IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Abagize Inteko Ishingamategeko mu Burundi baje kwigira ku Rwanda imiyoborere y’Umujyi


Yanditswe kuya 25-09-2012 - Saa 23:58' na Innocent Ndahiriwe

Mu rwego rwo kurahura ubwenge, itsinda ry’abagize Inteko Ishingamategeko mu Burundi bari mu ruzinduko i Kigali, aho kuri uyu wa 25 Nzeri 2012 basuye Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ngo basobanuze imiyoborere n’imiterere y’umujyi.

Nk’uko byatangajwe na Bararufise Marceline wari uyoboye izo ntumwa, yavuze ko barimo kwiga umushinga w’itegeko rigena imiterere n’imitunganyirize by’Umujyi wa Bujumbura, bityo bari baje ngo bigire ku Rwanda kuko ngo bemera ko rwabasize muri politiki yo kwegereza ubuyobozi abaturage.

Bararufise yavuze ko icyo bungukiye muri urwo ruzinduko ni uburyo itegeko rigena imiyoborere y’umujyi, ubwigenge n’ubushobozi byahawe inzego z’ibanze, n’uburyo inzego zisaranganya umutungo bityo imigambi y’iterambere ntize yitura ku muturage, ahubwo abaturage bakagira uruhare mu kuyitegurira bitewe n’ibyo bakeneye.

Yongeye ho ko kwegereza ubuyobozi abaturage ari urugendo, kuko bisaba kuhora ukosora.

Bararufise yatangaje ko bagiye gusoma neza itegeko rishyiraho Umujyi wa Kigali maze n’abo bakifashisha ingingo zimwe na zimwe mu gukora itegeko rishya rigena imiterere n’imitunganyirize by’Umujyi wa Bujumbura.

Nizeyimana Alphonse ni Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali Ushinzwe Ubukungu n’Iterabere, yavuze ko bari basanzwe bafitanye imikoranire n’Umujyi wa Bujumbura, ariko cyane cyane mu myidagaduro ariko yongera ho ko byaba byiza biramutse byagutse.

Nsengiyumva yavuze ko ibiganiro byabo byibanze kubasobanurira inzego zigize Umujyi wa Kigali, inshingano za buri rwego, uburyo izo nzego zigabana umutungo uva mu misoro n’amahoro, n’uburyo amavugurura yakozwe uko imyaka yagiye ikurikirana.

Umujyi wa Kigali ugizwe n’Uturere dutatu ku buso bungana na kilometerokare 730, washyizweho n’itegeko no 13/2006 ryo kuwa 3 Werurwe 2006 rigena imitunganyirize n’imikorere byawo.

IBITEKEREZO
Hanyuma na maire de la ville de Buja azogendere uwa Kigali amwigishe ibijanye no guteza imbere isuku mu muji. Azomwereke ukuntu babomora quartiers mbi bakubaka nziza. Ngira ngo za Bwiza na za Buyenzi zohava zihindura isura kuko ziratwononera umuji. Ikibabaje ni ukuntu Buja ari ville nziza yoroshe gukorera isuku ariko hakabura leadership muri iyo sens.
Musubize26.09.2012 saa 08:56
Rushatsi Jules

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!