Togo : Mu rwego rwo kurwanya ubutegetsi, bafashe icyemezo cyo kutaryamana n’abagabo babo


Yanditswe kuya 28-08-2012 - Saa 01:45' na Habimana James

Guhera kuri uyu wa mbere, mu gihugu cya Togo haravugwa imyagaragambyo yateguwe n’abagore baho bavuga ko bagomba kumara icyumweru bataryamana n’abagabo babo mu rwego rwo kugaragagaza ko batishimiye ubutegetsi bwa perezida Faure Gnassingbe w’icyo gihugu.

Iyi myigaragambyo yo muri iki gihugu, yahamagariwe n’amashyirahamwe 9 yo muri icyo gihugu, imiryango imwe itegamiye kuri leta ndetse n’andi mashyaka 7 arwanya ubutegetsi bw’icyo gihugu.

Isabelle Amegavi urwanya leta y’icyo gihugu, yatangaje ko bahisemo kwifashisha uburyo bw’imibonano mpuzabitsina ku bagabo babo, kuko ngo babona aribwo buryo bwonyine bwafasha mu guhindura ubutegetsi bw’icyo gihugu.

Amakuru dukesha urubuga rwa BBC, avuga ko aba bigaragambya, bavuga ko bashaka ko ubutegetsi bwa Faure Gnassingbe bwavaho dore ko mu myaka yose ishize usanga aribwo bwihariye ubuyobozi.
Ameganvi yakomeje avuga ko yizeye ko ibi bakoze bizabyara umusaruro kuko ngo bafatiye urugero kuri bagenzi babo babikoze muri Liberia mu mwaka wa 2003 ubwo bakoreshaga ubu buryo bwo kwanga kuryamana n’abagabo babo kandi ngo bikaba byaratanze igisubizo k’ingirakamaro.

Yakomeje agira ati “niba abagabo bacu banze kumva ibyo twe nk’abagore tubasabye, natwe dukoresha ubu buryo kuko wenda aribwo batwumva”.

Perezida Faure Gnassingbe yagiye ku butegetsi mu mwaka wa 2005, nyuma y’urupfu rwa se Gnassingbe Eyadema wari umaze imyaka igera kuri 38 ari ayobora icyo gihugu.

IBITEKEREZO
les malheurs des uns fait le bonheur des autres, Ubwo indaya zaho zibyungukiyemo.
Musubize29.08.2012 saa 01:25
Vubi
Ibi byose rero ni ukubeshyana gusa. Umugabo azasaba umugore we ibintu bye azi neza ko atarwaye hanyuma amubwire ngo hoya ntibishoboka twabakupiye ! Ariko bagiye bareka kubeshyana bagashaka izindi nzira zituma bagera kubyo bashaka badakoresheje ikinyoma. Mbwira ukuntu umugore wishakiye ugasezerana nawe azakubwira ngo hoya ! Intekamutwe ziragwira, ubwo yaba akirurayemo ra !
Musubize28.08.2012 saa 15:05
Barabeshyana
Harya ngo umusazi yasomeje amata amaganga agira ati ibitajyanye ni ibi ? ibyo aba barimo nti bishobotse cyakora njya mbona muri WEST AFRICA ubashije gukangara wese ashobora guhirika bigakunda. wabona aba bagore bazamufatira mu mwobo aka GBAGBO n'Abafaransa. ubona wenda iyo bavuga bati turajya mu mihanda twambaye amakariso gusa ? aho nzi ko byahungabanya abagabo bagakora intervention. Politiku we uri umwijima aho uva ukagera.
Musubize28.08.2012 saa 14:14
MUGWANEZA
uwo ushaka ubuyobozi abe ariwe wima umugabo we areke gushuka bagenzibe.
Musubize28.08.2012 saa 08:01
tetero
Reka njye mbagire inama. aba bagore bahe izi ndaya ibifaranga byinshi muri iki gihe cy'imyigaragambyo ubundi na zo zibafungire amazi n'umuriro maze murebe ko bidashoboka !
Musubize28.08.2012 saa 03:49
Vin
Ibi ntaho bizabageza kubera impamvu zikurikira : 1) First Lady birumvikana ko we gahunda ikomeza kuko atashyigikira ko umugabo we avanwa kubuyobozi. 2) Indaya zirahari ni nka ya makoma atabuze murutoki. 3) Biragoye gukora igenzura ko byubahirijwe. Ibi byose rero biragaragaza ko barushywa n'ubusa.
Musubize28.08.2012 saa 03:11
Ji
ibyuvze nukuri nange niko mbiona
28.08.2012 saa 07:57
tetero
hahahahhah ! mbega abagore b'ibicucu ! Ubwo se babujije n'indaya gukora akazi kazo ? ahubwo ndumva ibiraka biri buboneke ku bwinshi
Musubize28.08.2012 saa 02:32
munezero marine
Abatazi ibijyanye no guhanga udushya rero murebere aha ! Icyumweru ariko umenya kidahagije, iyo biha nk'ukwezi kuzuye ngo urebe ngo Perezida abakozi b'abagabo baramushiraho ! Ikibazo : bazamenya bate ko abagore bose bubahirije gahunda ko zose ziba mu ibanga ? Nizere ko first lady wabo afata iyambere, otherwise boss mukuru ntazamenya ko byakomeye !
Musubize28.08.2012 saa 02:09
agaciro peace

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!