IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Abakora umwuga wo gusuka barasaba guhabwa agaciro n’abakiriya


Yanditswe kuya 10-09-2012 - Saa 04:03' na Teddy Kamanzi

Abagore n’abakobwa bakora umwuga wo gusuka mu mujyi wa Kigali ntibishimira uburyo bafatwa iyo bagiye gusuka abagore mu ngo zabo cyane cyane b’abakire.

Umwe mu bakora uyu mwuga utarashatse gutangaza amazina ye yagize ati :“hari igihe ujya gusuka umuntu mwahanye gahunda y’isaha muributangirireho ugasanga akiryamye yanabyuka akakubwira ngo utegereze abanze yitunganye(yoge,anywe icyayi, n’ibindi), byanagera mu ma saa sita akajya kurya akakubwira ngo ube utegereje cyangwa ujye hanze kuri butiki(boutique) ujye kugura amata, kandi yakagombye kurira aho yicaye agakomeza gusukwa nkamurangiza vuba kuko mba mfite abandi bakiriya.”

Undi nawe avuga byamugendekeye agiye gusuka umugore iwe : “natangiye kumusuka akajya ahaguruka buri kanya ngo agiye gutunganya umwana cyangwa ngo agiye kwitaba umugabo we, bimaze gukorwa inshuro nyinshi mpitangira uburakari mubwira ko ntashye, mu gihe nahagurutse ngo ntahe umugore nasukaga anshumuriza imbwa, kubera ubwoba no kubura uko mbigenza biba ngombwa ko musuka nkamurangiza nta kintu nongeye kuvuga.”

Aba basuka bavuga ko ibyo babakorera mu ngo zabo badashobora kubibakorera babasanze ku kazi aho bakorera, bakomeza bavuga ko kugira impamvu ituma uhaguruka bari kugusuka bibaho, ariko ko umukiriya yajya abanza kubibwira umusuka, kugira ngo amenye uko abyitwaramo.

Ibyo byatumye bamwe mu bakora uyu mwuga bafata umugambi wo kutazasubira gusukira abantu mu ngo zabo kandi hari abo byafashaga mu gihe bagiye kubasukira iwabo mu rugo.

