Ubwo urubanza rw’abashinjwa gushaka guhitana Kayumba Nyamwasa tariki 19 Kamena 2010 rwakomezaga kuri uyu wa Kabiri, abapolisi bakoze iperereza ku ikubitiro bakomeje kubazwa ibibazo byerekeranye n’uko abaregwa batawe muri yombi. Gusa hongeye kugaragara ukwivuguruza no guhizagurika mu byo bavugaga, byatumye bamwe bibaza niba urwo rubanza rudakwiye guhagarikwa, dore ko abafashe abaregwa badasobanura icyabibateye.
Umupolisi ufite ipeti rya liyetona wari wabajijwe kuwa mbere niwe wongeye kubazwa kuri uyu wa Kabiri, aho yasobanuraga uburyo abaregwa numero 2 na numero 3 bafashwe. Uwo mupolisi yagaragaje kwivuguruza mu mvugo, aho yavuze ibitandukanye n’ibyo yari yaratangaje mu mwaka ushize. Abajijwe impamvu y’uko kwivuguruza uwo mupolisi yavuze ko yarazi ko atahinduye imvugo, ngo ariko bishobora kuba byatewe n’uko hashize igihe kinini atavuga kuri iyo ngingo.
Urujijo ku wari umushoferi wa Kayumba Nyamwasa
Ubwo yabazwaga aho umushoferi wa Kayumba Nyamwasa (bari kumwe araswa) yafungiwe amaze gufatwa, umuyobozi wa sitasiyo ya Polisi yagejejweho abaregwa bwa mbere yatangaje ko bamufungiye mu biro bye, mu gihe umwe mu bapolisi ayobora yari yavuze ko umushoferi yafungiwe mu magorofa yo hasi, ahantu hafunze n’ingufuri. Abajijwe ibyafatwa nk’ukuri muri ibyo bisubizo byombi, uwo muyobozi yasubije ati “ Nimwemere ibyo mbabwiye, ibyo uriya avuga arabeshya… Ndamukuriye, maze imyaka myinshi mu kazi, nijye uvuga ukuri !”
Bamwe mu baregwa barambiwe urubanza
Mu gihe urubanza rugomba gukomeza mu minsi isigaye muri iki cyumweru, aho ababuranira abaregwa numero 5 na numero 6 (ariwe umushoramari w’Umunyarwanda Pascal Kanyandekwe), bamwe mu baregwa n’abababuranira baribaza impamvu umucamanza adahagarika urubanza kandi hakomeje kugaragara urujijo, aho abapolisi n’abandi batangabuhamya bivuguruza, uwarashwe n’uwamurashe ntibagaragare mu rukiko, imbunda yamurashe nayo ntiyerekanwe.
Abamenyereye iby’imanza muri icyo gihugu bo bavuga ko umucamanza akwiye guhagarika urubanza, cyangwa ubushinjacyaha bugasaba ko rwahagarara kuko ntaho rugana.
Abandi bo bizeye ko Frank Ntwali (muramu wa Kayumba Nyamwasa) ukomeje kuvugwa cyane muri uru rubanza azabazwa ku ruhare yagize mu gufata abaregwa kandi atari umupolisi. Uwo mugabo kandi aravugwaho kuba ariwe ubitse imbunda yakoreshejwe mu kurasa muramu we, no kuba yaragize icyo akora mu bimenyetso by’aho icyaha cyakorewe no mu mazu y’abaregwa, dore ko ariwe wahageraga mbere.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Umuduga wari utwaye amahera yo guhemba abasirikare waguye mu mutego
18.05.2012 |
|
Abashingamateka batowe mu Ntara ya Kivu y’ Amajepfo, baratanguye kwicamwo imice
18.05.2012 |
|
Perezida Kikwete yirukanye igitaraganya abaminisitiri 6 abaziza ruswa
17.05.2012 |
|
Abagore basabwe kutiyitaho ngo badakurura abagabo
16.05.2012 |
|
Afurika mu gukemura ibibazo igendeye ku mahirwe kamere
16.05.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |