Zimbabwe : Kuri uyu wa Kabiri perezida Robert Mugabe yizihije isabukuru y’amavuko y’imyaka 88 mu birori byatwaye akayabo k’ibihumbi 750 000 by’amayero (euros) mu gihe abaturage batari bake bo muri Zimbabwe bugarijwe n’ikibazo cy’ubukene bukabije.
Nk’uko urubuga rwa yahoo.fr rubigaragaza, aka kayabo k’amafaranga kakoreshejwe mu kugura umugati w’isabukuru y’amavuko munini, ibyo kurya n’ibyo kunywa, igitaramo n’abahanzi, iserukiramuco ry’imyiyereko y’aba miss n’irushanwa ry’umupira w’amaguru ryari ryiswe ’Bob 88 Super Cup’.
Abatavuga rumwe n’ ubutegetsi bakomeje gutangariza ibitangazamakuru bitandukanye ko ibyabaye bibabaje cyane kandi ari ukwaya gukabije kuko abaturage batari bake ntacyo kurya bafite, mu mashuri nta bitabo bihagije bihaba, kandi n’indwara ya Tifoyide (typhoïde) ikomeje kuba ingorabahizi muri Zimbabwe.
Minisitiri w’intebe Morgan Tsvangirai wahoze ahanganye na Mugabe cyane avuga ko uku ari ugusesagura gukabije yirengagije ibibazo biri mu gihugu cye, ati :’’Mugabe asa n’utazi ukuri kw’ibibera mu gihugu amaze imyaka 32 ayobora’’.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Umuduga wari utwaye amahera yo guhemba abasirikare waguye mu mutego
18.05.2012 |
|
Abashingamateka batowe mu Ntara ya Kivu y’ Amajepfo, baratanguye kwicamwo imice
18.05.2012 |
|
Perezida Kikwete yirukanye igitaraganya abaminisitiri 6 abaziza ruswa
17.05.2012 |
|
Abagore basabwe kutiyitaho ngo badakurura abagabo
16.05.2012 |
|
Afurika mu gukemura ibibazo igendeye ku mahirwe kamere
16.05.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |