Mu gihe gito, amaze atorewe kuyobora u Bufaransa, Perezida François Hollande agiye kuza mu Karere k’Ibiyaga Bigari, mu nama ihuza ibihgu bivuga ururimi rw’Igifaransa izaba mu kwezi kwa Nzeli, hagati y’itariki ya 12 na 14.
Hollande yatangaje ku mugaragaro ko azaza muri Congo, ubwo yagezaga ijambo ku b’ambasaderi bahagarariye ibihugu byabo mu Bufaransa. Ikindi kandi yagaragaje ko u Bufaransa bushaka ko muri ibyo bihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa haragwa amahoro n’umutekano.
Nk’uko tubikesha Jeune Afrique, Hollande yagize ati “Nzajya mu nama izahuza ibihugu bivuga Igifaransa i Kinshasa, mu byumweru biri imbere. Nzahura n’abanyapolitikii batavuga rumwe na Leta n’imiryango itegamiye kuri Leta. ”
Mu mvugo ya Perezida Hollande, agaragaza ko icyo u Bufaransa bugamije ari demukarasi nabwo bwemera, hatibagiranye kurwanya ruswa.
Perezida Hollande yagaragarije ba amabasaderi ko u Bufaransa bushyize imbere politiki mpuzamahanga, igira iti “ Kuvuga byose ahantu hose, no gukora ku buryo ibivuzwe bishyirwa mu bikorwa.”
U Bufaransa kandi busaba ko habaho ubutabera ku rupfu rw’uwaharaniraga uburenganzira bwa muntu muri Congo, Floribert Chebeya.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
DRC : Abarenga 20 bagwiriwe n’ikirombe
18.05.2013 |
|
Afurika y’Epfo : 23 bishwe no gusiramurwa bya gakondo mu cyumweru kimwe
17.05.2013 |
|
Nigeria : Polisi yafunze 3 bakekwaho gucuruza abana
16.05.2013 |
|
RDC : FDLR yayogoje abaturage
16.05.2013 |
|
Kenya : Imbere y’Inteko bigaragambije bakoresheje ingurube
14.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |