IGIHE.com > Amakuru

U Rwanda na Turukiya byasinye amasezerano yo kunoza umubano


Yanditswe kuya 3-07-2012 - Saa 21:17' na Ishimwe Samuel

Kuri uyu wa Kabiri tariki 3 Nyakanga, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo na Minisitiri w’intebe wungirije wa Turukiya Besir Atalay, basinye amasezerano yo kunoza ubutwererane n’umubano hagati y’ibihugu byombi.

Nkuko Minisitiri Mushikiwabo yabisobanuriye abanyamakuru, ibihugu byombi byari bisanzwe bifitanye umubano, ariko aya masezerano aje mu rwego rwo kuwushyira ku mugaragaro ndetse no kuwongerera imbaraga.

Asobanura impamvu nyamakuru yo kugirana umubano na Turukiya, Minisitiri Mushikiwabo yagize ati :”Uyu mubano uzadufasha mu kugera mu gace k’u Burasirazuba bwo hagati, Turukiya iri ahantu heza hagati y’Aziya n’u Burayi. ”

Yakomeje avuga ko Turukiya ari igihugu gifite umuvuduko mu iterambere, bityo bikazafasha u Rwanda mu ishoramali mu byiciro birimo : ubwikorezi, ubukerarugendo, amahoteli,uburezi n’ibindi.

Minisitiri Mushikiwabo yashimangiye ko uyu mubano uri muri politiki mpuzamahanga y’u Rwanda igamije kongera inshuti hirya no hino, yagize ati :”Iki ni igice cya politiki mpuzamahanga yacu, isaba u Rwanda kutagarukira ku bihugu by’inshuti dusanganywe gusa, ahubwo tukagera no mu bindi bice by’Isi.” Aha Mushikiwabo yavuze ko ari muri urwo rwego bari gutsura umubano mu bihugu bya Asia n’Afurika y’i Burengerazuba no hagati.

Yongeyeho ko uyu mubano uzagirira inyungu Abanyarwanda nko mu burezi, aho ubu bari kugirana amasezerano na Kaminuza zo muri Turukiya, biga uburyo bakorohereza abanyeshuri b’Abanyarwanda kwigayo. Mushikiwabo yavuze ko ubu hari na sosiyete ikomeye igiye gutangira kubaka amashuri mu Rwanda mu mezi make.

U Rwanda rumaze imyaka itatu rufite ubutwererane na Turukiya, imwe mu mbuto y’uyu mubano ni itangizwa ry’urugendo rw’indege wa Kigali-Istanbul, rukorwa na kompanyi y’indege yo muri icyo gihugu, Turkish Airlines.

Uretse mu bijyanye n’ubucuruzi, aya masezerano anavuga ku mikoranire mu by’umutekano, nko kurwanya iterabwoba n’ibyaha ndengamipaka, no guhanahana amahugurwa.
Minisitiri Mushikiwabo yatangaje ko ibihugu byombi byemeranije ku mushinga wo gufungura ambasade mu bihugu byombi, mu rwego rwo kunoza ubufatanye.

Aya masezerano aje nyuma y’uruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriye muri Turukiya muri Werurwe uyu mwaka, aho yabonanye n’abashoramali ndetse ahabwa impamyabushobozi y’ikirenga y’icyubahiro na Kaminuza ya Fatih.

Igihugu cya Turukiya giherereye mu gace kari hagari y’umugabane wa Aziya n’u Burayi mu Burengerazuba bwo hagati, gifite ubuso bwa 783,562 km2 n’abaturage barenga miliyoni 74.

IBITEKEREZO
Uburengerazuba bwo hagati ??
Musubize4.07.2012 saa 01:59
mwabaye mute
Utabaniye neza umuturanyi we sinzi niba yabasha kubanira neza inshuti ya kure. Turqiya ntako itagize ngo ikunde yemerwe muri EU (European Union), ariko ubanza bitazayorohera, icyo izira ntakindi, ni ukuba ifite amateka ya giteroriste(Umubare munini w'aba islam, amateka y'Ingoma ya Islam). None iri gushaka gufasha OTAN kugaba ibitero kuri Syria ngo wenda irebe ko yakwemerwa kujya muri EU. Bonne chance Mushikiwabo. Muslims must wake up !
Musubize3.07.2012 saa 22:58
Abdullah

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!