Abanyecongo 4 bitabiriye imikino Olempike baburiwe irengero i Londres mu Gihugu cy’u Bwongereza, nkuko Radio ya Loni ikorera muri Congo yabitangaje kuwa Mbere tariki ya 13 Kanama 2012.
Abakinnyi bazimiye barimo umuteramakofe Mandembo Cedric wazimiriye i Londres nyuma y’umuhango wo gusoza imikono Olempike ku mugaragaro. Kuva uwo munsi telefoni ye ntishobora gucamo, kandi baheruka kumuca iryera mbere y’amasegonda 49 ngo umukino w’amaguru wabaye uwo munsi urangire.
Abayobozi bo mu gihugu cya Congo bavuze ko uriya mukinnyi hari ababonye afata ibikapu bye ava ahaberaga imikino arigendera, ariko ntawe yigeze abwira aho agiye.
Abandi batarabonerwa irengero ni abayobozi 2 b’amakipe ya boxing na judo, hamwe n’undi muyobozi umwe ushinzwe imikino muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Usibye Abanyekongo batarabonerwa irengero, hari n’abandi Banyafurika batagarutse mu bihugu byabo nyuma y’imikino ya Olempike, harimo n’Abanyakameroni basaga 7 batagarutse.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
DRC : Abarenga 20 bagwiriwe n’ikirombe
18.05.2013 |
|
Afurika y’Epfo : 23 bishwe no gusiramurwa bya gakondo mu cyumweru kimwe
17.05.2013 |
|
Nigeria : Polisi yafunze 3 bakekwaho gucuruza abana
16.05.2013 |
|
RDC : FDLR yayogoje abaturage
16.05.2013 |
|
Kenya : Imbere y’Inteko bigaragambije bakoresheje ingurube
14.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |