Indorerezi zaturutse mu nteko ishinga amategeko z’ibihugu bihuriye mu kanama mpuzamahanga ku karere k’ibiyaga bigari - ICGLR (International Conference on the Great Lakes Region), ziremeza ko amatora y’abadepite yabaye mu Rwanda, yaciye mu mucyo kandi agakorwa mu mutekano uhagije.
Izi ndorerezi zabitangaje mu kiganiro zagiranye n’abanyamakuru i Kigali, kuri uyu wa gatatu tariki ya 18 Nzeri, ikiganiro cyari kigamije ku kugaragariza Abanyarwanda ndetse n’abatuye muri aka karere uko amatora yagenze mu Rwanda.
Nk’uko umuyobozi wungirije w’iri tsinda ry’indorerezi, Kakoba Onyango yabitangarije abanyamakuru, ngo amatora y’abadepite yabaye mu Rwanda, yaranzwe n’ibintu bikurikira n’ibintu bitandukanye.
Avuga ko ari amatora yakozwe mu buryo bukurikije amategeko, mu mutekano kandi yaciye mu mucyo.
Izi ndorerezi zivuga ko kandi Abanyarwanda bitabiriye amatora ku buryo buhagije. Zivuga ko Abanyarwanda bagaragaje ubwitange mu matora y’abadepite aho bagerageje gukoresha n’ibikoresho byabo kugira ngo amatora agende neza.
Onyango yavuze ko nubwo amatora yagenze neza, hagaragayemo utubazo tumwe na tumwe nk’aho amakarita yitora yabaye make.
Onyango yagize ati "Iki kibazo cyo kikaba ari ikibazo rusange ahantu haba habaye amatora."
Nyuma y’aho indorerezi za ICGLR zishimiye uburyo amatora yagenze mu Rwanda, abanyamakuru babajije abadepite aho bashingiye bashima amatora mu gihe bageze hamwe na hamwe mu gihugu, nyamara ngo hari aho abantu berekwaga aho batora ndetse mu karere ka Burera ishyaka PSD rikaba ryarasanze amajwi yaryo inyuma y’icyumba cy’itora yajugunywe.
Higiro Prosper, umunyamabanga w’iri tsinda ry’indorerezi za ICGRL akaba yavuze ko ibyo aribwo bwa mbere abyumvishe. Yagize ati "Mu turere turindwi twabashije kugeramo Gasabo, Kicukiro, Nyarugenge, Rwamagana, Kamonyi, Rulindo ndetse na Bugesera, amatora yakozwe mu mucyo; icyo kibazo nibwo twacyumva."
Indorerezi zo muri ICGLR zabajijwe niba zo zitarahuye n’ibibazo abaturage bagiye bahura nabyo, nko kubasaba ko bagira uruhare mu matora ndetse n’ibindi..
Higiro yavuze ko hari n’ibyo abantu bavuga bakabya. Yagize ati "Hari aho twagiye tujya ukabona umuntu azanye igitenge bakabyifashisha mu byumba by’amatora ndetse amatora yarangira akaza kwanura ibikoresho; ubona ko ari ukwitanga."
Izi ndorerezi zikaba zashimangiye ko aya matora yari meza ugereranije n’andi yagiye aba.
Indorerezi ziturutse mu nteko zishinga amategeko zo mu bihugu bya ICGLR zikaba zarageze mu Rwanda ku itariki 9 Nzeri, kugira ngo zikurikirane amatora yabaye kuri uyu wa mbere tariki ya 16 Nzeri 2012.


















TANGA IGITEKEREZO