuzageza izi nyigisho ku bandi bo hasi.
Nkuko Ijwi ry’Amerika dukesha iyi nkuru rubivuga, Dirk Van Koch yabwiye abari mu mahugurwa ati ”Mwibuke ko nimusubira mu birindiro muzahugura abandi basirikare bagenzi banyu, bamwe ntibigeze bumva ko umuturage yagira uburenganzira, habe no kumenya ko kurugamba haba n’imyitwarire”.
Muri aya mahugurwa abo basirikare berekwa filmi zigaragaza abakobwa bahohoterwa, bagasabwa kwiyumvisha ubu babare bw’aba hohoterwa, cyane ko aya mahugurwa ngo agamije kwamagana ihohoterwa rikorerwa mu Burasirazuba bwa Congo.
Umubare w’abasirikare bafata abagore ku ngufu ugenda wiyongera, icyakora Perezida Joseph Kabila yamaze gushyira ho itegeko ryo guhana bihanukiriye uwo ari we wese wafatirwa muri iryo kosa.
Mugihe rero Dirk Van Koch abona ko iki kibazo kititabwaho nk’uko bikwiye, niyo mpamvu yashatse ko abasirikare bahugurirwa kuzigisha abandi uburenganzira bwa kiremwa muntu.
Dirk Van Koch yongera ho ati “Turabigisha uko umusirikare yatanga mugenzi we wahohoteye umuturage, kandi yifuza ko hashyirwaho itsinda rishinzwe kureberera abaturage, rikazaba ririmo na rubanda basanzwe kugirango buri wese agire uburenganzira bwe.
Mu igenzura ryakozwe n’ingabo za Loni zicunga amahoro muri Congo (MONUSCO), basanze nibura abasirikare ba Leta ya Congo 224 barahamwe n’icyaha cyo guhohotera kuva mu mwaka wa 2010 kugeza 2011, kandi kimwe cya kabiri cy’uyu mubare ni abahohoteye bashingiye ku gitsina.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
DRC : Abarenga 20 bagwiriwe n’ikirombe
18.05.2013 |
|
Afurika y’Epfo : 23 bishwe no gusiramurwa bya gakondo mu cyumweru kimwe
17.05.2013 |
|
Nigeria : Polisi yafunze 3 bakekwaho gucuruza abana
16.05.2013 |
|
RDC : FDLR yayogoje abaturage
16.05.2013 |
|
Kenya : Imbere y’Inteko bigaragambije bakoresheje ingurube
14.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |