Uganda : Hafashwe bimwe mu bikoresho bya gisirikare bikoreshwa na Joseph Kony


Yanditswe kuya 30-08-2012 - Saa 08:40' na Emmanuel Kanamugire

Igisirikare cya Uganda (UPDF), cyiratangaza ko cyafashe bimwe mu bikoresho bya gisirikare ndetse n’ibyo mu rugo, mu bitero izo ngabo zikomeje kugaba mu gihugu cya Central Africa zishakisha Joseph Kony, urwanya ubutegetsi bwa Uganda.

Amakuru dukesha The New Vision, avuga ko muri icyo gitero, umwana w’imyaka 6 wavukiye mu ishyamba yashoboye kubohorwa, icyakora kugeza ubu ababyeyi be bo baracyaririmo.

Umuvugizi w’Ingabo za Uganda Coloneli Felix Kulayigye, yatangaje ko muri iki gitero bahitanye inyeshyamba za Joseph Kony zigera kuri 2, ndetse hanafatwa n’ibindi bikoresho bya gisirikare birimo n’intwaro.

Mu bindi bikoresho byafashwe harimo amasafuriya, amasahane, amaradiyo ndetse n’igikoresho gitanga umuriro uturutse ku mirasire y’izuba.

Igihugu cya Uganda, cyatangiye kugaba ibitero mu gihugu cya Central Africa mu guhiga Joseph Kony mu mwaka wa 2009, nyuma y’aho Central Africa itangiye uruhushya ku ngabo za Uganda rwo kwambuka umupaka zikerekeza muri icyo gihugu.

Uyu Joseph Kony, ashakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ruri i La Haye mu Bubuholandi, aho ashinjwa ibyaha by’intambara.

IBITEKEREZO
UBUSE KWELI , IZI NIZO MBUNDA ZAZENGEREJE UPDF, NI HATARI !!!
Musubize31.08.2012 saa 13:42
EAC
Amasafuriya n'amasahane ? karibu rero !
Musubize30.08.2012 saa 15:15
papy
mwabuze gufata ibahanura indege mufata iyo migano,ngo ni za enifilde ibibikoresho numuhinzi yabyigurira mba nkunyaga
Musubize30.08.2012 saa 08:59
mapinduzi

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!