IGIHE.com > Amakuru
U Rwanda rwahawe intebe mu kanama ka LONI  gashinzwe amahoro ku isi PRINT VISITS : 57051 COMMENTS: 33 

U Rwanda rwahawe intebe mu kanama ka LONI gashinzwe amahoro ku isi


Yanditswe kuya 23-02-2012 - Saa 07:20' na NTWALI John Williams

Mu gihe cy’imyaka ibiri u Rwanda ruzaba mu Kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi (Security Council). Ni umwanya rusimbuyeho igihugu cya AfurikA y’Epfo

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi kabamo ibihugu cumi na bitanu. Mu bihugu 193 bigize Umuryango w’Abibumbye, uretse bitanu by’ibihangange bihora muri aka kanama bikagiramo n’uburenganzira ndakumirwa (Veto), ibindi byose bisigaye bigenda bisimburanamo, buri myaka ibiri hakajyamo ibihugu icumi.

Muri aka kanama buri gihugu gikorera ubuvugizi itsinda ry’ibihugu gihagarariye. Iyi myaka ibiri u Rwanda ruzaba ruhagarariye ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo.

Si ubwa mbere u Rwanda rwicara kuri iyi ntebe, rwayiherukagaho mu myaka 18 ishize, ni ukuvuga mu mwaka w’1994. Cyakora kuba u Rwanda rwari mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’umutekano ku isi muri uwo mwaka w’1994 ntibyabujije jenoside guhitana inzirakarengane muri icyo gihe.

N’ubwo nta gikorwa cyihariye igihugu icyo aricyo cyose gisabwa kugira ngo gitoranywe, umutekano, ituze n’amahoro bikirangwamo ni bimwe mu bituma kidatambamirwa mu gihe kigomba guhabwa intebe muri aka kanama k’amahoro n’umutekano ku isi.