IBITEKEREZO
Umuntu wese agomba kubahwa mu kazi ke ? Ubwose nk' uwo bashumurije imbwa ibyo yasutse nyuma byari bimeze bite ubwose nyirugusukwa yarungutse ????
Musubize12.09.2012 saa 02:05
KALIBATA
Mujye mwubaha umuntu uwo ari we wese, apfa kuba ari umuntu. Amafaranga yarokoye bake muri jenoside y'abatusti. uwubashye umukozi we wo mu rugo yaramuhungishije, uwatanze atubuste, barayafataga barangiza bakamwica. Ikindi Imana ivugira muri abo musuzugura. Amafaranga ni ibishira bagahaha, naho amahoro y'umutima nta giciro agira....
Musubize11.09.2012 saa 01:08
Peace
Umuntu agashaka kukurisha imbwa yarangiza akicara agacurika umutwe maze ati ngaho nsuka !!! Harya ngo wagize ubwoba ngo imbwa itakugira ite ? Ngo itakurya ? Ari jyewe rero nahita nigana iyo mbwa maze nkamusuka-mo amenyo maze nkataha. Ndemeza ko bene abo bagore atari benshi ntibari bakwiye kwicira abandi isoko.
Musubize10.09.2012 saa 10:46
Kibwana
uziko mwishyizeho uzabireke wowe abandi bazaza badusuke il suffit yo kumuha cash yifuza ntibazi kukurisha imbwa ahubwo
Musubize10.09.2012 saa 07:22
kuku
Tujye tumenya gucisha make .Iyo cash urata ejo ishobora kuyoyoka ugasigara utakigira nurwara rwo kwishima ugasanga uri kujya gusaba uwo wimye. Ikinyabupfura ni icya mbere mu muco nyarwanda ku muntu uwariwe wese yaba umukene ukamufata uko ari kuko nawe ntaba yanze byinshi. Tujye tumenya ko Imana ikunda abakene cyane. Wowe wiyise KUKU imvugo yawe irimo agasuzuguro kenshi cyane kandi ushobora gusanga nta nicyo uzi gukora utunzwe no gusabiriza. Uwiteka akurinde kandi aguhe kumenya kwicisha bugufi.
10.09.2012 saa 09:50
Uwase
Ngo gusabiriza,ahubwo uyu usanga atunzwe no kwigurisha,nibo batamenya uko uyavunikira ngo uyabone. Ngo ntibazi kumurisha imbwa,wowe ushobora kuzaribwa n'ibisiga. Mwagiye mwiyubaha ko bucya bwitwa ejo,ese bose nubafata utyo bakagucikaho uzaba ugisukwa nande ? Uteye ishozi,wiyunyuguze kuko iyo ni imvugo nyandagazi.
11.09.2012 saa 03:54
Amina
Mujye mubabwira ko ubukene n'ubukire atari akarande, kuko ejo wasanga ariwe uje kugusukira mu rugo.
Musubize10.09.2012 saa 06:23
Zubana
NU MVA BAJYA BACA AMAFARANGA MENSHI KUGIRANGO BIRIHE , UMWNYA BABA TAYAYE
Musubize10.09.2012 saa 06:11
PASCAL
abakora umwuga wo gusuka nibahabwe agaciro nabo ba Nyakubahwate kuko uyumwuga ni mwiza ufitiye abantu benshi akamaro. ariko nigute wahamagara umuntu iwawe warangiza ukahamucira amazi ?nibisubireho icyutakwifuza gukorerwa ntukagikorere mugenzi wawe.
Musubize10.09.2012 saa 05:23
Hakizimana Manasse
Biragaragaza ko mutaramenya costomer care (gufata neza umukiriya) mwabadamu mwe n'abakobwa, kuza kunsuka iwanjye n'uburenganzira mpabwa n'amafaranga nguha, niba ubona nguha make ntuzagaruke, ariko n'ubwo wahirirwa, ukaharara nguhemba amafaranga wishimiye ikibazo kirihe ? Ubu ko maze amezi atatu (3 Months) ntagera iwanjye kubera akazi mbonamo inyungu biteye ikibazo ? Muvuze ko babambura byaba ari ikibazo, mureke kurengwa Madam and sisters. Inama nabaha mujye muvugana Taxi voiture iyo uyitindije bigenda bite ? yongera amafaranga mwebwe habuze iki ?
Musubize10.09.2012 saa 04:48
Leo
Kuri wowe wiyise Leo, tujye twiga gukoresha imvugo itarimo umurengwe nagasuzuguro. Ayo mafranga urata atuma uvugana ivugunyo ashobora kuyoyoka mu kanya gato cyane. Gufata neza umuclient nibyo ariko icyo banze nagasuzuguro nkako numva ushyira imbere. Nta mu ntu utagira impamvu numwe ariko igihe basukwa bakagombye kubanza bihanganisha ubasuka ko baje mu kanya gato apana agasuzuguro bashaka kwerekana ko amafranga ari kwibunza . Ugomba kumenya ko amafranga atariyo akemura ibibazo byose kuko rimwe na rimwe ahubwo ashobora kubitera.Muvandimwe rero cisha make wumvikane numuntu ugusuka kuko nawe agira gahunda ze ntabwo aba ari wowe gusa asuka.
10.09.2012 saa 20:12
Uwase
Wowe uri umwe muri aba badaha agaciro ababasuka,kuko ufite ivogonyo riteye iseseme. Hari inkirabuheri zumva ko abandi ari nk'abacakara babo,ahubwo se ubwo uba wamuhembye angahe,ntaza mukumvikana ngo aragusukira bitatu warangiza ukumva ko agomba kwicara iwawe umunsi wose ? Mugerageze kwiyubaha mwubaha abandi,modestie na humilité ni indangagaciro zikomeye. Mujye musubiza amaso inyuma mwibuke aho mwavuye,kuko abenshi iyo mitungo yarabagwirirIye,ni nayo mpamvu mutazi kuyitwaramo.Umwana wavukiye mu bisubizo ntiyitwara atyo.
11.09.2012 saa 03:47
Rachel

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!