IBITEKEREZO
nubwo ibihugu bisimburana siko byose byuzuza inshingano biba bifite.urwatubyaye haricyo ruzereka amahanga muri iyo myaka kuba hari ababyishimira ntakibi kuko hariya hafatirwa ibyemezo byinshi cyane nk. ibihugu birimo intambara. igihugu cyacu gishobora gutanga inama z.ingira kamaro nkuko bisanzwe bigenda.
10.03.2012 saa 23:14
helen
oye rwanda komereza aho ! Tukurinyuma.
4.03.2012 saa 07:05
oncle mwa
oye rwanda komereza aho ! Tukurinyuma.
4.03.2012 saa 07:05
oncle mwa
si ubw mbere rugiyemo
27.02.2012 saa 03:21
PATRICK RUGERO
Njyewe nta nyungu mbibonamo keretse amahirwe yose akoreshejwe kuburyo byagirira abanyarwanda akamaro naho ubundi ni bisanzwe.
24.02.2012 saa 04:51
Alex
Ni byiza ko u Rwanda rukemeje kujya mu nzego zifata ibyemezo muri LONI, Ariko Presida Kagame natareba neza abayobozi bamwe b'unzego z'ibanze, harimo n'abo Uturere bariho baramutobera : Aho gukemura amakimbirane y'abaturage bakurikije ukuri barabateranya, bakabogama birenze ukwemera, bigatuma umuturage urengana atanyurwa, agahora mu manza. Rwose Akarere ka Gasabo ko uwakaroze ntiyakarabye !!! Nta Mayor, nta njyanama, yemwe n'abakozi b'akarere nta muzima urimo !!! Nibatabare rwose ako Karere bashyireho abandi bayobozi amazi atararenga inkmbe !!! Akarengane k'abaturage ku bibazo binyuranye kabaye karande !!! Ubu hasigaye hari ibibazo bikomeye mu batuye ako karere, kubera kubogama kw'abagomba kubafasha gukemura ibibazo bihari. Abantu barumiwe, bakwiye gutabrwa rwose. Ari Fidele ndayisaba. Ministre Musoni James, Shyaka na Fatuma, nibave mu bira, begere abaturage bababwire ibibazo bafite n'agahinda ko kutagira ubakemurira ibibazo. Nibatabare, bagire inama Gasabo, ibyo abayobozi bayo bakora (harimo Mayor na Njyanama n'abakozi..), birenze kwemera
24.02.2012 saa 03:15
rugwiro
Nta gitangaje kirimo kuko ibihugu byose biri muri ONU bigenda bisimburana muri iriya myanya 15 idahoraho !!Nyuma y'imyaka 2 u Rwanda ruzaha umwanya ikindi gihugu nibimara guhetura ruzongere rugaruke !!
24.02.2012 saa 02:33
semana
Sibwo ibi bintu bihinduwe IGITANGAZA ?! Njye ndumva nta kidasanzwe kirimo ! Icyari kuntangaza cyane ni ukuduha VETO ! Naho ubundi ibi bisanzwe biba ndetse sibwo bwa mbere, uretse n'ibi hashize imyaka niba nibuka neza igera kuri 5 u Rwanda rwarayoboye aka kanama. Si ubwambere rero bibaye nubwo hano ku IGIHE.COM abantu baba bakikabirije ! Na Somaliya umwaka utaha ushobora kumva ariyo iyoboye aka kanama. Ni ko biba bipanze kuko ibihugu byose bigenda bisimburana muri aka kanama ndetse no kubuyobozi bwako.
24.02.2012 saa 00:36
Dingi
ABANYARWANDA TWARIBOHOYE TWARIBOHOYE,URWANDA RURAGENDWA IJORO N'AMANWA ABANYARWANDA OYEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEEE
24.02.2012 saa 00:19
semikindo bebe
This is your time Rwanda.
23.02.2012 saa 15:22
olivier
nkeka ko buri wese azi intera iri mu rwanda nyuma ya jenoside biriya byose ni ubuyobozi bwiza cyane kandi nziko bizatuma amahanga nayo agira icyo yigira ku rwanda, icyiza ni cyimwe maze kubona njyewe uwahawe akazi aho ariho hose kwisi ari umunyarwanda ntabwo adukoza isoni nubundi hazaboneka uba general secretary of UN w'umunyarwandavuba cyane
23.02.2012 saa 13:46
niyonsenga protegene
me also I'm so proud of my country so please all rwandan try to get up time is up
23.02.2012 saa 09:07
nteziryayo eric
me also I'm so proud of my country so please all rwandan try to get up time is up
23.02.2012 saa 09:07
nteziryayo eric
Wow ! this a big achievement to Rwanda. Felicitation Preseident and all Rwandan. UN thank you
23.02.2012 saa 08:59
Kanihiri
Biragaragara ko nta cyizere twifitemo. Nsomye comments zose mbona abantu babifashe nk'igitangaza. Ibi ni ibisanzwe kuko ni ihererekanya rizenguruka. Nta gihugu rero kitabihabwa keretse ikidafite gouvernent nka Somalia kuliya yari imeze muminsi ishize. Rero, Ntitukamere nk'umwana wari uzi ko aba uwanyuma mwishuri maze yarusha babiri akishima kurusha uwabaye uwambere.
23.02.2012 saa 08:24
Nzikoga
Ariko sha Abubu ibyo uvuga urabizi ??Gwiza imirongo wenyine niba byakuriye ihangane kdi ntuzigera ubuza u Rwanda n'abanyarwanda kujya i mbere.Rwanda komeza utsinde.
23.02.2012 saa 07:16
jado
Komeza imihigo Rwanda ! Rwose Perezida wacu atwemereye kongera kutuyobora indi manda ya gatatu yazarangira u Rwanda rugiye muri G9. Twishimiye ishema ryo kuba umunyarwanda.
23.02.2012 saa 05:24
karaje
I am so proud of my country !
23.02.2012 saa 05:16
Kizito Mihigo
Aliko ubundi amerika yakwemeye ikagira urwanda intara yarwo kumugaragaro !! nkuko twumva ngo habaho za mayote zabafransa nibindi !! serious amerioka ninshuti zacu kandin yaradufashije mubyago nahakomeye Viva US !!! VIVA RWANDA VIVAAAAAAAAAAAAA
23.02.2012 saa 04:41
BLACK JEWISH
Twishimiye rwose iyi ntambwe idasubira inyuma tugejejweho n'Intore izirusha intambwe.Dukomeze mu murongo mwiza twiyemeje maze urebe ngo na LONI turayishyira ku murongo.Imana ibane n'u RWANDA na BANYARWANDA aho bari hose ku isi.
23.02.2012 saa 04:26
MUTESI
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!